Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Baho International Hospital Yafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Baho International Hospital Yafunzwe

Last updated: 18 September 2021 10:46 pm
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yafashe icyemezo cyo gufunga Baho International Hospital, nyuma y’iminsi ikorwaho iperereza kuri serivisi mbi zagiye zituma bamwe mu barwayi bakirwa n’ibyo bitaro bahasiga ubuzima.

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije yemereye Taarifa ko ibi bitaro byafunzwe kubera imikorere mibi.

Yavuze ko minisiteri irimo gutegura uburyo bwo guhwitura n’ibindi bitaro byose byigenga, ku bijyanye na serivisi bitanga.

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko biriya bitaro hari ibibazo byinshi byari bimaze iminsi bikurikiranyweho bijyanye n’imikorere mibi, haza kwiyongeraho amakosa yateje urupfu.

Yaherukaga gushyiraho itsinda ryagombaga gukora iperereza kuri ibyo bitaro byari biherereye i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali, hagacukumburwa imvano z’ikorere mibi yakomeje kuhavugwa.

Ibintu byabaye nk’ibihumira ku mirari nyuma y’urupfu rw’umubyeyi wahaguye ku wa 9 Nzeri, kandi yari yagiye kwivurizayo uburwayi bworoheje. Bivugwa ko yitabye Imana arimo ikinya.

Urwego rw’Ubugenzacyaha rwaje guta muri yombi abaganga babiri, bakurikiranyweho amakosa yateye urupfu.

Minisiteri y’Ubuzima yahise itangiza iperereza rigizwe n’itsinda ry’abantu icyenda, barimo abayobozi bakuru muri Minisiteri, Ikigo gishinzwe ibiribwa n’imiti n’Urugaga rw’abaganga.

Icyo gihe hatungwaga agatoki amakosa yakomeje kuhakorerwa cyane cyane ajyanye n’ubuvuzi bw’indwara z’abagore n’ibijyanye no kubaga.

Iryo tsinda ryatangiye iperereza ku wa 10 Nzeri, risabwa gutanga raporo mu minsi itanu.

Baho International Hospital yari imaze iminsi ku gitutu ku mbuga nkoranyambaga, ku buryo ubuyobozi bwayo bwageze aho busaba imbabazi, ariko amakosa akomeza kugenda agaragara.

Baho International Hospital Yasabye Imbabazi

TAGGED:Baho International HospitalfeaturedMinisiteri y'Ubuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urubyiruko Rurasabwa Gutekereza Imishinga Rugaterwa Inkunga
Next Article Byemejwe: U Rwanda Rwakuwe Mu Irushanwa Nyafurika Rya Volleyball
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?