Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Barbados Ikomeje Gukorana N’u Rwanda Mu Ishoramari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Barbados Ikomeje Gukorana N’u Rwanda Mu Ishoramari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2023 8:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murwa mukuru wa Barbados witwa Bridgetown, intumwa z’u Rwanda ziyobowe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga Prof Manasseh Nshuti zahuye n’abashoramari bo muri iki gihugu. Baganiriye uko imikoranire mu ishoramari hagati y’ibihugu byombi yashyirwa ku rundi rwego.

Ni inama ihuza ibihugu byombi yitwa Barbados-Rwanda Investment and Tourism Forum.

Prof Nshuti yavuze ko imikoranire hagati y’abashoramari ba Kigali n’aba Brigdetown ari ingenzi mu gutuma abatuye ibihugu byombi bunguka binyuze mu bucuruzi bubereye buri ruhande.

Prof Nshuti avuga ko imikoranire mu ishoramari hagati y’u Rwanda na Barbados ari ingenzi

Undi muyobozi wo mu Rwanda wari uri muri iyi nama ni Nelly Mukazayire, akaba Umuyobozi mukuru wungirije w’Ikigo cy’igihugu cy’iterambere, RDB.

Si ubwa mbere inama nk’iyi iterana kubera ko taliki 11, Ukwakira, 2022 nabwo yateraniye muri Kigali Convention Center.

Icyo gihe abashoramari bo mu Rwanda baganiriye na bagenzi babo bo mu Kirwa cya Barbados mu rwego rwo guhana amakuru y’aho buri ruhande rwashora imari rukunguka.

Abo muri Barbados babwiye abo mu Rwanda  ko hari ahantu henshi Abanyarwanda bashobora gushora imari harimo mu burezi, mu bushakashatsi, mu bucuruzi budandaza, ikoranabuhanga, n’ahandi.

Bababwiye ko igihe cyose bavumva ko bashaka gushora muri kiriya gihugu bazajya yo bisanga.

Muri iki gikorwa, nabwo hasinywe amasezerano y’ubufatanye mu nzego zirimo ubwikorezi bw’abantu n’ibintu, inganda, n’ubukerarugendo n’amahoteli.

Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Dr Ernest Nsabimana niwe washyize umukono ku masezerano ku ruhande rw’u Rwanda.

Nelly Mukazayire yari ahagarariye RDB nk’ikigo gishinzwe iterambere ry’u Rwanda.

Barbados ni kimwe mu birwa bya Caribbbean. Ni gito cyane k’ubuso kiri ku buso bwa 432 km2 .

Abaturage bagituye barutwa ubwinshi  n’abatuye Akarere ka Kicukiro(gafite abaturage 318,564) kuko iki gihugu gituwe n’abaturage  287,000. Umurwa mukuru w’iki gihugu witwa Bridgetown.

N’ubwo cyabanje gukolonizwa n’abanya Espagne mu kinyejana cya 15 Nyuma ya Yesu, Barbados yaje gutegekwa n’Abongereza  mu mwaka wa 1627 cyane cyane ko ari hamwe mu hantu abacakara bacishwaga bajyanwa i Burayi.

TAGGED:BarbadosfeaturedIshoramariNshutiRwandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Irashaka Umubano Ukomeye N’Iya Botswana
Next Article Uganda: Amakipe Y’u Rwanda Ya Volley Ari Kwitwara Neza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?