Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bashimirwa Uruhare Rwabo Mu Guha Abafite Ubumuga Umurimo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Bashimirwa Uruhare Rwabo Mu Guha Abafite Ubumuga Umurimo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 December 2024 3:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bari muri benshi bakora muri uru ruganda
SHARE

Ubuyobozi bw’uruganda Masaka Farms bukorera mu cyanya cy’inganda cya Masoro bushimirwa ko mu nzego zose z’imirimo irukorerwamo uhasanga abafite ubumuga.

Ubumuga ni imiterere ya rumwe mu ngingo z’umubiri w’umuntu rutakaza ubushobozi bwo kwikoresha, bugatakara mu buryo buzuye cyangwa bucagase.

Akenshi ingingo zirimo amaguru, amaboko, amatwi n’ururimi, amaso n’uruhu nizo zikunze guhura n’ibyo bibazo.

Ubuvuzi bugezweho bufasha ufite ubumuga gukora kugira ngo yiteze imbere hamwe n’umuryango we n’igihugu muri rusange.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikigega cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga, USAID, binyuze mu mushinga witwa Feed the Future Kungahara Wagura amasoko, cyateye inkunga uruganda Masaka Farms mu rwego rwo kurufasha kubona uburyo bwo gushyira abafie ubumuga mu bikorwa byarwo byose.

Gisanganywe gahunda yo gukora ku buryo ibigo bikorana nacyo bikora mu buryo budaheza, haba abafite ubumuga, abagore n’urubyiruko.

Abakora muri Masaka Farms bashimirwa ko bahaye abafite ubumuga uburyo bwo kwerekana ibyo bashoboye gukora kandi bakabikorera muri buri rwego rw’imirimo ikorererwa yo.

Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bagaragaje ko mbere bafatwaga nk’umutwaro ku muryango none ubu bakaba barahawe agaciro n’amahirwe yo kwiteza imbere nk’abandi.

Uwimana Alphonsine, ufite ubumuga bwo kutumva, avuga ko batanga umusaruro ufatika, ndetse ko abakoresha babo bashimishwa n’uburyo batunganya inshingano zabo.

- Advertisement -

Ati: “Ubona uruganda ruri gutera imbere, ibi bitwereka ko amahirwe atangwa ku bantu bose, kandi natwe twashoboye kwiteza imbere.”

Muhozi Kenneth, umusemuzi w’ururimi rw’amarenga muri Masaka Farms, avuga ko muri uru ruganda n’abandi bakozi bigishwa uru rurimi kugira ngo barusheho gukorana na bagenzi babo neza.

Ati: “Bafite umwihariko wo kunoza akazi kabo neza, nta byo kurangara. Ndatekereza ko umusaruro twagize ubu bitabayeho abafite ubumuga, tutari kuwugeraho.”

Esther Muthee, Umuyobozi w’Ibikorwa muri Masaka Farms, avuga ko icyerekezo cy’uruganda cyibanda ku guha amahirwe abantu bose, cyane cyane abafite ubumuga, abagore, n’urubyiruko.

– Advertisement –

Ati ” Abakozi barenga 60% dukoresha ni abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kandi batanga umusaruro ushimishije.”

Titianne Donde, Umuyobozi Mukuru w’Umushinga Kungahara Wagura Amasoko, avuga ko Amerika ibinyujije muri USAID yiyemeje guteza imbere iterambere ridateza imbere umwe ngo risige undi inyuma.

Ati ” Mu myaka ibiri ishize, USAID yashyizeho politiki y’uburinganire n’iy’uburenganzira bw’abafite ubumuga kugira ngo abagore, abakobwa, abahungu n’abagabo barimo n’abafite ubumuga bagire amahirwe angana yo kugira uruhare no kungukira mu iterambere ry’igihugu.”

Uruganda rwa Masaka Farms rwatangiye rutunganya litiro 500 z’amata ku munsi ubu rugeze kuri litiro ibihumbi 7 by’amata, rufite intumbero yo gukora ibihumbi 10 ku munsi.

Ibarura rusange ry’abaturage rya gatanu mu Rwanda ryo mu 2022 ryagaragaje ko abafite ubumuga bari hejuru y’imyaka itanu mu Rwanda, ari ibihumbi 391,775 kandi ko muri bo, abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ari ibihumbi 66,272.

Uru ruganda rukora ibinyobwa bikomoka ku mbuto no ku mata
USAID niyo itera inkunga uyu mushinga wo kudaheza abafite ubumuga n’abandi.
TAGGED:AbafitefeaturedMasakaUbumugaUSAID
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubudage Bugiye Guha u Rwanda Miliyari Frw 30
Next Article RIB Yafunze Abakobwa Bakoreye Umurundi Iyicarubozo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?