Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Batatu Mu Bakozi Ba Hafi Ba Museveni Banduye COVID-19, Nawe Arongera Ayisuzumwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Batatu Mu Bakozi Ba Hafi Ba Museveni Banduye COVID-19, Nawe Arongera Ayisuzumwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 October 2021 2:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko hari abakozi batatu bo mu Biro Bya Perezida Museveni bapimwe bagasanganwa ubwandu bwa COVID-19 ubwo bari bavuye i Dubai, Abu Dhabi na Addis Ababa, Umuganga we bwite yavuze ko nawe agomba kongera kuyisuzumwa.

Bariya bakozi bari bavuye  muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu aho bari baraherekeje Perezida Yoweli Museveni  mu muhango wo gufungura imurikagurisha mpuzamahanga riri kuhabera.

Ni imurikagurisha rizamara amezi atandatu, Uganda ikaba ihafite icyumba imurikiramo ibyo ikora.

Umuganga bwite wa Perezida Museveni witwa Dr Joseph Okiria yaraye yanditse kuri Twitter ko bariya bakozi basanzwemo ubwandu bwa kiriya cyorezo ubwo bari bakubutse mu ruzinduko bari bajyanyemo n’Umukuru wa Uganda.

Yanditse ati: “ Nyuma y’uruzinduko bari bajyanyemo na Perezida i Dubai, Abu Dhabi bagaca no muri Addis Ababa, abakozi batatu bo mu Biro by’Umukuru w’igihugu basanganywe ubwandu bwa COVID-19.”

Okiria  yavuze ko abagaragaweho ubwandu bashyizwe mu kato.

Dr Joseph Okiria yunzemo ko  nyuma y’uko bariya bakozi bapimwe bikagaragara ko banduye, na Perezida Museveni yarapimwe basanga ataranduye, ariko ngo agomba kongera gupimwa.

Muri iki gihe abaturage ba Uganda ntibari kwandura kiriya cyorezo cyane kuko umubare w’abandura ku munsi uri munsi y’abantu ijana.

Minisiteri y’ubuzima ya Uganda yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu umubare w’abanduye kiriya cyorezo mu gihugu hose ari abantu 124,437 kuva kiriya cyorezo cyagera yo muri Werurwe, 2020.

Kimaze guhitana abantu 3,172 abagera ku 96,237 baragikize.

TAGGED:COVID-19featuredImurikagurishaMuseveniUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuba Qatar Yafunguye Ambasade Mu Rwanda Bivuze Ikintu Kinini
Next Article I Rusizi Hafatiwe ‘Umwana’ Ukora Impushya Zo Gutwara Ibinyabiziga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?