Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Arsène Wenger Agiye Gutoza Ikipe Izahatana Na Paris Saint Germain
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Arsène Wenger Agiye Gutoza Ikipe Izahatana Na Paris Saint Germain

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 October 2021 11:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uyu mugabo wabaye icyamamare mu batoza bakomeye ku isi ubwo yatozaga Arsenal, yabonye akazi k’igihe gito ko gutoza  ko gutoza ikipe yo muri Arabie Saoudite izakira umukino wa gicuti na Paris Saint Germain.  Iyi kipe izaba  ikomatanyije abakinnyi bo mu ikipe yitwa Al Hilal n’indi yitwa Al-Nassr.

Aya makipe niyo akomeye mu bwami bwa Arabie Saoudite.

Mbere y’uko ava muri Arsenal muri Mutarama 2018, Arsene Wenger yari amaze imyaka 22 atoza Arsenal.

Amakipe ya Al Hilal na Al-Nassr yatoranyijwemo abakinnyi b’abahanga kurusha abandi bakora ikipe imwe  igomba gutozwa na Wenger kugira ngo ayitegurire kuzahangana na Paris Saint-Germain irimo ibihangange nka Lionel Messi, Kylian Mbappé na Neymar.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Wenger arashaka kuzahangamura ikipe y’aba bagabo

Mbere y’uriya mukino biteganyijwe ko ikipe ye  izahangana n’andi yo mu bwami bwa Arabie Saoudite.

Ikinyamakuru Daily Post cyanditse ko bigomba kuba  bitarenze Ukwakira, 2021. Iriya mikino izakinwa n’amakipe yo mu bice  14 bigize umurwa mukuru w’ubwami bwa Arabie Saoudite ari wo Riyadh.

Shampiyona yiswe Riyadh Season ubwo iheruka mu mwaka wa 2019

Ku Cyumweru tariki 10, Ukwakira, 2021 umujyanama w’ibwami muri Arabie Saoudite witwa Turki Alsheikh yatangarije kuri Twitter ko Wenger yemejwe ko ari we uzatoza iriya kipe ikomatanyije kugira ngo ayitegurire kuzatsinda Paris Saint-Germain.

Nyuma yo gusezera ku murimo w’ubutoza, Arsene Wenger yahawe akazi mu mpizamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi, FIFA, ahabwa inshingano zo gushyiraho Politiki zo guteza imbere umupira w’amaguru ku isi.

Aherutse mu Rwanda

- Advertisement -
Ubwo aheruka mu Rwanda yahuye na Perezida Kagame

Muri Gicurasi, 2021 uyu mutoza yaje mu Rwanda mu nama ya Komite nyobozi y’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, yabereye i Kigali.

Perezida Paul  Kagame yatumiwe muri iyo nama ashimira Wenger imirimo yakoze ubwo yari akiri umutoza wa Arsenal F.C.

Mu ijambo Perezida yagejeje mu bari bateraniye aho barimo na Perezida wa FIFA Gianni Infantino yaboneye ho gushima Wenger kubera impamvu nyinshi zirimo ko yatoje ikipe afana ya Arsenal, F.C, akaba n’umutoza wubashywe.

Yarakomeje ati… “Ndashaka kumushimira no kumubwira ko yakoze akazi keza muri iyo ikipe – ni igitekerezo cyanjye si ubutumwa bw’undi ndimo gutanga – kandi ndatekereza ko azakora akazi keza muri FIFA mu bijyanye n’iterambere ry’umupira w’amaguru.”

Wenger nawe yavuze ko yishimiye kwitabira iriya nama kandi avuga ko afite icyizere cy’uko Afurika izaba umugabane w’ikinyejana cya 21 kandi ko umupira w’amaguru ukwiriye kubyazwa umusaruro kuri uyu mugabane.

Wenger w’imyaka 71 ukomoka mu Bufaransa, yatoje Arsenal kuva mu 1996 kugeza mu 2018.

Afite agahigo mu mateka ye ko ikipe ya Arsenal yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza mu 2003–04, idatsinzwe umukino n’umwe.

Nyuma y’iyo myaka isaga 20 yari amaze kumenyereza abakunzi bayo kuza mu myanya ine ya mbere, aza gusezera abafana benshi batamwishimiye.

TAGGED:featuredKagameUmutozaWenger
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yasubije Abakomeje Gusaba Ko Rusesabagina Arekurwa
Next Article Uruganda Rw’Abadage Siemens Rurashaka Kubaka Mu Rwanda Uruganda Rw’Inkingo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?