Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yafatiye Ibihano Maj. Gen. Kandiho Ushinzwe Ubutasi Mu Ngabo Za Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Yafatiye Ibihano Maj. Gen. Kandiho Ushinzwe Ubutasi Mu Ngabo Za Uganda

admin
Last updated: 07 December 2021 7:13 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma ya Leta zunze Ubumwe za Amerika yafatiye ibihano bijyanye n’imari Major General Abel Kandiho ukuriye urwego rushinzwe ubutasi mu ngabo za Uganda (CMI), kubera uruhare ashinjwa mu kubangamira uburenganzira bwa muntu mu gihugu.

Ingabo za Uganda (UPDF) zasohoye itangazo ryahyizweho umukono n’umuvugizi wazo, Brig Gen Flavia Byekwaso, zemeza ko zamenyeshejwe ibijyanye n’ibyo bihano.

Riti “Nk’igihugu na UPDF by’umwihariko, urwego rwemewe rwa guverinoma, tubabajwe no kuba icyo cyemezo cyafashwe n’igihugu dufata nk’inshuti, umufatanyabikorwa n’igihugu dukorana bya hafi bitanyuze mu nzira zateganyijwe ndetse hirengagijwe ihame ryo kubanza kugirana ibiganiro bya ngombwa.”

Rivuga ko bazakomeza gusaba Amerika ibisobanuro ngo hemezwe intambwe ikurikira.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibihano bitangwa na Leta zunze Ubumwe za Amerika mu by’imari bikunze kubamo gufatira imitungo y’umuntu cyangwa inyungu z’amafaranga zishobora kuva muri Amerika, kubuzwa gukoresha uburyo bwo kwishyurana bwo muri icyo gihugu n’ibindi.

Abayobozi batandukanye bo muri Amerika bamaze igihe basaba Guverinoma yabo gufatira ibihano bamwe mu bayobozi bo muri Leta ya Yoweri Museveni.

Harimo nk’umudepite Eliot L. Engel, mu mwaka ushize wanditse avuga ko hashize igihe ubutegetsi bwa Museveni bugenda burushaho kuba igitugu, ku buryo butacyubaha uburenganzira bw’abaturage.

Yatanze ingero ku buryo mu Ugushyingo 2016 inzego z’umutekano zishe abasivili bagera mu 100 mu gace ka Kasese, muri Nzeri 2017 ingabo zinjira mu nteko ishinga amategeko mu mpaka zagarukaga ku guhindura imyaka perezida atagomba kuba arengeje, ingingo yari irimo guhindurwa mu nyungu za Perezida Museveni.

Muri ako kavuyo ngo hakomerekeyemo umudepite Betty Nambooze ku buryo yabirwaye igihe kirekire.

- Advertisement -

Yanavuze uburyo inzego z’umutekano zajujubije Robert Kyagulanyi n’abandi banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi barimo depite Francis Zaake n’abandi.

Yasabye Minisiteri z’Imari n’ububanyi n’amahanga gushingira ku itegeko rizwi nka Global Magnitsky Human Rights Accountability Act (Global Magnitsky Act), hakemezwa abantu bari inyuma y’ubugizi bwa nabi muri Uganda bagafatirwa ibihano.

Yavuzemo Lt. Gen. Peter Elwelu wayoboraga Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen. James Birungi wayoboraga umutwe udasanzwe w’ingabo, Maj. Gen. Don William Nabasa, Maj. Gen. Abel Kandiho; Maj. Gen. Steven Sabiiti Muzeyi nk’umuyobozi wungirije wa Polisi; Komiseri wa Polisi Frank Mwesigwa na Col. Chris Serunjogi Ddamulira ushinzwe iperereza ku byaha.

Ibyo bikiyongeraho imvururu zahitanye abaturage benshi b’inzirakarengane, zakurikiye amatora ya perezida aheruka.

Inzego z’umutekano zishinjwa ko zahonyoye bikomeye uburenganzira bwa muntu, by’umwihariko ku ruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Kandiho agiye ku rutonde ruriho Gen Kale Kayihura na we wafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Abasenateri bagize komisiyo y’ububanyi n’amahanga muri Amerika baherukaga guha Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga, Anthony Blinken, kugeza ku wa 31 Werurwe ngo abe yabagejejeho isesengura ku mubano wa Amerika na Uganda.

Ba senateri James Risch (Idaho) na Cory Booker (Washington) bamwandikiye ku wa 4 Werurwe bamumenyesha ko nubwo bakomeje kubigarukaho inshuro nyinshi, ibijyanye na demokarasi n’uburenganzira bwa muntu muri Uganda bitigeze bihinduka.

TAGGED:Abel KandihofeaturedibihanoLeta zunze Ubumwe za AmerikaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rayon Sports Yahagaritse Umutoza Masudi Djuma
Next Article Abana Babwiwe Ko Hari Ibidakinishwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?