Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Avuga Ko Ubukene Bw’Ababyeyi Buha Icyuho Abashaka Gusambanya Abanyeshuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Avuga Ko Ubukene Bw’Ababyeyi Buha Icyuho Abashaka Gusambanya Abanyeshuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 April 2023 4:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyeshuri wiga muri Kayonza Modern School iri mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza witwa Promesse Iradukunda avuga ko imwe mu mpamvu zituma abakobwa bato batwara inda cyangwa bakanduzwa indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ari ubukene baba baravanye iwabo.

Avuga ko hari abakobwa biga mu mashuri yisumbuye bashukwa n’abagabo bafite amikoro bakabaha ibyo batavanye iwabo, byatinda bakazabasambanya bakabatera inda zitateguwe kandi aho zinjirira ni ho na SIDA yandurira.

Iradukunda avuga ko ubukene bamwe mu bana bavana iwabo buha icyuho abashaka kubangiza bakabashukishwa ibyo bita ‘uduhendabana’.

Ati: “ …Mbona biterwa wenda n’abanyeshuri batabona ibya ngombwa bakabaye bahabwa n’ababyeyi babo bityo rero bahura n’abandi bahungu bafite ubushobozi bakaba babashuka bakabagusha mu busambanyi.’

Ku rundi ruhande, Promesse Iradukunda avuga ko mu kigo yigaho nta bakobwa benshi bahatwarira inda.

Yemeza ko abarezi babo babigisha ububi bwo kwiyandarika.

Umukobwa uhagarariye bagenzi be( Doyenne, Dean) biga kuri kiriya kigo witwa Ayinkamiye Gloria asaba bagenzi be gukomeza kuzirikana ko kuvuga ‘OYA itarimo ubutinde’ ari imwe mu ntwaro zabafasha kudatwara inda.

Avuga ko abakobwa ayoboye bagira imyitwarire iboneye, ariko ngo ntihabura bake bagaragaraho ubwomanzi.

Yemeza ko muri iyo myitwarire yose, nta mukobwa urahatwarira inda.

Aha bagenzi be inama yo gukomeza kwirinda uwabatera inda cyangwa akabashuka kuko utabyirinze, ahura n’ibibazo birimo gutwara inda, kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye.

Umukobwa uhagarariye bagenzi be biga kuri kiriya kigo witwa Ayinkamiye Gloria

Ati: “ Nk’ubu iyo nza kuba ntaririnze, ntabwo mba ngeze mu mwaka wa gatandatu ngo ejo nzabe ndangije kwiga njye hanze ngo nshake imibireho”.

Imibare itangwa n’Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima, RBC, ivuga ko umubare w’abakobwa banduye SIDA ukubye  inshuro eshatu uw’abahungu bari mu kigero kimwe.

Abakozi b’iki kigo bari kuzenguruka mu turere twose tw’Intara y’i Burasirazuba mu bukangurambaga bwo kwibutsa urubyiruko mu buryo bw’umwihariko n’abandi muri rusange ububi bwo kutirinda SIDA.

Ubu bukangurambaga bwatangiriye mu Karere ka Nyagatare, bukomereza mu Karere ka Gatsibo, bukomereza  muri Kayonza n’i Rwamagana.

Hari gahunda yo kubukomereza mu Karere ka Kirehe, Akarere ka Ngoma n’Akarere ka Bugesera.

Umujyi wa Kigali niwo wa mbere ufite ubwandu bwa SIDA buri hejuru, hagakurikiraho Intara y’i Burasirazuba , igakurikirwa n’Intara y’Amajyepfo.

Ubwandu buke bw’iyi ndwara buba mu Ntara y’Amajyaruguru.

Abanyarwanda bagirwa inama yo kwifata, kubera abakunzi babo indahemuka, gukoresha agakingizo ndetse no gukebwa.

TAGGED:featuredKayonzaRwandaUbukeneUbusambanyiUmunyeshuri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Ikomeje Kubahiriza Amasezerano Ifitanye Na RBC
Next Article Urugaga Rw’Abakozi CESTRAR Rurasaba Leta Kwita Ku Mutekano W’Abakora Mu Birombe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?