Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biruta Yahaye Polisi Umukoro Wo Guca Ubuzererezi N’Ibiyobyabwenge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Biruta Yahaye Polisi Umukoro Wo Guca Ubuzererezi N’Ibiyobyabwenge

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 August 2024 7:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Umutekano Dr. Vincent Biruta yabonanye na Polisi ku nshuro ya mbere kuva yajya muri izi nshingano ayisaba guhagurukira ubuzererezi n’ibiyobyabwenge.

Ni ikiganiro yagiranye n’ubuyobozi bukuru bw’uru rwego cyabereye ku Kacyiru aho rukorera ku rwego rw’igihugu.

Yabwiye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ko ikora neza ariko ikwiye gukomeza kuba maso kuko muri iki gihe hari ibyaha byaduka kubera amajyambere.

Ati: “Hari akazi kakozwe kugira ngo Polisi igere kuri urwo rwego, ibyo kwishimira ni byinshi ariko tunatekereza n’ibindi bigomba gukorwa kugira ngo tubashe guhangana n’ibibazo by’umutekano bihindura isura uko iterambere riza.”

Kimwe mu bibazo Biruta avuga ko kikigaragara ni icy’abana bata ishuri bajya mu muhanda bakazavamo abakoresha ibiyobwenge bagakora n’ibindi byaha.

Ibyo ni ibibazo avuga ko bishobora gukumirwa cyangwa gushakirwa umuti habayeho ubufatanye.

Avuga ko bigomba kuvugutirwa umuti ku bufatanye n’inzego zose bireba kandi hagashyirwa imbaraga mu gukoresha ikoranabuhanga mu gukumira ibyaha.

Minisitiri Biruta avuga ko umubare w’abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha barimo urubyiruko rw’abakorerabushake, imboni z’impinduka n’abandi bose ari imbaraga ziyongera mu gukemura ibibazo birebana n’umutekano.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye avuga ko nk’uko Polisi isanzwe ibigenza, izakomeza gukorana n’abaturage no gutera inkunga amatsinda atandukanye agira uruhare mu gukumira ibyaha arimo imboni z’impinduka n’urubyiruko rw’abakorerabushake.

#HappeningNow

Minister of Interior, Hon. Vincent Biruta is interacting with #RwandaPolice leadership, heads of departments, commisioners, and senior officers at RNP headquarters, Kacyiru.

The meeting discusses matters concerning internal security. pic.twitter.com/I5PwmCJsGT

— Rwanda National Police (@Rwandapolice) August 27, 2024

Namuhoranye avuga ko binyuze muri ubwo bufatanye ibibazo byose bikigaragara mu rwego rw’umutekano bizakemuka.

Avuga kandi ko hari ikoranabuhanga ryamaze kugera mu Rwanda ririmo irifasha abantu kwirinda umuvuduko ukabije hakoreshejwe cameras ndetse n’ubundi buryo bugamije gukumira ibyaha.

Bigamije kunoza imitangire ya serivisi, kurwanya ruswa, gukorera mu mucyo, ubutabera no kubazwa inshingano.

Biruta, ku rundi ruhande, ashima imikorere ya Polisi y’u Rwanda akavuga ko yiyubatse mu buryo bushimishije kandi ko ikwiye gukomereza aho.

Burya abantu bakuru nibo ntandaro y’ibibazo by’abana…

Soma ubyumve:

Abakuru Nibo Ntandaro Y’Agahinda K’Abana

TAGGED:BirutafeaturedMinisitiriPolisiUbuzerereziUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kabarebe Yahagariye Perezida Kagame Mu Muhango Wo Kwakira Kandidatire Ya Odinga
Next Article Kagame Mu Biganiro Byo Guteza Imbere Basketball Mu Bakobwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?