Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biciye Umuntu Hafi Y’Ibiro By’Akarere Ka Kamonyi 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Biciye Umuntu Hafi Y’Ibiro By’Akarere Ka Kamonyi 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2025 12:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abantu batahise bamenyekana bategeye umuntu inyuma y’Ibiro by’Akarere ka Kamonyi bamukubita icyuma mu mutwe agwa kwa muganga.

Byaraye bibereye mu Mudugudu wa Ryabitana, Akagari ka Gihinga, Umurenge wa Gacurabwenge ahitwa ‘Kwa Mugihigi’.

Ikinyamakuru Intyoza kivuga ko uwakorewe ibya mfura mbi yitwa Nsengimana Jean Baptiste w’imyaka 45 y’amavuko.

Yari atashye saa tatu n’igice abantu bamukurikira bari ku igare, ajya muri Butike guhaha asohokamo yerekeza iwe nyuma baramwitambika, bamukubita icyuma(Fer a Beton) mu mutwe, bamuta munsi y’umukingo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bahise bamutwara ibyo bamusanganye keretse urufunguzo rw’imodoka rwaje gushyikirizwa Mudugudu nawe akayiha Komanda wa Polisi.

SP Emmanuel Habiyaremye uvugira Polisi mu Ntara y’Amajyepfo ati: “ Nsengimana Jean w’imyaka 45 yakubiswe arakomeretswa biza kumuviramo urupfu ubwo yari agejejwe ku kigo nderabuzima cya Kamonyi. Nyuma umurambo wajyanywe ku bitaro bya Rukoma gusuzumwa”.

Avuga ko Polisi yafashe abantu batatu barimo abasore babiti n’umudamu umwe bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gacurabwenge bakekwaho uruhare muri ubwo bwicanyi.

Polisi yibutsa abagizi ba nabi ko nta buhungiro bafite mu Rwanda kuko izabashakisha ikabafata bakagezwa mu butabera.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye asaba buri wese kumva ko ubufatanye mu gukumira no kurwanya ibyaha bimureba.

- Advertisement -
TAGGED:AbagiziAmajyepfoIcyumaKamonyiNabiPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC Yakubye Gatatu Umushahara W’Abasirikare N’Abapolisi
Next Article U Rwanda Rwasezereye Abadipolomate Bose B’Ububiligi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?