Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Batatu Bamaze Gupfa, 33 Bari Mu Bitaro Bazira Ibisasu Byaturikiye i Kampala
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Batatu Bamaze Gupfa, 33 Bari Mu Bitaro Bazira Ibisasu Byaturikiye i Kampala

admin
Last updated: 16 November 2021 2:55 pm
admin
Share
SHARE

Polisi ya Uganda yemeje ko abantu batatu biturikirijeho ibisasu kuri uyu wa Kabiri mu murwa mukuru Kampala, byica abasivili batatu naho abandi 33 barakomereka, ubu barimo kwitabwaho mu Bitaro bya Mulago.

Ni ibitero byabaye bikurikirana kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2021, kuko icya mbere cyabaye ahagana saa 10:03′ z’i Kampala – saa 09:03′ ku isaha y’i Kigali – ikindi kiba nyuma y’iminota itatu gusa.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda CP Fred Enanga yabwiye abanyamakuru ko igitero cya mbere cyagabwe hafi y’aho basakira abantu binjira muri sitasiyo ya Polisi ya Kampala (Central Police Station).

Ati “Ubwo twasuzumaga amashusho yafashwe na camera nyuma ya kiriya gitero, agaragaza neza uburyo umugabo wambaye ikoti ry’umukara uhetse igikapu mu mugongo yaturikije igisasu yari afite, gihita kimuhitana.”

Ibisate by’igisasu ngo byageze muri metero 30 uvuye aho cyaturikiye.

Enaga yakomeje ati “Abandi bantu babiri byemejwe ko bahitanwe n’icyo gitero cy’ubwiyahuzi cyabereye imbere ya sitasiyo ya Polisi. Abahise bajyanwa mu bitaro bakomeretse bari 17, bari hagati y’aho cyaturikiye n’ahakirirwa abantu muri sitasiyo ya polisi.”

Icyo gisasu kandi cyanakomerekeje abantu bari mu nyubako yegereye hafi aho.

Nyuma y’iminota itatu gusa, saa 10:06 ikindi gisasu cyahise giturikira ku muhanda ugana mu Nteko ishinga amategeko, imbere y’inyubako ikoreramo Jubilee Insurance.

CP Enanga yakomeje ati “Abiyahuzi babiri bitwaje ibisasu bagaragaye bari kuri moto ebyiri bigize nk’abamotari. Baturikije ibisasu bari bafite bihita bibahitana.”

Yavuze ko abahanga mu bijyanye n’ibisasu no gukusanya ibimenyetso bya gihanga bakirimo gusesengura aho biriya bisasu byaturikiye, kugira ngo hamenyekane imibare nyakuri y’abitabye Imana n’abakomeretse.

Ibyo ngo biraterwa n’uko bagiye babona ibice byinshi by’umubiri byacikaguritse, nubwo byinshi bikekwa ko ari iby’abagabye ibitero.

CP Enanga yakomeje ati “Ariko uretse abagabye igitero cy’ubwiyahuzi ku muhanda ugana ku Nteko, twavuga ko hari undi mubiri dukeka ko ari uw’umusivili, ku buryo kugeza ubu turimo kubara imibiri itatu y’abantu bapfuye, abiyahuzi batatu biyishe ubwabo, naho umubare w’abakomeretse bajyanywe mu Bitaro by’icyitegererezo bya Mulago na wo wazamutse ugeze ku bantu 33.”

Mu bakomeretse ngo harimo batanu bakomeretse bikomeye.

Ni ibitero yavuze ko ari iby’iterabwoba, bikekwa ko byagabwe n’umutwe wa ADF ukorera mu Burasirazuba bwa Congo ariko ukagira abantu bakorana bari imbere mu gihugu.

Ibyo ngo babirebera mu bisasu bakoresha n’uburyo bifashisha mu kubituritsa bujya kuba bumwe.

Ibi bitero bibaye nyuma y’iminsi 22 habaye ikindi gitero cy’umwiyahuzi witurikirije mu modoka ya Swift Safaris, igisasu gihitana uwari ugifite gusa.

Mbere yaho gato ikindi gisasu cyaturikiye mu kabari gihitana umuntu umwe kigakomeretsa abandi batatu, mu Mujyi wa Kampala.

CP Enanga yasabye abaturage kwitwararika kubera ko ubwoba bw’ibitero by’ibisasu buri hejuru, nubwo Polisi ikomeje kugerageza ibishoboka byose ngo ibiburizemo.

Yavuze ko mu minsi mike ishize habaruwe ibigera ku 150, aho hari ibisasu byinshi byasenywe hirya no hino mu gihugu.

Yavuze ko Polisi n’izindi nzego z’umutekano barimo gukora ibishoboka byose ngo bahashye ibi bikorwa bahamya ko birimo gukorwa n’umutwe wa ADF.

Ni ibitero yavuze ko bitumbereye buri muturage wese wa Uganda, ku buryo bagomba gufatanya mu kubihashya.

 

 

 

 

TAGGED:ADFfeaturedIterabwobaKampalaPolisi ya UgandaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hagiye Gushyirwaho Ikigega Nyafurika Giteza Imbere Ubuhinzi Bw’Ikawa
Next Article Gen Haftar Yiyamamarije Kuyobora Libya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?