Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biranugwanugwa Ko Umuyobozi Mushya Wa Hamas Yishwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Biranugwanugwa Ko Umuyobozi Mushya Wa Hamas Yishwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 October 2024 3:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Yahya Sinwar
SHARE

Amakuru agisuzumwa n’ubuyobozi bwa Israel aravuga ko Yahya Sinwar aherutse kugwa mu gitero iki gihugu giherutse kugaba muri Gaza. Ni igitero cy’indege cyagabwe kuri uyu wa Kane.

Icyakora ni amakuru ataremezwa na Israel cyangwa urundi rwego, ariko akaba ari gusuzumwa ishingiro ryayo.

Igitero Sinwar avugwa ko ‘ashobora kuba yaraguyemo’ cyagabwe n’indege gihitana abantu benshi barimo abarwanyi ba Hamas.

Ku rundi ruhande imirambo y’abo barwanyi iri gusuzumwana ubushishozi kugira ngo harebwe niba mu bapfuye harimo na Yahya Sinwar.

Sinwar niwe Israel ishinja ko yateguye igitero cyayigabweho mu mwaka wa 2023 hari taliki 07, Ukwakira.

Hari mu mpera z’Icyumweru ubwo abaturage ba Israel bari bari kwishimira hafi y’amazi, ibitero bya Hamas bibicamo abarenga 1200 abandi 250 bajyanwa bunyago.

Igitero Israel yarashe mu nzu bikekwamo ko yari irimo Yahya Sinwar nta baturage ba Israel bajyanyweho umunyago bari bahari.

Kugeza ubu Israel ivuga ko muri bariya bantu bayo hari abagera kuri 48 bamaze kwicwa.

Ubutasi bwa Israel buvuga ko Sinwar amaze iminsi aba mu myobo miremire yacukuwe na Hamas, akava mu mwobo umwe ajya mu wundi, kandi akirinda gukoresha ikoranabuhanga rya telefoni  ahubwo akohereza abantu ngo babe aribo baha abandi amakuru.

Niyo tekiniki Oussama Bin Laden yakoreshaga kugeza ubwo avumbuwe akicwa n’ingabo z’Abanyamerika zimutsinze muri Pakistan.

TAGGED:AbarwanyifeaturedHamasIsraelSinwarUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Menya Uturere 13 Twakorewe Igishushanyo Mbonera Cy’Imikoreshereze Y’Ubutaka
Next Article Irebere Ferrari Ya Mbere Ihenze Kurusha Izindi Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?