Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bana Mwirinde Ibyaha Kuko N’Ufite Imyaka 16 Arabihanirwa- Umuyobozi Wungirije Wa RIB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bana Mwirinde Ibyaha Kuko N’Ufite Imyaka 16 Arabihanirwa- Umuyobozi Wungirije Wa RIB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 May 2021 4:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
????????????????????????????????????
SHARE

Madamu Isabelle Kalihangabo, akaba ari Umuyobozi wungirije w’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha yaganirije abanyeshuri bo muri Lycée de Kigali abagira inama zo kwirinda ibyaha birimo no kuba basambanya bagenzi babo ku ngufu cyangwa bakabahohotera.

Umwe muri bo yamubajije niba n’umwana ufite imyaka 16 y’amavuko aramutse ateye ateye inda undi abihanirwa, asubizwa ko bishoboka kuko amategeko abiteganya ariko ko adahanwa nk’umuntu muremure.

Kalihangabo yabwiye abanyeshuri biga muri kiriya kigo ko iyo umukobwa cyangwa umusore utarageza ikigero cyo kubaka urugo haba mu bukure no mu bukungu aba agomba kwirinda gutera cyangwa guterwa inda kuko iyo abikoze bigira ingaruka nini kuri ejo he hazaza.

Yavuze ko kuba aba akiri muto, biba bivuze ko nawe adashoboye kwirera, agikeneye kurerwa.

Undi munyeshuri yabajije Umunyamabanga mukuru wungirije wa RIB icyo amategeko ateganya iyo umwana atewe inda na mwene wabo urugero nka musaza we cyangwa mubyara, amusubiza ko icy’ingenzi uko iyo bibaye ikiba kigomba gukorwa ari ukubimenyesha abashinzwe umutekano cyangwa abandi bayobozi kugira ngo bikurikiranwe.

Abanyeshuri bo muri Lycée de Kigali bahawe ikiganiro n’undi mugabo wahoze akoresha ibiyobyabwenge aza kubireka.Yababwiye uko byamugizeho ingaruka, zituma ajyanwa Iwawa mu kigo ngororamuco, biramudindiza mu iterambere rye.

Yavuze ko nta kibi atakoze kugira ngo abone ibyo biyobyabwenge kugeza n’ubwo  apfumuye za gereza ariko ubu ngo ameze neza kuko yiyubatse akaba afite atelier akoreramo imyenda.

Uyu musore usanzwe ukorera mu Karere ka Kicukiro yasabye abanyeshuri kutazashukwa na bagenzi babo ngo banywe ku kiyobyabwenge bumve uko kimera kuko bibangiza bikabadindiza mu buzima.

Iyi Gahunda Urwego rw’ubugenzacyaha rwatangirije muri kiriya kigo igamije gukangurira urubyiruko kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha byo gusambanya abana, kwirinda ibiyobyabwenge no gucuruza abantu.

Umuvugizi w’uru rwego, Dr Thierry B. Murangira avuga ko iriya gahunda izakomeza mu Rwanda hose, mu mashuri yatoranyijwe.

Biri gukorwa mu rwego gushyira mu bikorwa imwe mu nshingano eshatu za RIB ari yo gukumira ibyaha.

Ubusanzwe Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rufite inshingano eshatu: Gukumira, gutahura no kugenza ibyaha.

TAGGED:AbanyeshurifeaturedIbyahaKalihangaboKigaliLyceeRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Ndayishimiye Yahuye N’Abasirikare Bakuru Mu Ngabo Ze
Next Article Abantu 17 Bafashwe Bari Gusengera Mu Rugo Rw’Umuturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?