Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bavuga Ko RAB Yabahaye Imbuto Y’Ibishyimbo Itera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Bavuga Ko RAB Yabahaye Imbuto Y’Ibishyimbo Itera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2024 11:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Rusizi hari abaturage bavuga ko bahawe imbuto y’ibishyimbo bigufi n’ibishingirirwa ngo bongere umusaruro w’ibishyimbo. Ababihawe bo mu Murenge wa Gitambi babanje kwishimira iyo mbuto, bizeye ko izabaha umusaruro ufatika.

Bumvaga ko nibeza bazarya bagahaga bakanasagurira isoko.

Icyakora ibyishimo byabo ntibyarambye kubera ko umusaruro wabyo warumbye.

Umwe muri bo yabwiye bagenzi bacu ba  RBA bakorera yo ko bahombye kabiri: bahomba umurima bahinzemo ibyo bishyimbo ntibyera ariko banahomba amafaranga bahaye ba nyakabyizi ngo babafashe kubihinga.

Hari uwavuze ko ku yateye biriya bishyimbo kuri hegitari n’igice ayisaruramo ibilo bibiri( 2kgl).

Undi avuga ko ku buso bungana na hegitari yari yateyeho ibyo bishyimbo, yahasaruye ibilo bitarenze bitatu.

Ikibabaje nk’uko umunyamakuru wakurikiye iki kibazo abyemeza, ni uko ababihinze bwa mbere byanze kwera ndetse n’ababisubijemo bwa kabiri nabwo biba uko.

Aba bahinzi bavuga ko impamvu bakeka ko yaba yaratumye iriya mbuto irumba ari uko RAB yayibahaye itarabanje kuyigeragereza ku butaka bwa Rusizi.

Babishingira ku ngingo y’uko izindi mbuto z’ibigori cyangwa indi myaka  bahawe mbere zo zeze neza.

Umwe ati: “ Bajye baza babanze bageragereze ku butaka bwacu kuko nk’ibigori byo byareze kuko bari barabanje kubihageragereza imbuto; ariko ibishyimbo rwose baduhaye ntabwo byigeze bitanga umusaruro.”

Mugenzi we avuga ko iyo ibishyimbo bigikura, usanga byera neza bikaraba ariko igihe cyo kuzana imiteja n’imisogwe cyagera bikabora.

RBA ivuga ko yabonye amakuru y’uko nyuma y’uko bigaragaye ko biriya bishyimbo byaboze, Ikigo kita ku buhinzi n’ubworozi, RAB, cyafashe ibipimo ngo kijye kureba impamvu ariko kuva ubwo ngo abaturage ntibamenye icyavuye muri ubwo bushakashatsi.

Taarifa iracyategereje icyo RAB ivuga kuri iyi ngingo…

TAGGED:featuredIbishyimboImbutoRABRusiziUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mossad Iti: ‘ Uwagize Uruhare Wese Mu Gitero Kuri Israel Ubwe Yikatiye Urwo Gupfa’
Next Article Gicumbi: Umukozi W’Umurenge Yibwiye Umugore We Ko Agiye Kwiyahura Birapfuba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?