Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biguma Wari Uherutse Gukatirwa Burundu Kubera Jenoside Agiye Kujurira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Biguma Wari Uherutse Gukatirwa Burundu Kubera Jenoside Agiye Kujurira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2023 6:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hategekimana Philippe wari uherutse gukatirwa gufungwa burundu nyuma yo guhamwa na Jenoside yakorewe Abatutsi bikozwe n’Uukiko rwa Rubanda i Paris mu cyumweru gishize aratangaza ko azakijuririra.

Urukiko rwahamije uyu mugabo wamamaye nka Biguma uruhare rutaziguye mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi ku misozi ya Nyamure, Nyabubare, ISAR-SONGA n’ahandi muri Nyanza y’ubu.

Yatangiye kuburana ku wa 10 Gicurasi 2023, mu rubanza urukiko rwamaze ibyumweru birindwi rwumva abatangabuhamya batandukanye.

Abenshi muri bo bagaragaje ko Biguma hari aho yategetse abajandarume kwica Abatutsi mu bice bitandukanye,  abandi bamushinja ko na we ubwe hari abantu yishe n’amaboko ye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muribo harimo uwari Burugumesitiri wa Komine Ntyazo witwa Nyagasaza Narcisse.

Abatangabuhamya bane(4) bahurije ku ngingo y’uko Biguma ubwo yazaga ku musozi wa Nyamure yarashe umugore wari uri kubyara.

Hategekimana Philippe bahimba Biguma yahoze ari umujandarume.

Muri uyu mwaka afite imyaka 66 y’amavuko, akaba  yarabaga mu Bufaransa ku mazina ya Philippe Manier.

Muri Jenoside yakorewe Abatutsi yari Umujandarume afite ipeti rya Adjudant-Chef akorera muri Gendarmerie ya Nyanza.

- Advertisement -

Abamwunganira barimo Emmanuel Altit na Alexis Guedj bemeje ko umukiliya wabo azajurira igihano cy’igifungo cya burundu yahawe .

Bizeye kandi ko ashobora guhabwa ‘ubutabera buboneye’ akaba yagirwa umwere nk’uko ibinyamakuru byo mu Bufaransa byagarutse kuri iyi nkuru bibivuga.

Me Gisagara Richard uri mu bakurikiranye uru rubanza akaba aba nu Bufaransa kandi akurikiranira hafi imanza z’abashinjwa Jenoside yakorewe Abatutsi avuga urubanza rwa Biguma rwagoranye kuko nta kintu na kimwe mu byo yarezwe yigeze yemera cyangwa ngo yorohereze urukiko mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

TAGGED:BigumaBufaransafeaturedJenosideNyanzaPhillipeUrubanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yagize Icyo Avuga Kuri Raporo Y’Impuguke Za UN Yavuze Ku Rwanda
Next Article Perezida Kagame Ari Mu Birwa Bya Trinidad Na Tobago
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?