Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Avuga Ko Umuyobozi W’Ishami Rya COGEBANQUE Yamwibiye Umushinga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Avuga Ko Umuyobozi W’Ishami Rya COGEBANQUE Yamwibiye Umushinga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 May 2022 11:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Joseph Harindintwali ni umuturage uvuga ko yigeze kujyana umushinga ngo wakirwe mu ishami rya COGEBANQUE rikorera muri Nyabugogo, barawumwiba.

Yabwiye Rwanda Tribune ducyesha iyi nkuru ko yawujyanye muri iriya Banki kugira ngo bamugurize, abawakiriye aho kuwiga ngo bawemere bamuhe inguzanyo, cyangwa bawange bigire inzira, ahubwo bawugize uwabo.

Avuga ko yatangiye kwaka inguzanyo mu mwaka wa 2021 muri iriya Banki.

Kuva icyo gihe kugeza ubwo yatangaga aya makuru, ngo yajyaga kenshi kuri iriya Banki akabaza impamvu atabwirwa iby’inguzanyo yatse ariko agasubira iwe nta gisubizo ahawe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Igihe cyaje kugera,  aza kuvumbura ko wa mushinga we watangiye gukorwa n’Umuyobozi w’Ishami rya COGEBANQUE rya Nyabugogo.

Avuga ko uyu muyobozi yamubwiye ko azamusura kugira ngo baganire kuri uriya mushinga awumusobanurore, bazabone kuzamuha inguzanyo.

Harindintwali avuga ko aho kuza kumusura mu minsi y’akazi, wa muyobozi yaje ari ku Cyumweru ari kumwe n’umugore we n’umwana wabo, abasobanurira buri ngingo igize umushinga we.

Wa muyobozi ngo yatashye amwijeje kuzamufasha kugira ngo ahabwe inguzanyo yari yarasabye.

Icyakora uyu mugabo yategereje ko ariya mafaranga yazaza araheba aza kumva ko wa muyobozi yatangiye kuwukora.

- Advertisement -

Yabwiye cya kinyamakuru  ati “Usibye no kuntwara umushinga, yatwaye n’umukozi wankoreraga kugira ngo amukoreshe muri uwo mushinga wo gukora amasabune ku Ruyenzi.”

Kamana ngo ntabihakana…

Iyi nkuru ivuga ko uriya muyobozi yemereye itangazamakuru ko  ibyo ashinjwa n’uriya muturage ari ukuri.

Ku rundi ruhande ariko, ngo Harindintwali yaramubabariye kuko babiganiriye

Umuyobozi w’ishami rya COGEBANQUE muri Nyabugogo avuga ko ubu nta kibazo afitanye na Harindintwali Joseph ndetse ko agiye kumufasha kubona inguzanyo mu ‘gihe cya vuba.’

Ntabwo iki cyizere ariko kigeze  kigera ku ntego kubera ko kugeza ubwo iyi nkuru yandikwaga yari atarahabwa inguzanyo yatse mu mwaka ushize(2021).

Amakuru avuga ko uriya  muyobozi wa COGEBANQUE, ishami rya Nyabugogo acyumva ko ikibazo cyageze mu itangazamakuru,  yiyandikiye ibaruwa afatanyije  n’undi mukiliya w’iyi Banki  nk’umuhuza wabo ngo baragenda basinyisha uyu muturage nk’aho atanze imbabazi.

Nabwo bamwizezaga ko agiye guhabwa inguzanyo mu ‘gihe cya vuba’ ariko ntiyayihawe.

Joseph Harindintwali avuga ririya siragizwa no gutenguhwa byatumye atakariza icyizere iriya Banki.

Yabwiye Rwanda Tribune ati: Narazinutswe narenganyijwe n’uwakabaye amfasha. Ndasaba kurenganurwa kuko ni akarengane nakorewe katakabaye gakorwa muri iyi Banki twari tuzi ko ikora neza.”

Umuyobozi Mukuru wa COGEBANQUE(CEO) Guillaume Ngamije Habarugira yabwiye Rwanda Tribune  ‘bagiye gukurikirana’ iby’iki kibazo.

Umuyobozi wa COGEBANQUE

Ngo nta makuru bari bagifiteho.

Muri Banki Nkuru y’u Rwanda naho ngo bagiye gukurikirana iby’iki kibazo bamenya akarengane kakorewe umukiriya wa COGEBANQUE.

TAGGED:BankiCOGEBANQUEfeaturedInguzanyoUmushingaUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ishimwe Dieudonné Uzwi Nka Prince Kid Mu Rukiko
Next Article Micomyiza Jean Paul Ukekwaho Jenoside Yagejejwe Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?