Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Aubameyang ‘Yasezeye’ Muri Arsenal
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Aubameyang ‘Yasezeye’ Muri Arsenal

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 February 2022 8:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Rutahizamu wa Arsenal witwa Pierre-Emerick Aubameyang yatangaje ko avuye muri Arsenal ababaye kuko agiye adasezeye bagenzi be ngo bishimane.

Hari amakuru avuga ko uyu mugabo agiye kujya gukinira FC Barcelona yo muri Espagne.

Ubuyobozi bwa Arsenal bwatangaje ko uyu rutahizamu mpuzamahanga ukomoka muri Gabon yemeranyije na Arsenal kuyivamo.

Hari hashize iminsi bihwihwiswa ko Aubameyang yirukanywe muri Arsenal ariko byemejwe ko ayivuyemo ku bwumvikane n’umutoza  Mikel Arteta.

Ibyo kumwirukana byatangiye kuvugwa mu byumweru bicye bishize nyuma y’uko Pierre –Emerick Aubameyang yitwaye nabi akanywa inzoga agasinda kandi azi neza ko afite umukino.

Icyo gihe umutoza yamwirukanye mu ikipe ndetse amwambura umwambaro wagenewe Kapiteni w’Ikipe.

Kuri Instagram Aubameyang yanditse ati: “ Rwose muri kamere yanjye nakunze gukina n’umutima wanjye wose. Kuba mvuye muri Arsenal ntasezeye bagenzi banjye twabanye muri ibi bihe byose, birambaje ariko nta kundi ni ko ibyo mu mupira w’amaguru bigenda.”

Aubameyang ati: ” Murabeho ndagiye”

Yifurije bagenzi be gukomeza akazi kabo kandi bakazakomeza gutsinda no mu gihe kiri imbere.

Pierre- Emerick Aubameyang yageze muri Arsenal avuye muri Borussia Dortmund.

Yari amaze imyaka ine muri Arsenal, akaba yarayitsindiye ibitego 92 mu mikino 163 yakinnye.

 

TAGGED:ArsenalAubameyangfeaturedIkipe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakozi Ba RIB Bahawe Umwenda Ubaranga
Next Article Perezida Wa Guinea-Bissau Yarokotse Umugambi Wo Kumuhirika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?