Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bavuga Ko RAB Yabahaye Imbuto Y’Ibishyimbo Itera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Bavuga Ko RAB Yabahaye Imbuto Y’Ibishyimbo Itera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2024 11:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Rusizi hari abaturage bavuga ko bahawe imbuto y’ibishyimbo bigufi n’ibishingirirwa ngo bongere umusaruro w’ibishyimbo. Ababihawe bo mu Murenge wa Gitambi babanje kwishimira iyo mbuto, bizeye ko izabaha umusaruro ufatika.

Bumvaga ko nibeza bazarya bagahaga bakanasagurira isoko.

Icyakora ibyishimo byabo ntibyarambye kubera ko umusaruro wabyo warumbye.

Umwe muri bo yabwiye bagenzi bacu ba  RBA bakorera yo ko bahombye kabiri: bahomba umurima bahinzemo ibyo bishyimbo ntibyera ariko banahomba amafaranga bahaye ba nyakabyizi ngo babafashe kubihinga.

Hari uwavuze ko ku yateye biriya bishyimbo kuri hegitari n’igice ayisaruramo ibilo bibiri( 2kgl).

Undi avuga ko ku buso bungana na hegitari yari yateyeho ibyo bishyimbo, yahasaruye ibilo bitarenze bitatu.

Ikibabaje nk’uko umunyamakuru wakurikiye iki kibazo abyemeza, ni uko ababihinze bwa mbere byanze kwera ndetse n’ababisubijemo bwa kabiri nabwo biba uko.

Aba bahinzi bavuga ko impamvu bakeka ko yaba yaratumye iriya mbuto irumba ari uko RAB yayibahaye itarabanje kuyigeragereza ku butaka bwa Rusizi.

Babishingira ku ngingo y’uko izindi mbuto z’ibigori cyangwa indi myaka  bahawe mbere zo zeze neza.

Umwe ati: “ Bajye baza babanze bageragereze ku butaka bwacu kuko nk’ibigori byo byareze kuko bari barabanje kubihageragereza imbuto; ariko ibishyimbo rwose baduhaye ntabwo byigeze bitanga umusaruro.”

Mugenzi we avuga ko iyo ibishyimbo bigikura, usanga byera neza bikaraba ariko igihe cyo kuzana imiteja n’imisogwe cyagera bikabora.

RBA ivuga ko yabonye amakuru y’uko nyuma y’uko bigaragaye ko biriya bishyimbo byaboze, Ikigo kita ku buhinzi n’ubworozi, RAB, cyafashe ibipimo ngo kijye kureba impamvu ariko kuva ubwo ngo abaturage ntibamenye icyavuye muri ubwo bushakashatsi.

Taarifa iracyategereje icyo RAB ivuga kuri iyi ngingo…

TAGGED:featuredIbishyimboImbutoRABRusiziUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mossad Iti: ‘ Uwagize Uruhare Wese Mu Gitero Kuri Israel Ubwe Yikatiye Urwo Gupfa’
Next Article Gicumbi: Umukozi W’Umurenge Yibwiye Umugore We Ko Agiye Kwiyahura Birapfuba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?