Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biguma Wari Uherutse Gukatirwa Burundu Kubera Jenoside Agiye Kujurira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Biguma Wari Uherutse Gukatirwa Burundu Kubera Jenoside Agiye Kujurira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2023 6:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hategekimana Philippe wari uherutse gukatirwa gufungwa burundu nyuma yo guhamwa na Jenoside yakorewe Abatutsi bikozwe n’Uukiko rwa Rubanda i Paris mu cyumweru gishize aratangaza ko azakijuririra.

Urukiko rwahamije uyu mugabo wamamaye nka Biguma uruhare rutaziguye mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi ku misozi ya Nyamure, Nyabubare, ISAR-SONGA n’ahandi muri Nyanza y’ubu.

Yatangiye kuburana ku wa 10 Gicurasi 2023, mu rubanza urukiko rwamaze ibyumweru birindwi rwumva abatangabuhamya batandukanye.

Abenshi muri bo bagaragaje ko Biguma hari aho yategetse abajandarume kwica Abatutsi mu bice bitandukanye,  abandi bamushinja ko na we ubwe hari abantu yishe n’amaboko ye.

Muribo harimo uwari Burugumesitiri wa Komine Ntyazo witwa Nyagasaza Narcisse.

Abatangabuhamya bane(4) bahurije ku ngingo y’uko Biguma ubwo yazaga ku musozi wa Nyamure yarashe umugore wari uri kubyara.

Hategekimana Philippe bahimba Biguma yahoze ari umujandarume.

Muri uyu mwaka afite imyaka 66 y’amavuko, akaba  yarabaga mu Bufaransa ku mazina ya Philippe Manier.

Muri Jenoside yakorewe Abatutsi yari Umujandarume afite ipeti rya Adjudant-Chef akorera muri Gendarmerie ya Nyanza.

Abamwunganira barimo Emmanuel Altit na Alexis Guedj bemeje ko umukiliya wabo azajurira igihano cy’igifungo cya burundu yahawe .

Bizeye kandi ko ashobora guhabwa ‘ubutabera buboneye’ akaba yagirwa umwere nk’uko ibinyamakuru byo mu Bufaransa byagarutse kuri iyi nkuru bibivuga.

Me Gisagara Richard uri mu bakurikiranye uru rubanza akaba aba nu Bufaransa kandi akurikiranira hafi imanza z’abashinjwa Jenoside yakorewe Abatutsi avuga urubanza rwa Biguma rwagoranye kuko nta kintu na kimwe mu byo yarezwe yigeze yemera cyangwa ngo yorohereze urukiko mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

TAGGED:BigumaBufaransafeaturedJenosideNyanzaPhillipeUrubanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yagize Icyo Avuga Kuri Raporo Y’Impuguke Za UN Yavuze Ku Rwanda
Next Article Perezida Kagame Ari Mu Birwa Bya Trinidad Na Tobago
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?