Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Baho International Hospital Yafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Baho International Hospital Yafunzwe

Last updated: 18 September 2021 10:46 pm
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yafashe icyemezo cyo gufunga Baho International Hospital, nyuma y’iminsi ikorwaho iperereza kuri serivisi mbi zagiye zituma bamwe mu barwayi bakirwa n’ibyo bitaro bahasiga ubuzima.

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije yemereye Taarifa ko ibi bitaro byafunzwe kubera imikorere mibi.

Yavuze ko minisiteri irimo gutegura uburyo bwo guhwitura n’ibindi bitaro byose byigenga, ku bijyanye na serivisi bitanga.

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko biriya bitaro hari ibibazo byinshi byari bimaze iminsi bikurikiranyweho bijyanye n’imikorere mibi, haza kwiyongeraho amakosa yateje urupfu.

Yaherukaga gushyiraho itsinda ryagombaga gukora iperereza kuri ibyo bitaro byari biherereye i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali, hagacukumburwa imvano z’ikorere mibi yakomeje kuhavugwa.

Ibintu byabaye nk’ibihumira ku mirari nyuma y’urupfu rw’umubyeyi wahaguye ku wa 9 Nzeri, kandi yari yagiye kwivurizayo uburwayi bworoheje. Bivugwa ko yitabye Imana arimo ikinya.

Urwego rw’Ubugenzacyaha rwaje guta muri yombi abaganga babiri, bakurikiranyweho amakosa yateye urupfu.

Minisiteri y’Ubuzima yahise itangiza iperereza rigizwe n’itsinda ry’abantu icyenda, barimo abayobozi bakuru muri Minisiteri, Ikigo gishinzwe ibiribwa n’imiti n’Urugaga rw’abaganga.

Icyo gihe hatungwaga agatoki amakosa yakomeje kuhakorerwa cyane cyane ajyanye n’ubuvuzi bw’indwara z’abagore n’ibijyanye no kubaga.

Iryo tsinda ryatangiye iperereza ku wa 10 Nzeri, risabwa gutanga raporo mu minsi itanu.

Baho International Hospital yari imaze iminsi ku gitutu ku mbuga nkoranyambaga, ku buryo ubuyobozi bwayo bwageze aho busaba imbabazi, ariko amakosa akomeza kugenda agaragara.

Baho International Hospital Yasabye Imbabazi

TAGGED:Baho International HospitalfeaturedMinisiteri y'Ubuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urubyiruko Rurasabwa Gutekereza Imishinga Rugaterwa Inkunga
Next Article Byemejwe: U Rwanda Rwakuwe Mu Irushanwa Nyafurika Rya Volleyball
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?