Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: APR FC Irashaka Kwereka Umuryango Abakinnyi B’Ingwizamurongo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

APR FC Irashaka Kwereka Umuryango Abakinnyi B’Ingwizamurongo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 April 2023 12:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yabwiye abakinnyi ko mu gihe batisubiye ho hari impinduka zazakorwa kandi zikazagira abo zikoraho.

Abo bashobora kuzirukanwa mu mpera z’uyu mwaka w’imikino.

APR FC imaze iminsi ititwara neza mu mikinire n’ubwo ari yo ikiyoboye urutonde rwa shampiyona mu buryo bw’agateganyo nyuma y’imikino 25 imaze gukinwa.

Imikinire yayo idahwitse yatumye igabana amanota na Gasogi United nyuma y’uko aya makipe anganyije mu mukino w’umunsi wa 26 wa Shampiyona.

Kubera iyi mpamvu ndetse n’izindi, ku wa Mbere tariki 17, Mata, 2023, umuyobozi wa  APR FC, Lt Général Mubarakh Muganga yatumije inama yari igamije gusasa inzobe no kunenga abakinnyi kubera umusaruro muke bamaze iminsi batanga.

Iyi nama yabereye ku Kimihurura.

Gen Muganga yabanje kubasuhuza ariko abibutsa ko yaba ubuyobozi ndetse n’abakunzi b’ikipe batishimye.

Byatumye ababwira ko niba batisubiyeho, bamwe bizabakoraho kandi bidatinze.

Gen Muganga ati: “Ndagira ngo mbere na mbere mbanze mbabwire ko tutishimye kubera uko muri kwitwara. Haba mu mikinire na discipline ibaranga ya buri munsi kuko byose ni ho bishingiye.”

Avuga ko batangiye gushidikanya ku bushobozi bwa bo [abakinnyi], kandi barabazanye bababonamo ubushobozi.

Uyu musirikare mukuru yabibukije ko ubwo bazanwaga muri APR FC, hari abandi basohokagamo bangana na 17.

Nabo bazize umusaruro muke.

Ati “N’ubu nta kabuza nihatabaho kwisubiraho n’ubundi hari abazatandukana n’ikipe y’ Ingabo z’ igihugu.”

Arangiza ijambo rye, Umuyobozi wa APR FC yongeye kubibutsa ko intego yayo ari ugutwara ibikombe uhereye ku bikinirwa imbere mu gihugu.

Yabasabye  kwisubiraho bagakora akazi neza n’aho ubundi ngo ntibazatinda kugerwaho n’ingaruka z’ibyemezo bazafatirwa.

TAGGED:AbakinnyiAPRfeaturedJeneraliMuganga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda: Abanyamakuru Bikomye Polisi
Next Article Bashaka Ko Imishinga u Rwanda Ruhuriramo N’Ibihugu Byo Mu Muhora Wo Hagati Yihutishwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?