Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Barebye Aho Iyubakwa Ry’Umuhanda Wa Gari Ya Moshi Mu Muhora Wo Hagati Muri EAC Ugeze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Barebye Aho Iyubakwa Ry’Umuhanda Wa Gari Ya Moshi Mu Muhora Wo Hagati Muri EAC Ugeze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 April 2022 3:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abayobozi bahagarariye ibihugu bigize Umuhora wo Hagati (Central Corridor) mu Muryango w’Afurika y’i Burasirazuba baherutse gusura ibikorwa byo kubaka umuhanda wa gari ya moshi ikoresha amashanyarazi kugira ngo barebe aho bigeze.

Basuye aho biriya bikorwa biri kubera ni ukuvuga mu Bilometero 90 uturutse mu Murwa mukuru Dar- es Salaam aho bari bagiye mu Nama ngarukamwaka igize Ihuriro bita AFTTCC.

Iri Huriro ryitwa The Central Corridor Transit Transport Facilitation Agency, AFTTCC, rigizwe n’ibihugu by’u Rwanda, u Burundi, Tanzania, Uganda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Nyuma rero y’Inama yahuje abayobozi baturutse muri biriya bihugu, ikaba yaranatorewemo Abagize Inama y’Ubutegetsi bayobowe n’Umunya Tanzania, bagiye gusura aho ibikorwa byo kubaka umuhanda wa gari ya moshi ikoresha amashanyarazi bigeze.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Basobanuriwe uko imirimo ikorwa n’aho igeze ngo irangire

Ni umushinga witezweho kuzazamura uburyo ibicuruzwa hagati ya biriya bihugu bigera muri byo.

Kwihutisha urujya n’uruza hagati y’ibihugu bituma n’igiciro cy’ubwikorezi kigabanuka bityo abaguzi bakunguka.

Abahanga bari kubaka uriya muhanda babwiye abagize ririya tsinda ko akazi babashinze kagenda neza.

Basobanuriwe uburyo amashanyarazi bakoresha abageraho, ndetse n’ibindi bakeneye ngo bakomeze akazi kabo.

Icyakora bavuze ko kugira ngo ibintu birushaho kuba  byiza, ni ngombwa ko ibikoresho bibonekera igihe kandi hakabaho ikurikiranabikorwa riboneye kugira ngo hatazagira icyiciro cy’imirimo cyibagirana.

- Advertisement -

Abitabiriye ya nama twavuze haruguru yabereye i Dar es Salaam bavuze banasuzumiye hamwe aho ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga y’ibihugu bigize Umuhora wo Hagati rigeze.

Ni imishinga itondetse kugeza mu mwaka wa 2025.

Buri mwaka bakora Inama kugira ngo barebere hamwe aho ibintu bigeze n’icyakorwa ngo birusheho gukorwa neza kurushaho.

TAGGED:featuredGari ya moshiTanzaniaUmuhora
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Ari I Brazzaville
Next Article ShaddyBoo Ati: ‘ Nifuza Ko Abana Banjye Bamenya Ko Ubuzima Ari Ukwiyoroshya’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?