Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Avoka Yaje Guhunduka Ite Igihingwa Ngengabukungu Bw’u Rwanda?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Avoka Yaje Guhunduka Ite Igihingwa Ngengabukungu Bw’u Rwanda?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 January 2024 10:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uru rubuto rwahoze ari urw’abana, abashumba baragiye cyangwa abanyeshuri bakeneye ka avoka ko gutuma umuceri igira irangi. Muri iki gihe ariko ubuhinzi bwayo bwahindutse ikintu kiri mu byihutirwa mu buhinzi bugamije isoko mpuzamahanga.

Urugero ni urwa toni 22.5 z’avoka u Rwanda ruherutse kohereza muri Leta ziyunze z’Abarabu zicishijwe mu bwato buca mu Nyanja kugeza ‘iyo’ iyo bigwa.

Agaciro kazo k’amafaranga ni $50,000 hafi miliyoni Frw 60 kandi si muri Aziya gusa zikunzwe ahubwo no mu Burayi.

Kubera uburyohe bw’uru rubuto n’akamaro abahanga baruziho, hirya no hino bararushaka ndetse byageze no ku rwego rw’uko umusaruro u Rwanda ruha amahanga utayahaza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umwe mu bafite ikigo gitunganya Avoka zo kohereza hanze witwa Robert Rukundo yabwiye The New Times ko u Rwanda rutanga Avoka ziri kuri hagati ya 30 na 40% by’izikenewe mu mahanga.

Rukundo ayobora ikigo kitwa Almond Green Farm, akaba n’Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’abohereza imbuto mu mahanga ryitwa Horticulture Exporters Association of Rwanda (HEAR).

Kuri we Avoka yahindutse urubuto rw’agaciro karekare kuko, uretse n’uko rukunzwe ku isoko mpuzamahanga, igiti rweraho ntigihungabanya ubutaka n’ibindi binyabuzima biri aho giteye.

Buri mwero kirera bityo kigaha umuhinzi umusaruro ashaka mu gihe nyacyo.

Avoka z’inzungu zera kabiri mu mwaka ni ukuvuga mu gihe cy’imvura n’igihe cy’izuba ubwo indabo ziba zihundura.

- Advertisement -

Muri rusange, Akarere ka Huye n’Akarere ka Gisagara nitwo tugira umwero munini wa Avoka.

Akamaro kayo no gukundwa kwayo byareheje abashoramari, ubu ni rumwe mu mbuto bahanze amaso ngo rubazanire amadovize.

Umukozi mu Kigo cy’igihugu cyohereza hanze ibikomoka ku buhinzi NAEB witwa Jean Marie Vianney Munyaneza avuga ko aho abantu bamenyeye akamaro ka Avoka bakanabona ko ikunzwe, abafite imari batangiye kuyiyashoramo.

Icyakora ubwoko bwa Avoka bwera mu Rwanda bukoherezwa hanze si ububonetse bwose!

Ubwo Abanyarwanda bahisemo gusangiza abanyamahanga ni ubwitwa Hass na Fuerte.

Ubu bwoko bw’avoka burakunzwe kubera ko imwe igura $2 ni ukuvuga Frw 2,000 birengaho make.

Kugeza ubu avoka zinjiiriza u Rwanda agera kuri miliyoni $ 6.3 akaba yarikubye inshuro 13 kuko mu mwaka wa 2013 izo avoka zinjizaga $440,000 gusa.

Intego  y’u Rwanda ni uko mu mwaka wa 2030 ruzaba rwohereza hanze toni 16,000 zikazarwinjiriza miliyoni $40.

Avoka ni urubuto ruri gukundwa henshi ku isi

Igitekerezo cy’uko Avoka ari imari ku isi Abanyarwanda bakivanye muri Kenya mu mwaka wa 2008.

Bahise batangira gushora muri uru rubuto, batangirira ku bwoko bwa Hass bari bakuye muri Kenya.

Abahinzi bamwe bateye ibiti by’ubu bwoko kuri Nkunganire ya Leta kandi ibashakira ba agoronome bo kubaba hafi mu buhinzi bwabo

Umusaruro wazo wa mbere wabereye abahinzi imbarutso yo guhinga ibiti byinshi by’Avoka kuko abantu bahise bazikunda.

Ntibyatinze, mu mwaka wa 2021, ba rwiyemezamirimo batangira gushora mu buhinzi bwazo n’ubucuruzi bwazo ku bwinshi.

Muri iki gihe abahinzi b’Avoka babikora bitabasabye gushaka umurama wazo hanze y’u Rwanda.

Barapimura bakohereza hanze, imwe ikagura $2

Mu mwaka wa 2019, Avoka zagurishijwe ku isi hose zifite agaciro ka Miliyari $7.1.

FAO itangaza ko mu mwaka wa 2030 avoka izaba ari rwo rubuto rwera cyane kandi rugurishwa ku isoko mpuzamahanga kurusha izindi zera mu bice by’isi bishyuha bita Zone Tropicale.

Ikindi ni uko Avoka izaba ikunzwe kurusha Inanasi n’Imyembe.

TAGGED:AmahangaAvokafeaturedUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I&M Bank Na Suwede Biyemeje Gutera Inkunga Imishinga Mito N’Iciriritse
Next Article ICUKUMBUYE: Intandaro Y’Umwuka Mubi Hagati Ya Kenya Na DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?