Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Benin: Haburaga Gato Ngo Habe Coup D’Etat
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Benin: Haburaga Gato Ngo Habe Coup D’Etat

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 September 2024 1:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Batatu barimo uwari ushinzwe umutekano wa Perezida wa Benin Patrice Talon bafunzwe bakekwaho gutegura umugambi wo kumuhirika ku butegetsi.

Umushinjacyaha mukuru muri iki gihugu avuga ko undi muri abo batatu wafashwe yari yarigeze kuba Minisitiri muri Guverinoma y’iki gihugu cyo mu Burengerazuba bw’Afurika.

Elonm Marion Metonou ushinzwe ubushinjacyaha bukuru bw’iki gihugu avuga ko uwahoze ari Minisitiri wa Siporo witwa Oswald Homeky yafashwe kuwa Kabiri ari guha umukuru w’umutwe w’ingabo zirinda Perezida imifuka itandatu(6) y’amafaranga.

BBC Gahuza yanditse ko abakora iperereza basanze Colonel Djimon Dieudonné Tévoédjrè yari arimo guhabwa ruswa kugira ngo atazabangamira iryo hirika ry’ubutegetsi.

Byari biteganyijwe ko guhirika ubutegetsi bwa Talon bizakorwa kuri uyu wa Gatanu taliki 27, Nzeri, 2024.

Umuntu wa gatatu wafunzwe ni umucuruzi witwa Olivier Boko usanzwe ari inshuti ya hafi ya Perezida Patrice Talon, akaba yari amaze igihe gito atangarije mu ruhame ko ashaka kujya muri politiki.

Ababuranira uyu muherwe bavuga ko ifatwa rye ridahuje n’ubutabera, ko akwiye guhita arekurwa.

Ubusabe bwabo ntiburubahirizwa kandi ubushinjacyaha buvuga ko iperereza ryo kumenya niba hari abandi bari muri uyu mugambi rigikomeje.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ivuga ko Bénin, yahoze ishimagizwa nk’igihugu kirimo demokarasi y’amashyaka menshi, yarushijeho kujya mu nzira y’ubutegetsi bw’igitugu ku butegetsi bwa Perezida Talon.

Talon aherutse gutangaza ko ataziyamamariza manda ya gatatu mu matora yo mu mwaka wa 2026.

Haburaga igihe gito ngo Talon akorerwe coup

Mu myaka hafi ine igiye gushira, mu Burengerazuba bw’Afurika hamaze kuba Coup d’états umunani zikozwe n’abasirikare.

Hari n’izindi zapfubye!

TAGGED:BéninCoupEtatfeaturedIgisirikarePatriceUmucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Omar Al Bashir Ararembye
Next Article Sen Kalinda Yongeye Gutorerwa Kuyobora Sena Y’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

You Might Also Like

Ubumenyi N'Ubuhanga

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?