Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bazanye Ikoranabuhanga Rifasha Abanyeshuri Kubona Ibikoresho By’Isuku
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Bazanye Ikoranabuhanga Rifasha Abanyeshuri Kubona Ibikoresho By’Isuku

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 June 2024 1:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abo mu ihuriro bise Dope Initiatives bagize igitekezo cyo gufasha abakobwa biga mu mashuri yisumbuye kubona udukoresho tw’isuku two kwifashisha mu gihe cy’imihango. Umwe muri bo witwa Gaelle Abi Gisubizo avuga ko babikoze kuko bazi neza ko abakobwa baturuka mu miryango ikennye bakunze kubura biriya bikoresho.

Kugira ngo abakobwa bahabwe ibyo bikoresho, bababanza no gukora irushanwa mu mukino wiswe Keza Quiz.

Ni umukino utuma basabana ariko bakanakarishya ubwenge binyuze mu gukoresha ikoranabuhanga.

Abakora mu Ihuriro Dope Initiatives bavuga ko bakorana n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC.

Mu gutegura ayo marushanwa, hibandwa no ku byiciro by’imyaka abantu bafite.

Gahunda y’iri huriro yo guha abakobwa ibikoresho by’isuku yatangirijwe mu Karere ka Gisagara ku kigo cya Groupe Scolaire Sainte Bernadette de Save.

Ubwo yatangizwaga, abanyeshuri basobanuriwe uko imihango ya gikobwa ibe, ikiyitera n’uburyo bwo kwigirira isuku mu gihe ije.

Mu guhugurwa kuri iyi ngingo, abanyeshuri bakoze amatsinda abiri, buri tsinda rigizwe n’abantu batandatu.

Babanje gusobanurirwa uko imihango iteye, uko umukobwa yifata iyo ayirimo n’uburyo yikorera isuku nyuma habaho irushanwa bise Keza Game Quiz.

Umwana wahize abandi yahembwe mudasobwa igendanwa, ariko n’abandi barahembwe.

Kuri uwo munsi kandi abakobwa 374 bahawe ibikoresho by’isuku nk’uko bari babiteguriwe.

Gaelle Abi Gisubizo avuga ko babikoze kuko bazi neza ko abakobwa baturuka mu miryango ikennye bakunze kubura biriya bikoresho.

Ubusanzwe umukobwa udafite ibikoresho by’isuku aba afite ipfunwe kuko aba yiyanduje bikamubuza kwisanzura mu bandi.

Gaelle Abi Gisubizo avuga ko iyo mu ihuriro Dope Initiatives Ltd biyemeje ari uguharanira ko nta mukobwa uterwa ipfunwe ni uko nta bikoresho by’isuku afite.

Kutagira ibyo bikoresho kandi bibuza bamwe muri bo kwitabira amasomo bikagira ingaruka ku myigire yabo.

Umubikira uyobora ishuri rya St Bernadette ry’i Gisagara ashima abagize kiriya gitekerezo kuko cyatumye abanyeshuri bo ku kigo ayobora biga batuje.

Avuga ko byagize uruhare runaka mu kuzamura imitsindire yabo.

Abanyeshuri nabo bashima ababazaniye iriya gahunda kuko ibunganira mu mibereho yabo ku ishuri no mu mitsindire.

TAGGED:AbakobwaAmashuriIsuku
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Trump Yaraye Abijije Biden Icyokere
Next Article Rusizi: Urubyiruko Rwabukereye Ngo Rwumve ‘Daddy’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukerarugendoUbukungu

Kinigi: Abaturiye Ahazagurirwa Pariki Bahawe Uburyo Bwo Kwihaza Mu Biribwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?