Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Basabose Uheruka Gufatirwa Mu Bubiligi Yarekuwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Basabose Uheruka Gufatirwa Mu Bubiligi Yarekuwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 April 2021 8:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubutabera bw’u Bubiligi bwarekuye by’agateganyo Pierre Basabose ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, waherukaga gutabwa muri yombi.

Yafashwe ku wa 30 Nzeri 2020, afatirwa mu ntara ya Hainaut. Umunyamategeko we Me Jean Flamme, kuri uyu wa Gatandatu yatangaje ko yarekuwe ku wa Gatanu.

Basabose ashinjwa ko yari umwe mu bagize ‘Akazu ‘, itsinda ry’abantu bari ku butegetsi bakomokaga mu majyaruguru y’u Rwanda, bagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Basabose wabaye umusirikare, yari umushoferi wa Colonel Elie Sagatwa wari umunyamabanga wihariye wa Perezida Juvénal Habyarimana. Yaje kuba umucuruzi ukomeye mu kuvunja amafaranga y’amanyamahanga, abazwi nk’abavunjayi.

Yaje no kuba umunyamigabane ukomeye wa Radio-Television Libre des Mille Collines, RTLM, yagize uruhare mu gushishikariza abahutu kwica abatutsi.

Ubwo ibintu byari bihindukanye ubutegetsi bwakoraga jenoside, Basabose yerekeje mu Burayi, agera mu Bubiligi mu 1995 avuye mu Budage. Yahise ahatangira ubucuruzi, anashaka ubuhungiro bwa politiki.

Aregwa ko yahaye interahamwe amafaranga n’intwaro byo kwifashishwa mu bwicanyi mu bice bya Gikondo na Gatenga. Yafatiwe rimwe n’abandi banyarwanda babiri, Twahirwa Séraphin na Christophe Ndangali.

Twahirwa yakoze muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo yitwaga MINITRAPE, Se yari mubyara wa Protais Zigiranyirazo, muramu wa Habyarimana.

Ndangali we yakoraga muri Minisiteri y’uburezi. Mu 1994 yari umuyobozi w’ibiro bya Minisitiri n’umuyobozi ukomeye mu ishyaka MRND rya Habyarimana muri perefegitura ya Byumba. Ashinjwa ko yagize uruhare mu gukurikirana ubwicanyi kuri bariyeri zimwe muri Kigali.

U Bubiligi bwakoze iperereza kuri abo bantu batatu bakekwaho uruhare muri Jenoside, ibyaha bashinjwa ko bakoreye mu Mujyi wa Kigali muri Gikondo na Kacyiru.

Ikinyamakuru RTBF cyatangaje ko mu iperereza, umucamanza ukurikirana icyo kirego n’abagenzacyaha baje mu Rwanda kubonana n’abatangabuhamya.

Bihuye n’amategeko y’u Bubiligi, ateganya ko bufite ububasha bwo kuburanisha abantu bakekwaho ibyaha byibasiye inyokomuntu, bari ku butaka bwabwo.

TAGGED:BasaboseElie SagatwafeaturedJenosideJuvenal HabyarimanaZigiranyirazo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Burusiya Bwafatiye Ibihano Abayobozi Ba Amerika, Bwirukana N’Abadipolomate Bayo
Next Article Impamvu COVID-19 Yishe Uruhinja Rw’Amezi Atanu I Gisagara
1 Comment
  • Byose ni ubusa says:
    18 April 2021 at 6:42 pm

    Muraho neza?

    Mu by’ukuri nsomye iyi nkuru ndayirangiza ariko nenze cyane amarangamutima y’umunyamakuru wayanditse ntabwo wavuga ko umuntu yakoresheje inyandiko mpimbamo ngo bibe bimaze icyo gihe cyose ubizi ariko ukaba utararegera urukiko ngo rwemeza ko ariyo koko aha rwose mwatubeshye.

    Ikindi umuntu yakwibaza ni ukubera iki uyu padiri Hitimana josaphat atinya kujya mu rukiko nk’uko muri iyi nkuru bigaragara ko yabigiriwemo inama? Niba abanditse ku butaka( ESCOM) badashaka ko bubandukurwaho kuki batarega uyu HATEGEKA muri kwita ko ari umutekamutwe? Ikindi kibazo mbona n’uko akenshi imiryango itari iya Leta iyo yaseswaga bagenaga aho imitungo yayo izerekeza. Ese baba baragennye aho izerekeza nk’uko nahandi byakorwaga bakavuga ko ibibanza runaka bizasigara ari ibya Padiri kuko ariwe wabiguze. Ikindi muzashishoze neza padiri yavuye mu Rwanda amaze kwanduranya na benshi uhereye n’i Kabgayi muri diyoseze urebye n’inkuru zanditswe kuri Padiri nyuma y’uko avuye mu Rwanda ntaho zitaniye n’iyi nkuru zateranyaga Leta n’abaturage. Murebe neza uyu padiri azwiho kugonganisha inzego kandi ntabwo ajya yemera gutsindwa ariko uyu ni umuco mubi ku muntu wigeze kuba Padiri dore ko ubu atakiriwe kuko yaciwe muri kiriziya.

    Reply

Leave a Reply to Byose ni ubusa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Ebola Yagarutse Muri DRC

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?