Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Apôtre Mutabazi Ntavuga Rumwe N’Umunyamategeko We Ku Byamubayeho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Apôtre Mutabazi Ntavuga Rumwe N’Umunyamategeko We Ku Byamubayeho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 September 2022 3:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Yahageze arumirwa!
SHARE

Maitre Joseph Twagirayezu  ukora nk’umunyamategeko wa Apôtre Mutabazi avuga ko uburyo umukiliya we aherutse gusohorwa mu nzu bukurikije amategeko. Avuga ko ibyo abantu basanze mu nzu Mutabazi avugwaho kwambura uwo yayikodeshaga, byabazwe, bibarwa ahari n’ubuyobozi buhari.

Me Twagirayezu yabwiye itangazamakuru ati:  “Umuturage ku isonga, nyuma y’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa yumvise impande zombi, twumvikanye ko ikibazo kirara gikemutse, twemera ko bajyamo hishwe urugi. Twanditse ibintu byose byarimo, ubu ndabibonye mu izina ry’uwo mpagarariye nkumva ikibazo gikemutse kandi neza.”

Yavuze ko umwenda wa Frw 420,000 Mutabazi abereyemo nyiri inzu azishyurwa mu byiciro bibiri.

Mutabazi yamaze amezi arindwi atishyura kandi yishyuraga Frw 60,000 ku kwezi. Hemejwe kandi ko ari we uzishyura serire y’urugi rw’iyo nzu kuko ‘yari yanze gutanga urufunguzo rwayo ku neza.’

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amakuru avuga ko amadeni  Apotre Mutabazi afitiye abantu batandukanye igera kuri Miliyoni Frw 30, akaba yaratangiye  kuyafata guhera igihe  yari afite sosiyete ikora ubwubatsi, ikaza guhomba.

 Apôtre Mutabazi we siko abibona…

 Uyu mugabo wari umaze iminsi ari mu byamamare kuri YouTube kubera ibiganiro yahatangiraga bamwe bakabyita ubusesenguzi abandi bakabyita ubwishongozi n’ubushyanutsi, avuga ko kuba yarasohowe mu nzu yari amaze mo amezi angana kuriya atishyura, ari amakosa yakorewe.

Ubusanzwe uyu mugabo yitwa Kabarira Maurice uzwi cyane nka Apotre Mutabazi.

Inzu yabagamo akaza kuyisohorwamo iri mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

- Advertisement -

Aherutse kwifata amajwi asaba Umukuru w’u Rwanda kumugoboka  akamwishyurira “utudeni” kubera ko yanze guhemukira igihugu ngo afate amafaranga ‘yijejwe n’ibigarasha.’

Nyuma yo gusohorwa shishi itabona, yabwiye itangazamakuru ko ibyakozwe ari amakosa agaragarira buri Munyarwanda kandi ko harimo akagambane k’abakomeye.

Abo bakomeye ntavuga abo ari abo.

Uyu mugabo yari aherutse  kwikoma bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, avuga ko bamusebya buririye ku bibazo afite bagahita bavangamo iby’amoko.

TAGGED:GasaboInzuKagameMutabazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakozi Ba Leta Muri Nyaruguru Barwaza Abana Bwaki
Next Article Rwanda: Abakoresha Banki Bakorewe Ikoranabuhanga Bazabarizaho Ibitagenda Neza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?