Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Atanga Umusanzu Mu Gukura Bagenzi Be Mu Bushomeri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Atanga Umusanzu Mu Gukura Bagenzi Be Mu Bushomeri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 October 2023 5:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nkurikiyimana Viateur wo mu Murenge wa Nyarubaka mu Karere ka Kamonyi yashinze ikigo kigisha urubyiruko imyuga. Yakise Rwanda To Hope Organization. Abayirangije bavuga ko yabagiriye akamaro kuko bitunze, abandi bagatunga imiryango yabo.

Ubwo abo banyeshuri barangizaga amasomo yabo, bahawe ibikoresho bizabafasha imishinga ibateza imbere, ibyo bikaba ari imashini zidoda, amapasi yo gutera imyenda barangije kudoda, ameza yo gukatiraho imyenda mu gihe cyo kudoda n’ibindi.

Kuri iyi nshuro harangije abanyeshuri 20 barimo abize ubudozi n’abize gukanika imodoka.

Viateur Nkurikiyimana avuga ko mu gihe cyose bamaze batanga buriya bumenyi, bamaze guha ubumenyi urubyiruko rwinshi kandi byarufashije kugira aho rwigeza.

Ati: “ Twatangiye hari urubyiruko rwinshi rukeneye kwiga ariko bitakundiye kandi hari n’urwize ariko rukeneye aho kwigira imyuga. Abo twahuguye twabahaye n’ibikoresho ngo babone ikibafasha gutangira ubuzima.”

Avuga ko bazakurikirana abo banyeshuri kugira ngo berebe niba ibikoresho bahawe bitazabapfira ubusa.

Mu kazi kabo kandi, Nkurikiyimana avuga ko bakorana n’ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi n’ubw’ahandi bose bakorera kugira ngo habeho guhuza ibikorwa.

Ibikorwa bye byatangiye mu mwaka wa 2012, kandi kuva icyo gihe kugeza ubu bamaze guhugura abantu 3,547.

Ikigo cye gisanzwe gikorera mu Karere ka Kamonyi mu Mirenge ya Kayenzi Mugina, Musambira na Nyarubaka.

Mu Karere ka Ngororero bakorera mu Mirenge ya Nyange, Kabaya, Muhororo  na Ngororero.

Mu mikorere ye, afatanya n’Ikigo FMP (Féderation Des Mouvements populaires).

Ni ikigo gikorana n’indi miryango irimo n’iy’urubyiruko rwa Gikirisitu nk’uwitwa Jeunesse Ouvrière Chrétienne), uwitwa MTCR ( Mouvément Des Travailleurs Chretiéns Au Rwanda) n’indi w’Abasaveri.

Ikigo FMP gifasha urubyiruko kwiga imyuga izarufasha kubona amafaranga y’ishuri ndetse no kubaha ibikoresho.

Nkurikiyimana Viateur
Bahawe ibikoresho bizabafasha mu mirimo yabo

 

TAGGED:ImashiniKamonyiUbudozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hatangajwe Imfashanyigisho Y’Uburyo Abahungu Bazavamo Abagabo Buzuzanya N’Abagore
Next Article CAF Yakuye Mukansanga Mubazasifura Imikino Y’Igikombe Cya Afurika 2024
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abatarahererekanya Ibinyabiziga Babikore Inzira Zikigendwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?