Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bibiliya Idasanzwe: Irimo Itegeko Nshinga Rya Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Amadini N'Iyobokamana

Bibiliya Idasanzwe: Irimo Itegeko Nshinga Rya Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 May 2021 10:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
AppleMark
SHARE

Abanyamerika bari hafi gusohora Bibiliya bise ‘Mana Ha Umugisha Amerika’, aya magambo akaba aboneka mu Itegeko nshinga rya Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Ni Bibiliya yamaze gutumizwa n’abantu benshi muri kiriya gihugu ariko abenshi bakaba biganje muri Leta 30 ziri muri  50 zigize Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Biteganyijwe ko iriya Bibiliya izatangazwa ku mugaragaro tariki 11, Nzeri, 2021 ubwo Abanyamerika bazaba bibuka ibitero bagabweho n’abarwanyi ba Al Qaeda kuri iriya tariki mu mwaka wa 2001.

Ubwo inkuru y’uko iriya Bibiliya yatangazwaga bwa mbere, bari bamwe mu Banyamerika bavuze ko ije kuzamura urwango Abayisilamu ‘bamwe na bamwe’ bari bafitiye Amerika kuko ije  kwerekana ko Amerika ari igihugu kigendera ku Bukirisitu kurusha irindi dini.

The Washington Post yanditse ko muri yo hazabonekamo imirongo y’indirimbo y’umuhanzi witwa Lee Greenwood yise ‘God Bless The USA, iyi ikaba yarasohotse nyuma gato ya bya bitero twavuze haruguru byakozwe tariki 11, Nzeri, 2001.

Kugeza ubu hari abantu 600 bamaze kuyitumiza, bose hamwe bakaba bararangije kwishyura ibihumbi 49$.

Abaturage bayitumije biganjemo abo muri Leta ya Pennsylvania, Tennessee, Florida na  Texas.

Bwana Kirkpatrick uyobora Ikigo cyacapye iriya Bibiliya avuga ko babikoze mu rwego rwo kwigisha abana b’Abanyamerika amateka y’igihugu cyabo, amateka avuga ko azabagirira akamaro, akabereka ko Abanyamerika bose ari ‘bene mugabo umwe.’

Hari abavuga ko bigamije kwereka abantu ko Ijambo ry’Imana hamwe n’Itegeko nshinga ry’Amerika byose bifite isoko imwe, ari yo ‘gukumekwa n’Imana’.

Uku ‘ guhumekwa n’Imana’(Books inspired by God) bisa n’ibishaka kwereka Isi ko Imana ikunda kandi yiteguye kurinda Amerika.

Hari umuhanga mu mibanire y’abantu witwa Butler uvuga ko kugereranya Bibiliya( igitabo abantu bemera ko cyahumetswe n’Imana) n’Itegeko nshinga( inyandiko irimo amategeko yanditswe n’abantu) ari ikintu kizarakaza bamwe mu Bakirisitu.

Mu mateka y’Ubukurisitu bw’Abanyamerika ariko, si ubwa mbere bakoze Bibiliya bitirira umwihariko wabo.

Hari indi Bibiliya bise  “The American Patriot’s Bible” yanditswe na  Thomas Nelson n’indi Bibiliya bise  “The Green Bible” yatangajwe n’uwitwa  Zondervan.

Hari n’indi iherutse gutangazwa yiswe Bible For Teenagers.

Abanyamerika bumva ko igihugu cyabo cyabayeho kubera umugambi w’Imana.

Bemera badashidikanya ko kuba ari ibihangange ku isi Imana nayo yabigize mo uruhare rutaziguye.

Hari umunyamateka witwa Aaron L Griffith wanditse ko Abanyamerika bemera ko ibyaranze amateka yabo byari mu mugambi w’Imana kandi uyu mugambi wari uhuye n’uwo Imana yari ifitiye kandi igifitiye Israel.

Ku rundi ruhande ariko avuga ko bigoye kwiyumvisha ukuri kw’abavuga biriya kuko bisa n’aho Imana mu mugambi wayo wo kugira Amerika igihangange yabayarashyize mo n’ubucakara bwakorewe Abirabura.

Ikindi cyerekana ko Abanyamerika bifata nk’abana b’Imana nyiribiremwa ni uko no mu kirangantego cyabo hari ijisho riri hejuru mwiburungushure wo mu Misiri( Pyramid of Egypt) rireba imbere bise ‘Ijisho ry’Umunyampuhwe'( Eye of the Providence).

Ikirangantego gikuru cya USA. Gifite urundi ruhande rwacyo rurimo rufite ijisho bivugwa ko ari iry’Imana icungira Amerika ngo idahungabana

Iri jambo kandi rishatse kuvuga ko ‘Imana izakomeza gushyigikira ibikorwa bya USA'( He favors our Undertakings).

Kugira ngo ikirangantego cya Amerika cyemerwe, byasabye ko abantu barenga bane bakora igishushanyo cyacyo, ukizanye kigasuzumwa na Sena y’Amerika ikacyanga, gutyo gutyo…kugeza muri 1782 ubwo cyemerwaga gitunganyijwe n’uwitwa William Barton.

Benjamin Franklin, Thomas Jefferson, na John Adams nibo bashushanyije ikirangantego cya mbere ariko nticyemerwa. Icyo gihe hari muri Nyakanga, 1776.

Iri jisho ngo ni iry’Imana ricungira Amerika
TAGGED:AbaturageAmerikaBibiliyafeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mali Yakomanyirijwe
Next Article Indege Ya Kenya Niyo Yagejeje Perezida W’U Burundi I Nairobi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?