Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Atanga Umusanzu Mu Gukura Bagenzi Be Mu Bushomeri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Atanga Umusanzu Mu Gukura Bagenzi Be Mu Bushomeri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 October 2023 5:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nkurikiyimana Viateur wo mu Murenge wa Nyarubaka mu Karere ka Kamonyi yashinze ikigo kigisha urubyiruko imyuga. Yakise Rwanda To Hope Organization. Abayirangije bavuga ko yabagiriye akamaro kuko bitunze, abandi bagatunga imiryango yabo.

Ubwo abo banyeshuri barangizaga amasomo yabo, bahawe ibikoresho bizabafasha imishinga ibateza imbere, ibyo bikaba ari imashini zidoda, amapasi yo gutera imyenda barangije kudoda, ameza yo gukatiraho imyenda mu gihe cyo kudoda n’ibindi.

Kuri iyi nshuro harangije abanyeshuri 20 barimo abize ubudozi n’abize gukanika imodoka.

Viateur Nkurikiyimana avuga ko mu gihe cyose bamaze batanga buriya bumenyi, bamaze guha ubumenyi urubyiruko rwinshi kandi byarufashije kugira aho rwigeza.

Ati: “ Twatangiye hari urubyiruko rwinshi rukeneye kwiga ariko bitakundiye kandi hari n’urwize ariko rukeneye aho kwigira imyuga. Abo twahuguye twabahaye n’ibikoresho ngo babone ikibafasha gutangira ubuzima.”

Avuga ko bazakurikirana abo banyeshuri kugira ngo berebe niba ibikoresho bahawe bitazabapfira ubusa.

Mu kazi kabo kandi, Nkurikiyimana avuga ko bakorana n’ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi n’ubw’ahandi bose bakorera kugira ngo habeho guhuza ibikorwa.

Ibikorwa bye byatangiye mu mwaka wa 2012, kandi kuva icyo gihe kugeza ubu bamaze guhugura abantu 3,547.

Ikigo cye gisanzwe gikorera mu Karere ka Kamonyi mu Mirenge ya Kayenzi Mugina, Musambira na Nyarubaka.

Mu Karere ka Ngororero bakorera mu Mirenge ya Nyange, Kabaya, Muhororo  na Ngororero.

Mu mikorere ye, afatanya n’Ikigo FMP (Féderation Des Mouvements populaires).

Ni ikigo gikorana n’indi miryango irimo n’iy’urubyiruko rwa Gikirisitu nk’uwitwa Jeunesse Ouvrière Chrétienne), uwitwa MTCR ( Mouvément Des Travailleurs Chretiéns Au Rwanda) n’indi w’Abasaveri.

Ikigo FMP gifasha urubyiruko kwiga imyuga izarufasha kubona amafaranga y’ishuri ndetse no kubaha ibikoresho.

Nkurikiyimana Viateur
Bahawe ibikoresho bizabafasha mu mirimo yabo

 

TAGGED:ImashiniKamonyiUbudozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hatangajwe Imfashanyigisho Y’Uburyo Abahungu Bazavamo Abagabo Buzuzanya N’Abagore
Next Article CAF Yakuye Mukansanga Mubazasifura Imikino Y’Igikombe Cya Afurika 2024
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?