Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yasenye Aho Abarwanyi Bafatanyije Na Iran Babika Intwaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Yasenye Aho Abarwanyi Bafatanyije Na Iran Babika Intwaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 October 2023 8:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Indege ebyiri z’intambara zo mu bwoko bwa F-16 zahagurutse mu birindiro by’ingabo z’Amerika biri muri Syria na Iraq zigaba ibitero ku nzu zari zibitswemo ibisasu abarwanyi bashyigikiwe na Iran bari bamaze iminsi barasa ku ngabo z’Amerika.

Mu kubarasaho, bakomerekeje abasirikare n’abakozi b’Amerika bagera kuri 21 hapfa umuntu umwe.

Iki gitero Amerika yakigabye ku nyubako z’abo barwanyi ziri ahitwa Abu Kamal.

Ni ubwa mbere mu mezi hafi 10 ashize, ingabo z’Amerika zihabwa uburenganzira bwo kugaba igitero ku birindiro by’abakorana na Iran bakorera mu bice byegereye aho Amerika ifite inyungu.

Umunyamabanga w’Amerika ushinzwe ingabo witwa Gen(Rtd) Lloyd Austin yagize ati: “ Amerika ntishaka kurwana n’uwo ari we wese ariko nanone ntidushaka ko abantu bakomeza kugaba ibitero by’ubushotoranyi ahari inyungu zacu. Ubwo bushotoranyi bugomba guhagarara vuba na bwangu.”

Yunzemo ko nibudahagarara, Amerika izafata ingamba zifatika mu kurinda abaturage bayo n’inyungu zayo.

MailOnline ivuga ko Amerika ifite abasirikare 2500 muri Iraq n’abandi 900 muri Syria.

Perezida Biden aherutse kubwira Umuyobozi w’ikirenga wa Iran Ayatollah Ali Khamenei ko akwiye kureka kwibasira ingabo z’Amerika aho ziri hose kandi ko natabikora ingaruka zizaba nyinshi ku gihugu cye.

Umuvugizi w’ingabo z’Amerika zitwanira mu Kirere witwa Brig. Gen. Pat Ryder yavuze ko Amerika ifite ubushobozi n’uburenganzira bwo kurasa aho ari ho hose n’igihe ibishakiye igihe cyose izaba ri kurinda inyungu zayo zugarijwe na Iran.

Brig. Gen. Pat Ryder

N’ubwo Amerika ivuga ko iri guca intege abarwanyi bashyigikiwe na Iran ngo ntibakomeze kurasa ku birindiro byayo biri muri Syria no muri Iraq, ku rundi ruhande hari abavuga ko iri kubikora mu rwego rwo kunegekaza abo barwanyi ngo batazafasha Hamas cyangwa Hezbollah ubwo iyi mitwe izaba yinjiye mu ntambara yeruye na Israel.

Mu kurasa aba bantu kandi, Amerika iri kwirinda ko yakoma rutenderi bigatera intambara yeruye mu Burasirazuba bwo Hagati  bwose.

TAGGED:AbarwanyiAmerikaAziyaBidenfeaturedHamasIran
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 2023:Abanyarwanda[kazi] 400 Bahagaritswe Bagiye Gucuruzwa Mu Mahanga
Next Article Urukiko Rwasanze Rutakwizera Ingingo Yongwe Yaruhaye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?