Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yoroheje Amabwiriza Ya Viza Ku Barundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Yoroheje Amabwiriza Ya Viza Ku Barundi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 April 2021 10:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Burundi yatangajeko guhera ku wa 22 Mata yoroheje amabwiriza agenga imitangire ya Viza ku Barundi bashaka kujya muri Amerika, nyuma y’igihe abatuye icyo gihugu bashyiriweho ibihano.

Muri Kamena 2020 Minisiteri y’Umutekano na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zemeje ibihano kuri Viza ku barundi bashaka kujya muri Amerika, kubera ko igihugu cyabo kitagaragaje ubufatanye mu kwakira abaturage bacyo batagikenewe muri Amerika.

Ni ibihano byashyizweho kugeza igihe u Burundi buzagaragaza ubushake mu kwakira abaturage babwo.

Mu itangazo yashyize ku rubuga rwayo, Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Burundi yatangaje ko yasubukuye kwakira abakeneye Viza zo kujya muri Amerika ariko batimukiyeyo, uretse abakeneye Viza za A3 zihabwa abadipolomate n’abayobozi mu nzego za Leta n’iza G5 zihabwa abakozi b’imiryango mpuzamahanga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomeje iti “Impamvu y’urugendo ushaka gukora n’ibindi bimenyetso bizagaragaza neza urwego rwa visa ushaka hagendewe ku itegeko rya Amerika rigenga abinjira n’abasohoka.”

“Nk’umuntu usaba Viza, uzasabwa kugaragaza ko wujuje ibisabwa byose kugira ngo uhabwe Viza ijyanye n’urwego uyisabamo.”

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Albert Shingiro, yatangarije kuri Twitter ko yishimiye ko ibihano bya Amerika mu bijyanye na Viza byorohejwe ku Barundi batagiye kwimukira muri Amerika.

Ati “Intambwe itahiwe ni ugushyira umubano w’u Burundi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku rwego rwo hejuru mu mateka.”

Ubwo yasubukuraga ibikorwa byo gutanga zimwe muri Viza zari zarahagaritswe, Ambasade ya Amerika mu Burundi yashyizeho itegeko ryo kubahiriza amabwiriza yose yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, kugira ngo umuntu abashe kwakirwa.

- Advertisement -

Harimo kwambara neza agapfukamunwa n’amazuru no gusiga intera ya metero 1.5 hagati y’umuntu n’undi.

Kujyayo kandi ni ukubanza gusaba gahunda, ndetse umuntu akahagera hagati y’iminota 20-30 mbere y’isaha yahawe.

Ambasade yasabye abantu bumva batameze neza cyangwa bahuye n’umuntu ufite ibimenyetso bya COVID-19 cyangwa wanduye mu byumweru bibiri bishize, kutagera ku biro by’utanga serivisi za viza, ahubwo bakavugana bakoresheje email.

TAGGED:Albert ShingiroAmerikaBurundifeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Adeline Rwigara Yitabye RIB, Akurikiranyweho Amacakubiri
Next Article Amasaha Yiswe ‘Aya Kabera’, Kwiyubaka Kwa Polisi … : Ikiganiro Na CP Kabera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?