Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bikekwa Ko Umwana Akeza Elisie Wavuzweho Kugwa Mu Kidomoro Agapfa Ahubwo Yishwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bikekwa Ko Umwana Akeza Elisie Wavuzweho Kugwa Mu Kidomoro Agapfa Ahubwo Yishwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 January 2022 2:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha rwabwiye Taarifa ko hari impamvu zikomeye zituma bikekwa ko hari abantu bagize uruhare mu rupfu rw’umwana w’umukobwa w’imyaka itanu witwa Akeza Elisie Rutiyomba uherutse gupfa bikavugwa ko yaguye mu kidomoro kirimo litiri 200 z’amazi.

Mu mpera z’Icyumweru gishize nibwo inkuru mbi yageze kuri benshi y’urupfu rw’umwana w’umukobwa w’imyaka itanu byavugwaga ko yaguye mu kidomoro cyarimo litiro 200 z’amazi. Abatabaye ngo basanze yapfuye.

Icyo gihe icyatangaje abantu ni uko uriya mwana yari muremure k’uburyo yasumbaga iriya domoro bityo bikaba bigoye kwiyumvisha uko yaba yarakirohamyemo.

Yaguye kwa  Se wabanaga na Mukase[w’uyu mwana] mu Kagari ka Busanza, Umurenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro.

Akeza Elisie Rutiyomba yari asanzwe afite Nyina ariko utarabanaga na Se.

Ubugenzacyaha butangaza ko bwakoze iperereza bucyumva ariya makuru, hakorwa ibyo abagenzacyaha bita ‘Crime Scene reconstruction’, ibi bikaba bivuze ko hageragejwe  kureba uko icyaha cyaba cyakozwe.

Iyi ‘Crime Scene reconstruction’ ngo  yagaragaje ko hari ‘impamvu zikomeye’ zituma hakekwa ‘abantu babiri’ ko ari bo bashobora kuba bafite uruhare mu rupfu rw’uwo mwana.

Abo bantu bafashwe ni Mukase w’uriya mwana  n’umukozi wakoreraga muri ruriya rugo.

Nyuma umurambo w’uwo mwana warajyanywe mu Rwanda Forensic Laboratory kugira ngo hakorerwe isuzuma.

Abakekwaho uruhare mu rupfu rw’uriya mwana bafungiye kuri Station ya Polisi ya Kanombe.

Ubu bakaba bafungiye Kanome RIB Post. Iperereza rikaba rikomeje.

Agiye gushyingurwa…

Gahunda y’igikorwa cyo kumusezeraho bwa nyuma kuri uyu mwana twabonye yerekanaga ko saa tatu za mu gitondo(09h00) ari bwo umurambo we wavanywe mu bitaro bya Polisi ku Kacyiru, saa tanu ukagezwa mu rugo mu Busanza i Kanombe.

Nyuma y’isaha imwe ni ukuvuga saa sita(12h:00) inshuti n’abavandimwe bakamusezeraho mbere y’uko umurambo ujyanwa mu rusengero rw’Abadiventisiti mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo ukahagera saa saba zuzuye( 13h00).

Guhera saa saba kugeza saa cyenda z’amanywa haraba imihango y’amasengesho no gusezera kuri Akeza.

Umurambo uragezwa ku irimbi rwa Rusororo hagati ya saa cyenda z’amanywa na saa kumi z’umugoroba((15h00-16h00) ushyingurwe.

TAGGED:AkezafeaturedKanombeRIBUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urubanza Rwa Béatrice Munyenyezi Rwatangiye
Next Article Niger Yategetswe Gusubiza Ibyangombwa Abanyarwanda Umunani Yakiriye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?