Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Baho International Hospital Yafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Baho International Hospital Yafunzwe

Last updated: 18 September 2021 10:46 pm
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yafashe icyemezo cyo gufunga Baho International Hospital, nyuma y’iminsi ikorwaho iperereza kuri serivisi mbi zagiye zituma bamwe mu barwayi bakirwa n’ibyo bitaro bahasiga ubuzima.

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije yemereye Taarifa ko ibi bitaro byafunzwe kubera imikorere mibi.

Yavuze ko minisiteri irimo gutegura uburyo bwo guhwitura n’ibindi bitaro byose byigenga, ku bijyanye na serivisi bitanga.

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko biriya bitaro hari ibibazo byinshi byari bimaze iminsi bikurikiranyweho bijyanye n’imikorere mibi, haza kwiyongeraho amakosa yateje urupfu.

Yaherukaga gushyiraho itsinda ryagombaga gukora iperereza kuri ibyo bitaro byari biherereye i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali, hagacukumburwa imvano z’ikorere mibi yakomeje kuhavugwa.

Ibintu byabaye nk’ibihumira ku mirari nyuma y’urupfu rw’umubyeyi wahaguye ku wa 9 Nzeri, kandi yari yagiye kwivurizayo uburwayi bworoheje. Bivugwa ko yitabye Imana arimo ikinya.

Urwego rw’Ubugenzacyaha rwaje guta muri yombi abaganga babiri, bakurikiranyweho amakosa yateye urupfu.

Minisiteri y’Ubuzima yahise itangiza iperereza rigizwe n’itsinda ry’abantu icyenda, barimo abayobozi bakuru muri Minisiteri, Ikigo gishinzwe ibiribwa n’imiti n’Urugaga rw’abaganga.

Icyo gihe hatungwaga agatoki amakosa yakomeje kuhakorerwa cyane cyane ajyanye n’ubuvuzi bw’indwara z’abagore n’ibijyanye no kubaga.

Iryo tsinda ryatangiye iperereza ku wa 10 Nzeri, risabwa gutanga raporo mu minsi itanu.

Baho International Hospital yari imaze iminsi ku gitutu ku mbuga nkoranyambaga, ku buryo ubuyobozi bwayo bwageze aho busaba imbabazi, ariko amakosa akomeza kugenda agaragara.

Baho International Hospital Yasabye Imbabazi

TAGGED:Baho International HospitalfeaturedMinisiteri y'Ubuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urubyiruko Rurasabwa Gutekereza Imishinga Rugaterwa Inkunga
Next Article Byemejwe: U Rwanda Rwakuwe Mu Irushanwa Nyafurika Rya Volleyball
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?