Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Arashaka Gufasha Abahinzi B’Urusenda Babuze Isoko, Aruvanga N’Ubuki
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Arashaka Gufasha Abahinzi B’Urusenda Babuze Isoko, Aruvanga N’Ubuki

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 November 2021 11:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwibona Jeanne Sheila  afite uruganda rutunganya ubuki rukorera ahitwa Gacuriro avuga ko yashinze uruganda kugira  ngo atunganye kandi akabihera ku mitiba, ku nzuki no gukorana n’abavumvu. Asaba abafite umusaruro w’urusenda kumwegera bagakorana.

Avuga ko mbere yo gutangira gukora buriya bucuruzi yabanje gukorana n’abafite ubumuga, abafasha kwiteza imbere ariko ngo amikoro aba macye.

Yaje gusanga ari ngombwa gutekereza umushinga w’ubworozi bw’inzuki kugira ngo zimuhe ubuki abushakire isoko.

Ku rundi ruhande ariko, avuga ko ubworozi bw’inzuki busaba kwiyemeza, kudatezuka no gukomeza kubikunda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Yahaye urubyiruko akazi. Ubu ni ubuki acuruza

Avuga ko ibyo yakoze byose yabikoze agamije kwiteza imbere, agaha abaturage akazi ariko akanagira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda.

Ikindi ni uko mu bworozi bw’inzuki akora, iyo asaruye ubuki abwongerera agaciro akabushyiramo ibindi bihingwa kugira ngo buze butandukanye n’ubundi.

Abwongeramo urusenda, imbuto z’igihingwa kivura kitwa Macadamia, sesame n’ibindi.

Asaba abahinzi b’urusenda, macadamia n’ibindi bihingwa kumwegera

Ati: “ Nasanze ngomba kugira umwihariko mu buki bwanjye. Mbwongeramo urusenda, sesame, macadamia n’ibindi kandi nkabikora ngamije gufasha n’abahinzi ba biriya bihingwa kubona isoko.”

Asaba abahinzi b’urusenda cyangwa ibindi bihingwa atunganya kumugana kugira ngo abagurire uwo musaruro ariko akabasaba kumuzanira ibihingwa bitarangirika kandi byakuze neza.

- Advertisement -

Ati: “ Sinshaka guha abantu isoko bo ngo bantenguhe bampe ibintu bitameze neza. Abantu birinde gushaka amafaranga ariko ngo bahemuke.”

Uwibona Jeanne Sheila hari icyo asaba Rwanda FDA na RSB…

Mu magambo yumvikanamo icyubahiro, Uwibona yasabye inzego zishinzwe gusuzuma no gutsura ubuziranenge zirimo Rwanda FDA na RSB kujya bihutisha gusuzuma no gutanga uburenganzira kuri ba rwiyemezamirimo kugira ngo bakore niba bigaragaraye koko ko bujuje ibyo basabwe.

Avuga ko gusuzuma niba ba rwiyemezamirimo bujuje ibisabwa ngo bakore neza ari igikorwa cya ngombwa ariko ngo bigaragara nabi iyo umuntu yujuje ibisabwa ariko inzego zibishinzwe zikagenda biguru ntege mu gusuzuma ibyo akora kugira zimwemerere gukora cyangwa zibyanga ave mu gihirahiro.

Mu minsi yashize hari ubugenzuzi bwakozwe n’inzego zirimo Rwanda FDA, RIB, na Polisi y’u Rwanda hagamijwe kureba  niba ibicuruzwa birimo n’ubuki bwujuje ubuziranenge.

Intego yari iy’uko abaturage barindwa kurya cyangwa kunywa ibintu bitujuje ubuziranenge.

Ibigo bimwe byarafungiwe ibindi bihabwa igihe cyo kuba byatunganyije ibyo byasabwe gutunganya kugira ngo bikore neza.

Atunganyiriza ubuki ahitwa Kagugu
TAGGED:featuredInzukiUbukiUmugoreUrusenda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RRA Yahaye Miliyoni 25 Frw Abacuruzi Bahombejwe n’Imitingito
Next Article COVID-19 Yongeye Guca Ibintu Mu Burayi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?