Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ba Ofisiye Bakuru 32 Basoje Amasomo Mu Ishuri Rikuru Rya Polisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Ba Ofisiye Bakuru 32 Basoje Amasomo Mu Ishuri Rikuru Rya Polisi

admin
Last updated: 25 June 2021 1:53 pm
admin
Share
SHARE

Abanyeshuri 32 bagizwe na ba Ofisiye bakuru muri Polisi, Urwego rw’Imfungwa n’Abagororwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha basoje amasomo mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda, barimo abahawe impamyabumenyi z’icyiciro cya gatatu cya kaminuza.

CP Christophe Bizimungu uyobora iri shuri rikorera mu Karere ka Musanze yavuze ko aya masomo y’umwaka umwe agizwe n’iby’ibyiciro bibiri.

Birimo amahugurwa y’umwuga yo ku rwego rwo hejuru yatangiwe impamyabushobozi ya Pass Staff Course (PSC) n’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’amahoro no gukemura amakimbirane, Master’s Degree in Peace Studies and Conflict Transformation.

Ni amasomo yatanzwe ku bufatanye na Kaminuza y’u Rwanda.

CP Bizimungu yavuze ko abo banyeshuri 32 bagize iki cyiciro cya cyenda bujuje ibisabwa ngo bahabwe PSC, ariko 31 nibo bize icyiciro cya gatatu cya kaminuza. 27 nibo barangije, bane bafite amasomo “bagomba gusubiramo ku mpamvu zitandukanye”.

Ati “Ndashimira abanyeshuri ku mirimo babashije gukora.”

Yasabye abasoje amasomo kuzirikana ko bafite inshingano zo gukora kinyamwuga basubiye mu kazi kabo, kuko bungutse ubumenyi bugomba kubafasha mu myitwarire no mu bikorwa.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta Busingye Johnston yashimiye abarangije amasomo, avuga ko ari intambwe ikomeye ku ishuri, abanyeshuri n’imiryango yabo.

Yabashimiye umuhate n’ukwihangana bagaragaje mu kwiga muri ibi bihe bya COVID-19, byatumye bigorana kurushaho.

Yavuze ko bijyanye n’ibibazo biriho muri iki gihe, hakenewe abakozi b’inzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko bafite ubushobozi, bumva neza ibibazo by’amahoro n’umutekano by’igihugu, akarere n’isi muri rusange.

Yagarutse ku ngorane zijyanye no kubahiriza amategeko nk’ikoranabuhanga rigezweho ryifashishwa mu gukora ibyaha no kuba ibihugu bidahuje amategeko, avuga ko guhangana nabyo bisaba ko ababishinzwe bagomba kuba bari ku ntambwe itambutse iy’abanyabyaha, kugira ngo babashe kubafata mbere y’uko bagera ku ntego yabo.

Ni ibintu kandi ngo bikeneye ubufatanye bw’ibihugu, guhugurirwa hamwe, guhanahana ubumenyi n’amakuru no guhuriza hamwe mu kureba ingorane zihari.

Yashimangiye ko abarangije amasomo ari abayobozi mu nzego zabo, kandi biteguye kurushaho gukorera abaturage.

Ati “Dukwiye guhora twibuka ko tugomba abo baturage byinshi, uburenganzira, inshingano, kurusha ibyo batugomba.”

Minisitiri Busingye yavuze ko yizeye ko aya mahugurwa yabaye umwanya mwiza wo gusangizanya ubumenyi n’inaranibonye hagati y’abayitabiriye, ndetse ko ibyo bize bizabafasha mu mirimo bazaba bashinzwe kandi bakagaragaza itandukaniro.

Ati “Izi mpamyabumenyi mwahawe zizazane ibisubizo mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amategeko ndetse no gukemura ibibazo ibihugu byacu bihura nabyo.”

Yashimye umusanzu w’iri shuri guhera mu 2012, yizeza ko Leta izakomeza gutanga ibishoboka byose kugira ngo Polisi ikomeze guhangana n’ibibazo bitandukanye.

Mu barangije amasomo, uwahize abanti ni SSP Bianca Ndanu Nzioki wo muri Kenya.

Yashimiwe ko yagaragaje umwihariko mu miyoborere n’ubushobozi mu ishuri, gufatanya n’abandi n’ibindi bikenewe kuri Ofisiye muri polisi n’ubuyobozi.

Ku mwanya wa kabiri haje SSP Justin Gakuru Rukara wo mu Rwanda, wahembewe ko yagaragaje umuhate, ubumenyi mu miyoborere, ubushobozi mu ishuri n’ubushake bwo kumenya byinshi.

Uwahize abandi mu bushakashatsi ni SP Isaac Safari wo mu Rwanda. Ubushakashatsi bwe (research paper), bwashimwe ko bwujuje ibisabwa biteganywa mu bijyanye n’imyigire n’imyandikire ikwiye.

Bwashimiwe kandi ko butanga ibisubizo bikwiye ku bibazo bitandukanye, bukanagaragaza ubushobozi, umurava n’ubushobozi budasanzwe mu bushakashatsi bukenewe kuri Ofisiye.

Mu banyeshuri basoje amasomo uko ari 32 barimo 25 bo mu Rwanda na barindwi bo mu bihugu bitandukanye bya Afurika. Ibyo ni Kenya (2), Namibia (3), Somalia (1) na Sudan y’Epfo (1).

Mu banyarwanda harimo abapolisi bakuru 20, batatu bo mu Rwego rw’Imfungwa n’Abagororwa (RCS) na babiri bo mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB.

Babiri boherejwe na RIB bimuriwemo bavuye muri Polisi y’u Rwanda. Barimo Robert Mwesigye wahoze muri Polisi ku ipeti rya Superintendent (SP) na Prosper Ruzayire wari muri Polisi ku ipeti rya Senior Superintendent of Police (SSP).

CP Bizimungu yashimye umuhate abanyeshuri bagaragaje
Min Busingye yasabye abasoje amasomo gukoresha ubumenyi bahashye
Abanyeshuri 27 basoje icyiciro cya gatatu cya kaminuza

 

TAGGED:COVID-19featuredJohnston BusingyePolisi y’u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Na Tshisekedi Barasura Ibyangijwe Na Nyiragongo
Next Article Amabwiriza Abakora Kuri Site Z’Ubwubatsi Bagomba Gukurikiza Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?