Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Arashaka Gufasha Abahinzi B’Urusenda Babuze Isoko, Aruvanga N’Ubuki
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Arashaka Gufasha Abahinzi B’Urusenda Babuze Isoko, Aruvanga N’Ubuki

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 November 2021 11:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwibona Jeanne Sheila  afite uruganda rutunganya ubuki rukorera ahitwa Gacuriro avuga ko yashinze uruganda kugira  ngo atunganye kandi akabihera ku mitiba, ku nzuki no gukorana n’abavumvu. Asaba abafite umusaruro w’urusenda kumwegera bagakorana.

Avuga ko mbere yo gutangira gukora buriya bucuruzi yabanje gukorana n’abafite ubumuga, abafasha kwiteza imbere ariko ngo amikoro aba macye.

Yaje gusanga ari ngombwa gutekereza umushinga w’ubworozi bw’inzuki kugira ngo zimuhe ubuki abushakire isoko.

Ku rundi ruhande ariko, avuga ko ubworozi bw’inzuki busaba kwiyemeza, kudatezuka no gukomeza kubikunda.

Yahaye urubyiruko akazi. Ubu ni ubuki acuruza

Avuga ko ibyo yakoze byose yabikoze agamije kwiteza imbere, agaha abaturage akazi ariko akanagira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda.

Ikindi ni uko mu bworozi bw’inzuki akora, iyo asaruye ubuki abwongerera agaciro akabushyiramo ibindi bihingwa kugira ngo buze butandukanye n’ubundi.

Abwongeramo urusenda, imbuto z’igihingwa kivura kitwa Macadamia, sesame n’ibindi.

Asaba abahinzi b’urusenda, macadamia n’ibindi bihingwa kumwegera

Ati: “ Nasanze ngomba kugira umwihariko mu buki bwanjye. Mbwongeramo urusenda, sesame, macadamia n’ibindi kandi nkabikora ngamije gufasha n’abahinzi ba biriya bihingwa kubona isoko.”

Asaba abahinzi b’urusenda cyangwa ibindi bihingwa atunganya kumugana kugira ngo abagurire uwo musaruro ariko akabasaba kumuzanira ibihingwa bitarangirika kandi byakuze neza.

Ati: “ Sinshaka guha abantu isoko bo ngo bantenguhe bampe ibintu bitameze neza. Abantu birinde gushaka amafaranga ariko ngo bahemuke.”

Uwibona Jeanne Sheila hari icyo asaba Rwanda FDA na RSB…

Mu magambo yumvikanamo icyubahiro, Uwibona yasabye inzego zishinzwe gusuzuma no gutsura ubuziranenge zirimo Rwanda FDA na RSB kujya bihutisha gusuzuma no gutanga uburenganzira kuri ba rwiyemezamirimo kugira ngo bakore niba bigaragaraye koko ko bujuje ibyo basabwe.

Avuga ko gusuzuma niba ba rwiyemezamirimo bujuje ibisabwa ngo bakore neza ari igikorwa cya ngombwa ariko ngo bigaragara nabi iyo umuntu yujuje ibisabwa ariko inzego zibishinzwe zikagenda biguru ntege mu gusuzuma ibyo akora kugira zimwemerere gukora cyangwa zibyanga ave mu gihirahiro.

Mu minsi yashize hari ubugenzuzi bwakozwe n’inzego zirimo Rwanda FDA, RIB, na Polisi y’u Rwanda hagamijwe kureba  niba ibicuruzwa birimo n’ubuki bwujuje ubuziranenge.

Intego yari iy’uko abaturage barindwa kurya cyangwa kunywa ibintu bitujuje ubuziranenge.

Ibigo bimwe byarafungiwe ibindi bihabwa igihe cyo kuba byatunganyije ibyo byasabwe gutunganya kugira ngo bikore neza.

Atunganyiriza ubuki ahitwa Kagugu
TAGGED:featuredInzukiUbukiUmugoreUrusenda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RRA Yahaye Miliyoni 25 Frw Abacuruzi Bahombejwe n’Imitingito
Next Article COVID-19 Yongeye Guca Ibintu Mu Burayi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?