Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biden Yahariye Kamala Harris Ngo Aziyamamaze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Biden Yahariye Kamala Harris Ngo Aziyamamaze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2024 7:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Joe Biden wari warahakanye agatsemba ko atazareke kwiyamamariza kongera kuyobora Amerika, yavuye ku izima aharira Visi Perezida we Harris Kamala.

Kamala Harris wari Visi-Perezida niwe uzahagararire ishyaka ry’ Abademokarate mu matora azaba ahanganyemo na Donald Trump.

Abademukarat bakomeye barimo n’abategetse Amerika batangaje ko bashyigikiye Harris, abo bakabamo na Bill Clinton wahoze ayobora Amerika.

Ubwo yatangazaga ko avuye mu byo kwiyamamaza, Joe Biden yanditse kuri X  ati “Nshuti zanjye z’Abademokarate, nafashe icyemezo cyo kutemera ubusabe (bwo kwiyamamariza kuba Perezida), ingufu zanjye zose nzishyize mu gihe nsigaje nka Perezida”.

Biden avuga ko ubwo yari amaze gutorwa nka Perezida w’ishyaka rya Demokarate mu mwaka wa 2020 yahise agira Kamala Harris Visi Perezida kandi ngo kiriya ni kimwe mu byemezo byiza yafashe.

Ati “Uyu munsi ndashaka guha ubufasha bwanjye, n’amahirwe Kamala akaba ari we uzahagararira ishyaka ryacu uyu mwaka. Ba Demokarate ni cyo gihe ngo twunge ubumwe, ubundi dutsinde Trump. Mureke tubikore”.

Uwo Trump bavuga ko bazatsinda nawe ntiyoroshye kuko yigeze kuyobora Amerika mu myaka yashize.

Aherutse kurusimbuka ubwo umusore w’ imyaka 20 yamurasaga umutwe akamuhusha isasu rigafata ugutwi.

Ntibyatinze yahise yemezwa n’abo mu ishyaka rye kuzabahagararira mu matora abura amezi ane ngo abe.

Kamala Harris yatangaje ko gutsinda Trump bishoboka kandi ko bizashoboka nafatanya na bagenzi be b’Abademukarate.

Indi nkuru bijyanye:

Biden Agiye Kuzibukira Ibyo Kwiyamamaza

TAGGED:AmatoraBidenfeaturedHarrisKamalaTrump
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yasohoye Indirimbo Ishima Ko Kagame Yatsinze Amatora
Next Article Kagame Yashimye Abikorera Ku Nkunga Bamuteye Mu Kwiyamamaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?