Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bamporiki Yasabye Urukiko Guhabwa Igifungo Gisubitse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bamporiki Yasabye Urukiko Guhabwa Igifungo Gisubitse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 December 2022 3:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo Hon Edouard Bamporiki n’abamwunganira mu mategeko bagezaga ku rukiko rukuru impamvu z’ubujurire bwabo, bavuze ko bikwiye ko ikirego cy’uko yakoresheje ubushobozi yahabwaga n’amategeko mu nyungu ze zikwiye kudahabwa agaciro.

Umwe mu banyamategeko bamwunganira witwa Me Jean-Baptiste Habyarimana yabwiye urukiko ko bajuriye kubera impamvu eshatu.

Iya mbere ni uko bashaka ko icyaha yahamijwe cyo gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze, gikwiye gukurwaho, indi ikaba ko agabanyirizwa indishyi ya Miliyoni Frw 60, ikaba Miliyoni Frw 30 indi mpamvu ya gatatu ikaba gusaba guhabwa igihano cy’igifungo gisubitse ku cyaha yahamijwe cyo kwiha umutungo w’abandi.

Bamporiki kandi yavuze ko kumuca Miliyoni Frw 60 z’indishyi bidashyize mu gaciro ahubwo ngo aba yaraciwe Miliyoni Frw 30.

Iby’uko yarekurwa agakurikiranwa adafunzwe, Me Habyarimana yavuze ko umukiliya we akwiye kurekurwa akajya kwita k’umugore we urwaye guhera mu mwaka wa 2021.

Mu maburanisha yabanjirije ikatwa ry’uru rubanza ryakozwe n’Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ubushinjacyaha bwari bwasabye ko Bwana Edouard Bamporiki yakatirwa imyaka 20 y’igifungo ndetse n’indishyi ya Miliyoni Frw 200.

Urukiko rwagiye kwiherera iminota 30 nyuma rukagaruka rukagira icyo rutangaza…

TAGGED:BamporikifeaturedRuswaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rwemereye Guverinoma Y’u Bwongereza KOHEREZA Abimukira Mu Rwanda
Next Article Ramaphosa Yatorewe ‘Gukomeza’ Kuyobora ANC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?