Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Béatrice Munyenyezi Wari Warahungiye Muri Amerika Yageze Mu Maboko Ya RIB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Béatrice Munyenyezi Wari Warahungiye Muri Amerika Yageze Mu Maboko Ya RIB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2021 10:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Béatrice Munyenyezi wabaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagejejwe mu Rwanda, aho agomba gukurikiranwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Munyenyezi yagejejwe ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, atwawe n’indege ya KLM. Yahise yakirwa n’abapolisi n’umugenzacyaha bari bamutegereje.

Munyenyezi ni umugore wa Arsène Shalom Ntahobari, umuhungu wa Pauline Nyiramasuhuko wari Minisitiri w’umuryango muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Nyiramasuhuko n’umuhungu we bahamijwe ibyaha n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, ICTR.

Uwo mugore yageze muri Amerika mu 1998 avuga ko nta ruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Haje kuboneka ibimenyetso ko yayigizemo uruhare, mu 2013 urukiko rumuhamya ko yabeshye inzego z’abinjira n’abasohoka ngo ahabwe ubwenegihugu, akatirwa gufungwa imyaka 10.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yaje kujuririra icyo gihano ariko mu 2017 urukiko rushimangira ko kigumaho, cyarangira akazoherezwa mu Rwanda ngo akurikiranweho uruhare rwe muri Jenoside.

RIB yemeje ko yamaze gufunga Munyenyezi.

Iti “Munyenyezi akurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo gutegura no gucura umugambi wo gukora jenoside, kurimbura nk’icyaha cyibasiye inyoko muntu ndetse n’ubufatanyacyaha mu gusambanya ku gahato byakorewe mu cyahoze ari Komini Ngoma na Mukura muri Perefegitura ya Butare.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside, Dr Bizimana Jean Damascène, aheruka kuvuga ko hari ibimenyetso byinshi bishinja uwo mugore.

Ati “Beatrice Munyenyezi yahakanye ko nta ruharte yigeze agira muri jenoside, yinjiye muri Amerika mu 1998, nyuma biza kugaragara ko akekwaho uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi mu cyahoze ari umujyi wa Butare, cyane cyane bariyeri yari iri hafi y’urugo rw’iwabo.”

- Advertisement -

“Yakoragaho Interahamwe nyinshi zari ziyobowe na nyirabukwe Nyiramasuhuko Paulina wari Minisitiri w’umuryango kuva mu 1992-1994 ndetse n’umugabo we witwa Arsène Shalom Ntahobari, iyo bariyeri ni bamwe mu bayigaragayeho cyane, n’uwari perefe wa Butare, Yozefu Kanyabashi n’abandi.”

Yavuze ko hari ubuhamya bwinshi bugaragaza uruhare yagize muri Jenoside, buzakusanywa bukifashishwa mu kumushinja mu rukiko.

Munyenyezi yakuwemo amapingu bamuzanyemo, yambikwa ay’u Rwanda
TAGGED:BizimanafeaturedMunyenyeziNtahobaliNyiramasuhuko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Touadéra Yambitse Imidali Abasirikare B’u Rwanda
Next Article Amerika Yafatiye Ibihano Abayobozi Bakomeye Ba Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?