Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biguma Wari Uherutse Gukatirwa Burundu Kubera Jenoside Agiye Kujurira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Biguma Wari Uherutse Gukatirwa Burundu Kubera Jenoside Agiye Kujurira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2023 6:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hategekimana Philippe wari uherutse gukatirwa gufungwa burundu nyuma yo guhamwa na Jenoside yakorewe Abatutsi bikozwe n’Uukiko rwa Rubanda i Paris mu cyumweru gishize aratangaza ko azakijuririra.

Urukiko rwahamije uyu mugabo wamamaye nka Biguma uruhare rutaziguye mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi ku misozi ya Nyamure, Nyabubare, ISAR-SONGA n’ahandi muri Nyanza y’ubu.

Yatangiye kuburana ku wa 10 Gicurasi 2023, mu rubanza urukiko rwamaze ibyumweru birindwi rwumva abatangabuhamya batandukanye.

Abenshi muri bo bagaragaje ko Biguma hari aho yategetse abajandarume kwica Abatutsi mu bice bitandukanye,  abandi bamushinja ko na we ubwe hari abantu yishe n’amaboko ye.

Muribo harimo uwari Burugumesitiri wa Komine Ntyazo witwa Nyagasaza Narcisse.

Abatangabuhamya bane(4) bahurije ku ngingo y’uko Biguma ubwo yazaga ku musozi wa Nyamure yarashe umugore wari uri kubyara.

Hategekimana Philippe bahimba Biguma yahoze ari umujandarume.

Muri uyu mwaka afite imyaka 66 y’amavuko, akaba  yarabaga mu Bufaransa ku mazina ya Philippe Manier.

Muri Jenoside yakorewe Abatutsi yari Umujandarume afite ipeti rya Adjudant-Chef akorera muri Gendarmerie ya Nyanza.

Abamwunganira barimo Emmanuel Altit na Alexis Guedj bemeje ko umukiliya wabo azajurira igihano cy’igifungo cya burundu yahawe .

Bizeye kandi ko ashobora guhabwa ‘ubutabera buboneye’ akaba yagirwa umwere nk’uko ibinyamakuru byo mu Bufaransa byagarutse kuri iyi nkuru bibivuga.

Me Gisagara Richard uri mu bakurikiranye uru rubanza akaba aba nu Bufaransa kandi akurikiranira hafi imanza z’abashinjwa Jenoside yakorewe Abatutsi avuga urubanza rwa Biguma rwagoranye kuko nta kintu na kimwe mu byo yarezwe yigeze yemera cyangwa ngo yorohereze urukiko mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

TAGGED:BigumaBufaransafeaturedJenosideNyanzaPhillipeUrubanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yagize Icyo Avuga Kuri Raporo Y’Impuguke Za UN Yavuze Ku Rwanda
Next Article Perezida Kagame Ari Mu Birwa Bya Trinidad Na Tobago
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?