Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Barbados Ikomeje Gukorana N’u Rwanda Mu Ishoramari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Barbados Ikomeje Gukorana N’u Rwanda Mu Ishoramari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2023 8:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murwa mukuru wa Barbados witwa Bridgetown, intumwa z’u Rwanda ziyobowe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga Prof Manasseh Nshuti zahuye n’abashoramari bo muri iki gihugu. Baganiriye uko imikoranire mu ishoramari hagati y’ibihugu byombi yashyirwa ku rundi rwego.

Ni inama ihuza ibihugu byombi yitwa Barbados-Rwanda Investment and Tourism Forum.

Prof Nshuti yavuze ko imikoranire hagati y’abashoramari ba Kigali n’aba Brigdetown ari ingenzi mu gutuma abatuye ibihugu byombi bunguka binyuze mu bucuruzi bubereye buri ruhande.

Prof Nshuti avuga ko imikoranire mu ishoramari hagati y’u Rwanda na Barbados ari ingenzi

Undi muyobozi wo mu Rwanda wari uri muri iyi nama ni Nelly Mukazayire, akaba Umuyobozi mukuru wungirije w’Ikigo cy’igihugu cy’iterambere, RDB.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Si ubwa mbere inama nk’iyi iterana kubera ko taliki 11, Ukwakira, 2022 nabwo yateraniye muri Kigali Convention Center.

Icyo gihe abashoramari bo mu Rwanda baganiriye na bagenzi babo bo mu Kirwa cya Barbados mu rwego rwo guhana amakuru y’aho buri ruhande rwashora imari rukunguka.

Abo muri Barbados babwiye abo mu Rwanda  ko hari ahantu henshi Abanyarwanda bashobora gushora imari harimo mu burezi, mu bushakashatsi, mu bucuruzi budandaza, ikoranabuhanga, n’ahandi.

Bababwiye ko igihe cyose bavumva ko bashaka gushora muri kiriya gihugu bazajya yo bisanga.

Muri iki gikorwa, nabwo hasinywe amasezerano y’ubufatanye mu nzego zirimo ubwikorezi bw’abantu n’ibintu, inganda, n’ubukerarugendo n’amahoteli.

- Advertisement -

Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Dr Ernest Nsabimana niwe washyize umukono ku masezerano ku ruhande rw’u Rwanda.

Nelly Mukazayire yari ahagarariye RDB nk’ikigo gishinzwe iterambere ry’u Rwanda.

Barbados ni kimwe mu birwa bya Caribbbean. Ni gito cyane k’ubuso kiri ku buso bwa 432 km2 .

Abaturage bagituye barutwa ubwinshi  n’abatuye Akarere ka Kicukiro(gafite abaturage 318,564) kuko iki gihugu gituwe n’abaturage  287,000. Umurwa mukuru w’iki gihugu witwa Bridgetown.

N’ubwo cyabanje gukolonizwa n’abanya Espagne mu kinyejana cya 15 Nyuma ya Yesu, Barbados yaje gutegekwa n’Abongereza  mu mwaka wa 1627 cyane cyane ko ari hamwe mu hantu abacakara bacishwaga bajyanwa i Burayi.

TAGGED:BarbadosfeaturedIshoramariNshutiRwandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Irashaka Umubano Ukomeye N’Iya Botswana
Next Article Uganda: Amakipe Y’u Rwanda Ya Volley Ari Kwitwara Neza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?