Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Basabose Uheruka Gufatirwa Mu Bubiligi Yarekuwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Basabose Uheruka Gufatirwa Mu Bubiligi Yarekuwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 April 2021 8:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubutabera bw’u Bubiligi bwarekuye by’agateganyo Pierre Basabose ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, waherukaga gutabwa muri yombi.

Yafashwe ku wa 30 Nzeri 2020, afatirwa mu ntara ya Hainaut. Umunyamategeko we Me Jean Flamme, kuri uyu wa Gatandatu yatangaje ko yarekuwe ku wa Gatanu.

Basabose ashinjwa ko yari umwe mu bagize ‘Akazu ‘, itsinda ry’abantu bari ku butegetsi bakomokaga mu majyaruguru y’u Rwanda, bagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Basabose wabaye umusirikare, yari umushoferi wa Colonel Elie Sagatwa wari umunyamabanga wihariye wa Perezida Juvénal Habyarimana. Yaje kuba umucuruzi ukomeye mu kuvunja amafaranga y’amanyamahanga, abazwi nk’abavunjayi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yaje no kuba umunyamigabane ukomeye wa Radio-Television Libre des Mille Collines, RTLM, yagize uruhare mu gushishikariza abahutu kwica abatutsi.

Ubwo ibintu byari bihindukanye ubutegetsi bwakoraga jenoside, Basabose yerekeje mu Burayi, agera mu Bubiligi mu 1995 avuye mu Budage. Yahise ahatangira ubucuruzi, anashaka ubuhungiro bwa politiki.

Aregwa ko yahaye interahamwe amafaranga n’intwaro byo kwifashishwa mu bwicanyi mu bice bya Gikondo na Gatenga. Yafatiwe rimwe n’abandi banyarwanda babiri, Twahirwa Séraphin na Christophe Ndangali.

Twahirwa yakoze muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo yitwaga MINITRAPE, Se yari mubyara wa Protais Zigiranyirazo, muramu wa Habyarimana.

Ndangali we yakoraga muri Minisiteri y’uburezi. Mu 1994 yari umuyobozi w’ibiro bya Minisitiri n’umuyobozi ukomeye mu ishyaka MRND rya Habyarimana muri perefegitura ya Byumba. Ashinjwa ko yagize uruhare mu gukurikirana ubwicanyi kuri bariyeri zimwe muri Kigali.

- Advertisement -

U Bubiligi bwakoze iperereza kuri abo bantu batatu bakekwaho uruhare muri Jenoside, ibyaha bashinjwa ko bakoreye mu Mujyi wa Kigali muri Gikondo na Kacyiru.

Ikinyamakuru RTBF cyatangaje ko mu iperereza, umucamanza ukurikirana icyo kirego n’abagenzacyaha baje mu Rwanda kubonana n’abatangabuhamya.

Bihuye n’amategeko y’u Bubiligi, ateganya ko bufite ububasha bwo kuburanisha abantu bakekwaho ibyaha byibasiye inyokomuntu, bari ku butaka bwabwo.

TAGGED:BasaboseElie SagatwafeaturedJenosideJuvenal HabyarimanaZigiranyirazo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Burusiya Bwafatiye Ibihano Abayobozi Ba Amerika, Bwirukana N’Abadipolomate Bayo
Next Article Impamvu COVID-19 Yishe Uruhinja Rw’Amezi Atanu I Gisagara
1 Comment
  • Byose ni ubusa says:
    18 April 2021 at 6:42 pm

    Muraho neza?

    Mu by’ukuri nsomye iyi nkuru ndayirangiza ariko nenze cyane amarangamutima y’umunyamakuru wayanditse ntabwo wavuga ko umuntu yakoresheje inyandiko mpimbamo ngo bibe bimaze icyo gihe cyose ubizi ariko ukaba utararegera urukiko ngo rwemeza ko ariyo koko aha rwose mwatubeshye.

    Ikindi umuntu yakwibaza ni ukubera iki uyu padiri Hitimana josaphat atinya kujya mu rukiko nk’uko muri iyi nkuru bigaragara ko yabigiriwemo inama? Niba abanditse ku butaka( ESCOM) badashaka ko bubandukurwaho kuki batarega uyu HATEGEKA muri kwita ko ari umutekamutwe? Ikindi kibazo mbona n’uko akenshi imiryango itari iya Leta iyo yaseswaga bagenaga aho imitungo yayo izerekeza. Ese baba baragennye aho izerekeza nk’uko nahandi byakorwaga bakavuga ko ibibanza runaka bizasigara ari ibya Padiri kuko ariwe wabiguze. Ikindi muzashishoze neza padiri yavuye mu Rwanda amaze kwanduranya na benshi uhereye n’i Kabgayi muri diyoseze urebye n’inkuru zanditswe kuri Padiri nyuma y’uko avuye mu Rwanda ntaho zitaniye n’iyi nkuru zateranyaga Leta n’abaturage. Murebe neza uyu padiri azwiho kugonganisha inzego kandi ntabwo ajya yemera gutsindwa ariko uyu ni umuco mubi ku muntu wigeze kuba Padiri dore ko ubu atakiriwe kuko yaciwe muri kiriziya.

    Reply

Leave a Reply to Byose ni ubusa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?