Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 September 2025 11:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri Truth Social, Perezida Donald Trump yatangaje ko yategetse ingabo ze kurasa ubundi bwato bwa Venezuela.

Trump avuga ko ubwo bwato bwari butwaye ibiyobyabwenge, abitangaza nyuma y’uko mugenzi we wa Venezuela Nicolas Maduro atangaje ko Amerika ishaka y’umwanduranyo w’intambara.

Ikinyamakuru cyo mu Bwongereza kitwa Time kivuga ko Amerika mu by’ukuri iri mu ntambara, ikaba ari nayo mpamvu Trump yategetse ko Minisiteri y’ingabo ireka kwitwa ‘Department of Defense’ ahubwo ikitwa ‘Department of War’.

Igitero Amerika yagabye ku bwato bwa Venezuela ni icya kabiri mu gihe kitarenze amezi abiri, icyo kuri uyu wa Mbere kikaba cyishe abantu batatu.

Igiheruka kishe abantu 11, kandi bidateye kabiri Perezida Trump yategetse ko indege ya Venezuela izaca hejuru y’ubwato bwa Amerika buri mu mazi ayikikije, izahanurwa.

Ingabo za Amerika zamaze gutegurirwa intambara igihe cyose byaba ngombwa ko irwana na Venezuela.

Amerika ivuga ko Venezuela ari indiri y’ibiyobyabwenge biza kuyicira abaturage, Venezuela yo ikavuga ko ibyo ari urwitwazo rwo gutuma ubutegetsi bwayo buhinduka, Maduro akavanwa ku butegetsi.

Avuye ho, ngo byaha Washington uburyo bwo gushyiraho ubutegetsi buyifasha gucukura Petelori kuko kiri mu bihugu biyikungahayeho ku isi.

TAGGED:AmerikafeaturedIntambaraTrumpUbwatoVenezuela
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga
Next Article Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?