Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yijeje DRC Umutekano Nayo Ikayiha Amabuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Amerika Yijeje DRC Umutekano Nayo Ikayiha Amabuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 April 2025 7:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Massad Boulos, umujyanama wihariye wa Perezida Trump ku bireba Afurika aherutse i Kinshasa aganira na Perezida Tshisekedi bemeranya ko Amerika izarindira DRC umutekano nayo ikayiha amabuye y’agaciro.

Ni amasezerano ashobora kuzarakaza Ubushinwa cyane cyane ko ari bwo bwari bwihariye igice kinini cy’ibirombye bya Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ubwo Boulos yahuraga na Tshisekedi, baganiriye mu buryo buvunaguye ariko burasa ku ntego ku bibazo byose biri mu Burasirazuba bw’iki gihugu birimo intambara igiye kuhamara imyaka hafi ine.

Banzuye ko ubuhangange bwa Amerika mu bya gisirikare bwafasha intege nke za Repubulika ya Demukarasi ya Congo igashobora gutekana, ariko nabyo bikayitwara ikiguzi.

Ni ikiguzi Kinshasa izemera ibigo by’ubucukuzi n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro by’Abanyamerika bigatangira gukorera mu gihugu.

Massad Boulos yabwiye itangazamakuru ati: “ Mwumvise iby’amasezerano ku byerekeye amabuye y’agaciro. Ni ibintu twagejejweho n’ubuyobozi bwa DRC kandi nejejwe no kubamenyesha ko njye na Perezida Tshisekedi twageze ku ngingo y’uburyo ibintu byazakorwa mu nyungu z’abaturage ba DRC n’abaturage ba Amerika. Tuzashyiraho uburyo bwo kuzamura ishoramari rikorwa n’Urwego rw’abikorera muri Amerika bazaza gushora ino. Byose bizagirira akamaro iki gihugu”.

Avuga ko abaturage ba DRC bakwiye kwizera ko ibigo by’Abanyamerika bikorera mu mujyo, ko nta guhungabanya ibidukikije cyangwa kunyereza amabuye bibirangwamo.

Kugira ngo ibigo by’iwabo bizakorere mu mucyo, Umujyanama wa Donald Trump ku bireba Afurika avuga ko ari ngombwa ko DRC yose itekana.

Niho yahereye yizeza Perezida Tshisekedi n’ubuyobozi bwose bwa DRC ko Amerika izakora ibishoboka intambara iri mu Burasirazuba bw’iki gihugu igahagara mu buryo burambye.

Ku rundi ruhande, abatavuga rumwe na Leta bari mu ihuriro Lamuka bavuga ko isinywa ry’ayo masezerano ari ikosa rya Politiki rikomeye ubutegetsi bwa Kinshasa bwakoze.

Abo muri Lamuka bavuga ko bitumvikana ukuntu Umukuru w’igihugu yemera ko gisahurwa umutungo ngo abawusahura bahindukire babe ari nabo bakirindira umutekano.

Umuvugizi wa Lamuka witwa Prince Epenge avuga ko iyo mikoranire izahombya DRC kuko umuntu atakwizera ijana ku ijana niba umunyamahanga azamucungira umutekano w’igihugu cye.

Epenge asanga igikwiye ari uko DRC yubaka igisirikare cyayo mu buryo bufatika aho kurambiriza ku mbaraga z’abanyamahanga uko baba bakomeye kose ngo ni uko wabahaye ibirombe.

TAGGED:AmabuyeAmerikaCongoDRCfeaturedTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Kaminuza Nyafurika Yigisha Imibare Yashyizeho Aho Guhangira Udushya
Next Article Gatsibo: Mudugudu N’Abanyerondo Basagariwe N’Ukekwaho Ubujura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Kabila Arasomerwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?