Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Apôtre Mutabazi Ntavuga Rumwe N’Umunyamategeko We Ku Byamubayeho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Apôtre Mutabazi Ntavuga Rumwe N’Umunyamategeko We Ku Byamubayeho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 September 2022 3:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Yahageze arumirwa!
SHARE

Maitre Joseph Twagirayezu  ukora nk’umunyamategeko wa Apôtre Mutabazi avuga ko uburyo umukiliya we aherutse gusohorwa mu nzu bukurikije amategeko. Avuga ko ibyo abantu basanze mu nzu Mutabazi avugwaho kwambura uwo yayikodeshaga, byabazwe, bibarwa ahari n’ubuyobozi buhari.

Me Twagirayezu yabwiye itangazamakuru ati:  “Umuturage ku isonga, nyuma y’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa yumvise impande zombi, twumvikanye ko ikibazo kirara gikemutse, twemera ko bajyamo hishwe urugi. Twanditse ibintu byose byarimo, ubu ndabibonye mu izina ry’uwo mpagarariye nkumva ikibazo gikemutse kandi neza.”

Yavuze ko umwenda wa Frw 420,000 Mutabazi abereyemo nyiri inzu azishyurwa mu byiciro bibiri.

Mutabazi yamaze amezi arindwi atishyura kandi yishyuraga Frw 60,000 ku kwezi. Hemejwe kandi ko ari we uzishyura serire y’urugi rw’iyo nzu kuko ‘yari yanze gutanga urufunguzo rwayo ku neza.’

Amakuru avuga ko amadeni  Apotre Mutabazi afitiye abantu batandukanye igera kuri Miliyoni Frw 30, akaba yaratangiye  kuyafata guhera igihe  yari afite sosiyete ikora ubwubatsi, ikaza guhomba.

 Apôtre Mutabazi we siko abibona…

 Uyu mugabo wari umaze iminsi ari mu byamamare kuri YouTube kubera ibiganiro yahatangiraga bamwe bakabyita ubusesenguzi abandi bakabyita ubwishongozi n’ubushyanutsi, avuga ko kuba yarasohowe mu nzu yari amaze mo amezi angana kuriya atishyura, ari amakosa yakorewe.

Ubusanzwe uyu mugabo yitwa Kabarira Maurice uzwi cyane nka Apotre Mutabazi.

Inzu yabagamo akaza kuyisohorwamo iri mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

Aherutse kwifata amajwi asaba Umukuru w’u Rwanda kumugoboka  akamwishyurira “utudeni” kubera ko yanze guhemukira igihugu ngo afate amafaranga ‘yijejwe n’ibigarasha.’

Nyuma yo gusohorwa shishi itabona, yabwiye itangazamakuru ko ibyakozwe ari amakosa agaragarira buri Munyarwanda kandi ko harimo akagambane k’abakomeye.

Abo bakomeye ntavuga abo ari abo.

Uyu mugabo yari aherutse  kwikoma bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, avuga ko bamusebya buririye ku bibazo afite bagahita bavangamo iby’amoko.

TAGGED:GasaboInzuKagameMutabazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakozi Ba Leta Muri Nyaruguru Barwaza Abana Bwaki
Next Article Rwanda: Abakoresha Banki Bakorewe Ikoranabuhanga Bazabarizaho Ibitagenda Neza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Yabyariye Mu Modoka Y’Abagenzi Ijya Rubavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?