Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biciye Umuntu Hafi Y’Ibiro By’Akarere Ka Kamonyi 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Biciye Umuntu Hafi Y’Ibiro By’Akarere Ka Kamonyi 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2025 12:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abantu batahise bamenyekana bategeye umuntu inyuma y’Ibiro by’Akarere ka Kamonyi bamukubita icyuma mu mutwe agwa kwa muganga.

Byaraye bibereye mu Mudugudu wa Ryabitana, Akagari ka Gihinga, Umurenge wa Gacurabwenge ahitwa ‘Kwa Mugihigi’.

Ikinyamakuru Intyoza kivuga ko uwakorewe ibya mfura mbi yitwa Nsengimana Jean Baptiste w’imyaka 45 y’amavuko.

Yari atashye saa tatu n’igice abantu bamukurikira bari ku igare, ajya muri Butike guhaha asohokamo yerekeza iwe nyuma baramwitambika, bamukubita icyuma(Fer a Beton) mu mutwe, bamuta munsi y’umukingo.

Bahise bamutwara ibyo bamusanganye keretse urufunguzo rw’imodoka rwaje gushyikirizwa Mudugudu nawe akayiha Komanda wa Polisi.

SP Emmanuel Habiyaremye uvugira Polisi mu Ntara y’Amajyepfo ati: “ Nsengimana Jean w’imyaka 45 yakubiswe arakomeretswa biza kumuviramo urupfu ubwo yari agejejwe ku kigo nderabuzima cya Kamonyi. Nyuma umurambo wajyanywe ku bitaro bya Rukoma gusuzumwa”.

Avuga ko Polisi yafashe abantu batatu barimo abasore babiti n’umudamu umwe bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gacurabwenge bakekwaho uruhare muri ubwo bwicanyi.

Polisi yibutsa abagizi ba nabi ko nta buhungiro bafite mu Rwanda kuko izabashakisha ikabafata bakagezwa mu butabera.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye asaba buri wese kumva ko ubufatanye mu gukumira no kurwanya ibyaha bimureba.

TAGGED:AbagiziAmajyepfoIcyumaKamonyiNabiPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC Yakubye Gatatu Umushahara W’Abasirikare N’Abapolisi
Next Article U Rwanda Rwasezereye Abadipolomate Bose B’Ububiligi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?