Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biden Yambuwe Ijambo Mu Kiganiro N’Abanyamakuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Biden Yambuwe Ijambo Mu Kiganiro N’Abanyamakuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2023 11:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yasubizaga ikibazo yari abajijwe n’umunyamakuru i Hanoi mu Murwa mukuru wa Vietnam, mu buryo butunguranye, Umunyamabanga ushinzwe itangazamakuru muri Perezidansi y’Amerika Joe Biden ijambo, atangaza ko icyo kiganiro kirangiye!

Karine Jean-Pierre ushinzwe itangazamakuru mu Biro bya Perezida Biden yafashe kiriya cyemezo mu buryo bwatunguye benshi kuko batatekerezaga ko hari uwatinyuka guhagarika ikiganiro Perezida w’Amerika yateruye.

Mbere y’uko ibi byose biba, Perezida Biden yari yatangaje ko ari busubize ibibazo bitanu gusa.

Ntawamenya impamvu yatumye abirenza kuko ubwo ikiganro yari ayoboye  cyahagarikwaga igitaraganya, yari agisubiza ibindi bibazo birenze kubyo yari yiyemereye imbere ya cameras z’abanyamakuru mpuzamahanga.

Karine Jean-Pierre yabirebye asanga ntibiri burangire neza cyane cyane ko Biden yari yatandukiriye ari gusubiza ibibazo bamubajije bamwinja, nibwo yafashe micro ati: “ Turabashimiye, ikiganiro kirangiriye aha!”

Karine Jean-Pierre ashinzwe itumanaho no gutanga amakuru mu Biro bya Biden

Mbere y’ibi byose hari aho Biden yatangaje ko ikibazo afashe ari icya nyuma, ko agiye kugisubiza ubundi akajya kuryama ariko ntiyabikoze ahubwo yakomeje gusubiza kugeza ubwo yari atangiye kuvuga no ku byo yigeze kuganira na Minisitiri w’Intebe w’Ubushinwa witwa Li Qiang.

Imibare iherutse gutangazwa na CNN ivuga ko Abanyamerika batatu kuri bane basanga Biden ashaje cyane k’uburyo umubiri we utakimwemerera gukora akazi ke neza.

Ibi nibyo benshi baheraho bavuga ko adakwiye kuzongera kwiyamamariza kuyobora Amerika.

Mu gihe uruhande rw’Abademukarate ari nabo bamwamamaje bavuga ko adashoboye, uruhande rw’aba Repubulikani bo barashaka ko Donald Trump yazagaruka.

Abademukarate bavuga ko undi bumva wazahagararira ishyaka ryabo mu matora azaba mu gihe gito kiri imbere ari Nikki Haley.

Uyu ni umugore wigeze guhagararira Amerika no mu Muryango w’Abibumbye.

Ubuzima bwa Biden buri mu buteje inkeke Abanyamerika benshi muri iki gihe.

TAGGED:AmerikaBidenKarineTrumpVietnam
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Andry Nirina Rajoelina Perezida Wa Madagascar Yeguye
Next Article Bigabije Imirima Ya RAB Y’Ibirayi By’Imbuto Barabyiba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?