Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yabwiye Israel Kudahirahira Ngo Irwane Na Iran
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yabwiye Israel Kudahirahira Ngo Irwane Na Iran

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2024 3:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta ya Israel ushinzwe ububanyi n’amahanga Antony Blinken yabwiye ubutegetsi bwa Israel kwirinda kujya mu ntambara yeruye na Iran.

Uyu muburo uje nyuma y’uko mu mpera z’Icyumweru gishize Amerika yatangije iperereza ryo kumenya uwaba yarashyize ahagaragara inyandiko z’amabanga akomeye zikubiyemo umugambi Israel yari ifite wo kuzatera Iran.

Blinken yabwiye abanyamakuru ati: “ Ubu byamaze ibyacu ko dukwiye kwirinda ko intambara aho igeze ubu yakwagukira ahandi. Ubu turi gukora uko dushoboye ngo turinde ko hari ibitero byava ahandi bikagabwa kuri Israel, aho byava hose”.

Blinken yabwiye abanyamakuru bamuhaye ikiganiro ubwo yavaga muri Saudi Arabia ko iyo ari yo ntego y’ubutegetsi bw’i Washington.

Yavuye i Riyadh agana i Tel Aviv muri Israel.

Mu kiganiro n’abo banyamakuru, Blinken avuga ko ubutegetsi bwa Yeruzalemu bugomba kumenya ko Amerika izakomeza kububa hafi, ariko nanone bukirinda kurikoroza ngo Iran yinjizwe mu ntambara yeruye na Israel.

Abayobozi ba Amerika bemeza ko kurwana na Hezbollah na Hamas ari inshingano za Israel kugira ngo irinde ubusugire bwayo ariko ko kwagura intambara ukinjizamo na Iran byaba ari ugutandukira.

Antony Blinken aravuga ibi mu gihe Israel ikomeje ibitero bikomeye kuri Hezbollah ndetse Hamas.

Hezbollah ikorera muri Lebanon naho Hamas ikarwanira muri Gaza.

Israel kandi yatangiye kurasa mu gace gasanzwe kari mu bigize umurage w’isi ka Tyre karinzwe na UNESCO.

Tyre ni umujyi wa Lebanon uri mu mijyi abanyamateka bavuga ko yatuwe mbere kurusha ahandi ku isi.

Israel iherutse gusaba abatuye muri aka gace kuhava byihutirwa kuko hari mu hantu ikeka ko abarwanyi ba Hezbollah bashaka kuzahungira bakahagira umutaka ubakingira ibisasu byayo.

TAGGED:AmerikaBlinkenfeaturedHamasHezbollahIbisasuIntambaraIsiIsraelUmurage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yakoreye Isabukuru Ye Y’Amavuko Muri Samoa
Next Article Idris Elba Arashaka Guteza Imbere Filimi Nyafurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?