Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bamporiki Yahawe Imbabazi Za Perezida Wa Repubulika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Bamporiki Yahawe Imbabazi Za Perezida Wa Repubulika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 October 2024 7:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaraye ahaye imbabazi Edouard Bamporiki na (Rtd) CG Emmanuel Gasana bari barafunzwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha.

Muri Mutarama, 2023 nibwourukiko rukuru rwahanishije Edouard Bamporiki wahoze ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe umuco igihano cy’igifungo cy’imyaka 5 n’ihazabu y’amafaranga milioni 30.

Urwego rw’ubugenzacyaha rwahise rwemeza ko Bamporiki yahise ajyanwa muri gereza ya Kigali i Mageragere nyuma y’umwanzuro w’urukiko.

Yari yahamijwe ibyaha bifitanye isano na ruswa mu gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Urukiko rwavuze ko rwamugabanyirije ibihano ngo kuko yemeye ibyaha kandi akabisabira imbabazi.

Umwunganizi we Me Evode icyo gihe yabwiye BBC ko ubujurire mu rundi rukiko ku mukiliya we budashoboka keretse habayeho kugaragaza ‘akarengane’ariko ko nta cyemezo nk’icyo kirafatwa.

Bamporiki ntiyari mu rukiko ubwo umwanzuro wafatwaga.

Icyumba cy’urukiko cyari cyuzuyemo abanyamakuru cyane cyane abo ku mbuga nkoranyambaga za Youtube.

Mu gutanga umwanzuro warwo urukiko rukuru rwavuze ko kuba ku rwego rwa mbere rwarahinduye inyito y’icyaha rukakita kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya atari byo ko ahubwo kubera ibimenyetso bigize icyaha rusanga icyaha cyakwitwa “gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Bamporiki yaregwaga kwaka umucuruzi Gatera Norbert milioni Frw 5 ngo azamufashe kumufunguriza uruganda rwe rwari rwafunzwe n’umujyi wa Kigali.

Yarezwe kandi kwakira milioni Frw 10 zivuye kuri uwo mucuruzi ngo kuko yamufashije kumufunguriza umugore wari ufungiye icyaha cya ruswa.

Bamporiki yaburanye yemera bimwe mu byaha yaregwaga,  asaba ko igihano cyo gufungwa imyaka ine yari yakatiwe cyasubikwa n’ihazabu ya miliyoni Frw  60 yari yaciwe ikagabanywa.

Mbere yari yahamwe n’icyaha gifitanye isano na ruswa no gukoresha umwanya afite mu nyungu ze bwite.

Aburana, yemeye ko yakiriye amafaranga agera kuri miliyoni Frw  10 y’umucuruzi kugira ngo amufashe ibyo ashaka kugeraho akoresheje ingufu afite mu butegetsi birimo no gufunguza umugore w’uwo mucuruzi.

Mu buryo butamenyerewe, kuva yashinjwa kandi akanagezwa imbere y’inkiko Bamporiki yafungiwe iwe mu rugo gusa.

Urubanza rwe ruri mu zavuzwe cyane mu mwaka ushize mu Rwanda.

Muri Gicurasi (5) ishize, Perezida Paul Kagame yahagaritse ku mirimo Edouard Bamporiki wari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe urubyiruko n’umuco “kubera ibyo akurikiranyweho”.

Nyuma gato y’itangazo rimwirukana, urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rwahise rutangaza ko Bamporiki “afungiye iwe mu rugo” akaba “akurikiranweho icyaha cya ruswa”.

TAGGED:BamporikifeaturedImbabaziKagameUrubanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musafili Na Musabyimana Bavanywe Muri Guverinoma
Next Article Cuba: Igihugu Cyose Cyaraye Mu Icuraburindi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?