Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bimwe Mu Bibazo Byugarije Ubuzima Bw’Umwana N’Umubyeyi Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Bimwe Mu Bibazo Byugarije Ubuzima Bw’Umwana N’Umubyeyi Mu Rwanda

admin
Last updated: 15 November 2021 9:44 am
admin
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yatangije ubukangurambaga bugamije guteza imbere ubuzima bw’umwana n’umubyeyi, mu gihe imibare yerekana ko hari ibibazo birimo kugwingira bikomeje kugaragara kandi bidindiza iterambere ry’igihugu.

Guhera kuri uyu wa 15-26 Ukuboza 2021, nibwo ubwo bukangurambaga buzakorwa mu nsanganyamatsiko igira iti “Twese hamwe duhagurukire kurandura imbasa, dukingiza abana bacu, duhashya n’ibibazo bibangamiye ubuzima bwacu”

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yavuze ko iki cyumweru kibayeho mu gihe imibare igaragaza ko ku rwego rw’igihugu hakiri ibibazo bitandukanye bireba ubuzima bw’umubyeyi n’umwana. Yari kuri Televiziyo y’igihugu.

Ati “Turacyafite ababyeyi batabasha kuringaniza urubyaro uko igihugu kibyifuza, kuko mu bipimo byakozwe n’ikigo cya leta gishinzwe ibarurirshamibare twasanze ababyeyi nibura 58% ari bo babasha kuringaniza urubyaro bikwiriye, kandi twagombye kuba dufite imibare irenzeho. Abo ni abakoresha uburyo dukunze kwita bwa kizungu, ariko iyo ushyize hamwe uburyo bwose buhari bagera kuri 64%.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imibare yatangajwe mu 2020 yerekanye ko mu Rwanda umugore umwe nibura abyara abana 4.2, imibare yanagaragaye mu 2015. Gusa yamanutse ivuye ku bana 6.1 ku mugore umwe mu mwaka wa 2005.

Dr Ngamije yakomeje ati “Ikindi, imibare yatugaragarije ko tugifite ikibazo cyo kugwingira kw’abana bafite munsi y’imyaka itanu, aho 33% twasanze bafite icyo kibazo ndetse 8% bo bakaba bafite n’ikibazo cy’ibiro bikeya, bitajyanye n’imyaka cyangwa igihagararo baba bafite.”

Imibare yatangajwe mu 2020 yerekanye ko ibipimo by’abana bagwingiye byageze kuri 33% bivuye kuri 38% mu myaka itanu ishize.

Mu buryo bwihariye, imibare igaragaza ko igipimo mu cyaro kiri kuri 36 % mu gihe mu mijyi cyari kuri 20 ku ijana.

Ibyo bipimo kandi bigenda bizamuka uko imyaka yigira hejuru, kuko biri kuri 40% mu bana bafite amezi hagati ya 24-35.

- Advertisement -

Minisitiri Ngamije yakomeje ati “Ikindi kibazo cyagaragaye muri ubwo bushakashatsi bwakozwe, ababyeyi ntabwo babasha kwisuzumisha iyo batwite ku gipimo dushaka. Turacyafite 44% basuzumwa nibura kane igihe batwite, twakagombye kuba dufite umubare uri hejuru kugeza kuri za 80% nk’uko tubyifuza.”

Yavuze ko bashaka kwifashisha iki cyumweru kugira ngo bakore ubukangurambaga butuma aho ibipimo bikiri inyuma “tugerageza gutera intwambwe.”

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana, Umutoni Gatsinzi Nadine, yavuze ko uretse kureba uko ibibazo bireba ubuzima bw’umwana n’umubyeyi bihagaze, hazanasuzumwa umusaruro w”ingamba zifatwa.

Ati “Hari intungamubiri zizatangwa muri iki cyumweru zitwa Ongera, hari ugupima abana bari munsi y’imyaka ibiri mu kureba ko batagwingiye, gukora ibikorwa by’isuku n’isukura, ibyo byose bidufasha gushyira mu bikorwa izo gahunda dukurikirana, ariko kandi bikanatwereka aho tugeze.”

“Nko gupima abana tukareba ko batagwingiye bidufasha kureba ngo ese gahunda dukora zitandukanye zo kubaha intungamubiri, zo guha abo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’Ubudehe cya gikoma cya Shisha Kibondo, ese koko hari icyo birimo gutanga mu guhindura ubuzima bw’umwana? Iyo rero apimwe bibasha kuduha ayo makuru.”

Yavuze ko habaho no gukurikirana hakarebwa uko ababyeyi bita ku bana, niba koko babakingiza inkingo zose mu kubarinda indwara cyangwa bakabaha ibinini by’inzoka.

Imibare iheruka yerekana ko nibura abana 96% bahawe inkingo z’ibanze, mu gihe 84% ari bo bahawe inkingo zijyanye m’ikigero cy’imyaka yabo.

Gatsinzi yakomeje ati “Umwana n’iyo yarya neza ariko arwaye inzoka zo mu nda ntacyo byamumarira. Umwana ashobora kugira imirire mibi akazagira ikibazo cyo kugwingira.”

“Ibyo byose rero iyi gahunda y’icyumweru izita ku buzima bw’umwana n’umubyeyi iraza kudufasha gushyira mu bikorwa iyo politiki ndetse ikanatwereka n’aho duhagaze ndetse tukongera ingufu mu byo dukora.”

Minisitiri Ngamije yavuze ko bimaze kugaragara ko iki cyumweru gikozwe nibura inshuro ebyiri mu mwaka, abantu bagiye bacikanwa na serivisi zitandukanye barushaho kuzegerezwa.

 

TAGGED:Dr Daniel NgamijefeaturedImirireKugwingiraUmutoni Gatsinzi Nadine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Croix Rouge Yashimiwe Umusanzu Itanga Mu Guhindura Ubuzima Bw’Abaturage
Next Article Ubuhanzi Bwakoreshwa Mu Guhangana N’Ingaruka Za COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?