Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Batwitse Korowani
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Batwitse Korowani

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2023 9:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imyagaragambyo imaze iminsi muri Suwede yafashe indi ntera ubwo abari bayirimo batwikaga igitabo gitagatifu cya Islam kitwa Korowani. Byarakaje abasilamu biganjemo abo muri Turikiya.

Ubutegetsi bw’i Ankara bwarakaye k’uburyo bwabwiye ubw’i Stockholm ko Minisitiri w’aho w’ingabo wari ufite uruzinduko i Ankara ngo barebere hamwe n’abaho uko Suwede yajya muri OTAN atacyemerewe kuhagera.

Minisitiri w’ingabo wa Suwede yitwa Pal Jonson.

Turikiya yavuze ko ibyo kuyisura nta cyo bikivuze.

Iki gihugu kimaze iminsi cyaritambitse ubusabe bwa Suwede n’ubwa Finland bwo kwemererwa kujya muri OTAN.

Impamvu y’iyi byose ngo ni uko Suwede icumbikiye bamwe mu barwanya ubutegetsi bwa Ankara barimo aba Kurds.

Isaba ko abo bantu bakoherezwa iwabo, bakaburanishwa.

Suwede na Finland byasabye kujya muri OTAN muri Gashyantare, 2022 nyuma y’uko u Burusiya batangije intambara kuri Ukraine.

Ibi bihugu byatanze buriya busabe byanga ko ejo u Burusiya bwazabihindukirana bikabura gitabara.

Nyuma y’uko ubu busabwe bwitambitswe na Turikiya, abaturage ba Suwede barigarambije bamagana imyitwarire ya Turikiya.

Byaje gufata indi ntera kuri uyu wa Gatandatu taliki 21, Mutarama, 2023 ubwo umwe mu batavuga rumwe na Leta ya Turikiya uba i Stockholm witwa Rasmus Paludan, yatwikiraga Korowani imbere ya Ambasade ya Turikiya muri Suwede.

Gutwika korowani ni ugukora ishyano kandi abisilamu bavuga ko ubikoze yabigambiriye aba atandukiriye cyane.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Turikiya yavuze ko gutwika Korowani byagaragaje ko urwango u Burayi bufitiye Abisilamu ruri ku ntera yo hejuru.

TAGGED:AmbasadeBurayifeaturedImyigaragambyoKorowaniSuwedeTurikiya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article AKUMIRO: Musenyeri Aravugwaho Kwemerera Abakirisitu Gusambanira ‘Muri Cathedral’
Next Article Harmonize Yaje Mu Rwanda ‘Kwitemberera’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?