Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Arsène Wenger Yunamiye Abazize Jenoside Baruhukiye Ku Gisozi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibyamamare

Arsène Wenger Yunamiye Abazize Jenoside Baruhukiye Ku Gisozi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 May 2021 9:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uyu mugabo wahoze ari umutoza mukuru w’Ikipe Arsenal yo mu Bwongereza, ubu uri mu Rwanda, yaraye agiye kunamira Abatutsi bazize Jenoside baruhukiye ku rwibutso rwayo ruri mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Wenger ari mu Rwanda mu nama ya CAF yitabiriwe n’umuyobozi wayo Dr Patrice Motsepe, umuyobozi wa FIFA, Gianni Infantino na Perezida Paul Kagame wari wayitumiwemo nk’umushyitsi w’imena.

Ni inama iri kwigira hamwe uko umupira w’amaguru wazamurwa muri Afurika binyuze mu kuwukundisha abakiri bato cyane cyane abiga amashuri yisumbuye.

Arsène Wenger yaretswe amateka abitse mu byumba bya ruriya rwibutso, yiganjemo urwango rwabibwe n’Abakoloni na Repubulika zabukurikiye, Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse na nyuma yayo, aho u Rwanda rwiyubatse buhoro buhoro.

Turacyashakisha ubutumwa Wenger yaba yasize yanditse mu gitabo cy’abasura ruriya rwibutso.

Incamake ku rwibutso rwa Gisozi:

Urwibutso rwa Gisozi nirwo rwibutso ruruhukiyemo imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside benshi kurusha izindi ziri hirya no hino mu Rwanda.

Ruruhukiyemo imibiri irenga 250 000 y’Abatutsi biciwe muri Komini zahoze zigize Umurwa mukuru wa Kigali.

Izo zari Komini Kacyiru, Komini Nyarugenge na Komini Kicukiro.

Nirwo rwibutso kandi rusurwa n’abantu benshi ugereranyije n’izindi.

Ruri mu  nzibutso Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubumenyi, siyansi n’umuco, UNESCO, riri kwiga niba zazashyirwa mu murange w’isi, n’ubwo hari amakuru y’uko rutazemerwa kubera ko rucunzwe bya kizungu bityo ntibyerekane umwimerere w’ubukana bwa Jenoside.

Komini z’Umujyi wa Kigali zari Komini Kacyiru, Komini Nyarugenge na Komini Kicukiro

Izindi nzibutso ziri kwigwaho ni Urwibutso rwa Nyamata rwahoze ari Kiliziya ruri mu Karere ka Bugesera mu Ntara y’i Burasirazuba.  Rushyinguyemo imibiri y’Abatutsi isaga ibihumbi mirongo ine(+40 000).

Hari Urwibutso rwa Murambi ruri mu Karere ka Nyamagabe, Intara y’Amajyepfo. Uru rwibutso ruri ahahoze  ishuri rya Tekiniki ryubakwaga mu 1994.

Abatutsi bari batuye mu cyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro no mu nkengero zayo bashishikarijwe n’inzego z’umutekano kujyayo ngo “bacungirwe umutekano”, ariko bagamije kubica bitagoranye, mu mwanya muto kandi ntawe ubacitse.

Ruruhukiyemo imibiri isaga ibihumbi mirongo ine na itanu(+45 000).

Ku rubuga rwa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside( CNLG) handitse ko urundi rwibutso ruri kwigwaho na UNESCO ari urwa Bisesero

Urwibutso rwa Bisesero ruba mu Karere ka Karongi, Intara y’i Burengerazuba.

Rwubatswe mu 1998 kugira ngo rubungabunge amateka y’ubutwari bwo kwirwanaho kw’Abatutsi bangaga  kwicwa barebera mu gihe kigera hafi ku mezi abiri.

Nyuma yo gucika intege kubera gusonza no kutagira intwaro, baje kuneshwa, baricwa. Uru rwibutso rushyinguyemo imibiri y’inzirakarengane isaga ibihumbi mirongo ine na bitanu(+45000).

TAGGED:AbatutsiArsenalfeaturedJenosideWenger
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibigo By’Ubutasi By’Amerika N’ U Burayi Bifitiye Ubwoba Afghanistan
Next Article Polisi Yabataye Muri Yombi Bayiha Ruswa ya Frw 1000, Frw 5000…
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?