Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yoroheje Amabwiriza Ya Viza Ku Barundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Yoroheje Amabwiriza Ya Viza Ku Barundi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 April 2021 10:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Burundi yatangajeko guhera ku wa 22 Mata yoroheje amabwiriza agenga imitangire ya Viza ku Barundi bashaka kujya muri Amerika, nyuma y’igihe abatuye icyo gihugu bashyiriweho ibihano.

Muri Kamena 2020 Minisiteri y’Umutekano na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zemeje ibihano kuri Viza ku barundi bashaka kujya muri Amerika, kubera ko igihugu cyabo kitagaragaje ubufatanye mu kwakira abaturage bacyo batagikenewe muri Amerika.

Ni ibihano byashyizweho kugeza igihe u Burundi buzagaragaza ubushake mu kwakira abaturage babwo.

Mu itangazo yashyize ku rubuga rwayo, Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Burundi yatangaje ko yasubukuye kwakira abakeneye Viza zo kujya muri Amerika ariko batimukiyeyo, uretse abakeneye Viza za A3 zihabwa abadipolomate n’abayobozi mu nzego za Leta n’iza G5 zihabwa abakozi b’imiryango mpuzamahanga.

Yakomeje iti “Impamvu y’urugendo ushaka gukora n’ibindi bimenyetso bizagaragaza neza urwego rwa visa ushaka hagendewe ku itegeko rya Amerika rigenga abinjira n’abasohoka.”

“Nk’umuntu usaba Viza, uzasabwa kugaragaza ko wujuje ibisabwa byose kugira ngo uhabwe Viza ijyanye n’urwego uyisabamo.”

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Albert Shingiro, yatangarije kuri Twitter ko yishimiye ko ibihano bya Amerika mu bijyanye na Viza byorohejwe ku Barundi batagiye kwimukira muri Amerika.

Ati “Intambwe itahiwe ni ugushyira umubano w’u Burundi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku rwego rwo hejuru mu mateka.”

Ubwo yasubukuraga ibikorwa byo gutanga zimwe muri Viza zari zarahagaritswe, Ambasade ya Amerika mu Burundi yashyizeho itegeko ryo kubahiriza amabwiriza yose yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, kugira ngo umuntu abashe kwakirwa.

Harimo kwambara neza agapfukamunwa n’amazuru no gusiga intera ya metero 1.5 hagati y’umuntu n’undi.

Kujyayo kandi ni ukubanza gusaba gahunda, ndetse umuntu akahagera hagati y’iminota 20-30 mbere y’isaha yahawe.

Ambasade yasabye abantu bumva batameze neza cyangwa bahuye n’umuntu ufite ibimenyetso bya COVID-19 cyangwa wanduye mu byumweru bibiri bishize, kutagera ku biro by’utanga serivisi za viza, ahubwo bakavugana bakoresheje email.

TAGGED:Albert ShingiroAmerikaBurundifeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Adeline Rwigara Yitabye RIB, Akurikiranyweho Amacakubiri
Next Article Amasaha Yiswe ‘Aya Kabera’, Kwiyubaka Kwa Polisi … : Ikiganiro Na CP Kabera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?