Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bisi Yaguye Mu Mugezi Yapfiriyemo Abantu 11 Bafitanye Isano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bisi Yaguye Mu Mugezi Yapfiriyemo Abantu 11 Bafitanye Isano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2021 9:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kenya iri mu cyunamo cy’abantu 30 baguye mu mpanuka ya Bisi yanyereye igwa mu mugezi witwa Enziu ku wa Gatandatu. Ibarura rivuga ko mu bayiguyemo harimo abantu 11 bo mu muryango w’umugabo witwa David Mutua hari bari bajyanye n’abandi mu bukwe.

Umwe mu bayirokotse witwa Rodgers Muli yabwiye The Citizen TV ducyesha iyi nkuru ko muri bisi harimo abantu 11 bo mu muryango umwe kandi ko nta n’umwe muri bo warokotse.

Bisi bari barimo yari iy’Ishuri bita St. Joseph Seminary Mwingi, ikaba yari bisi ishaje amapine ndetse ngo iyi niyo mpamvu icyekwa ko yaba yaratumye iriya bisi inyerera vuba vuba igashoka umugezi wa Enziu.

Ubwo abaturage babonaga iriya bisi iri gushoka ruriya ruzi induru zaravuze.

Bamwe bavuze ko yari irimo kolari yari igiye kuririmbira abageni ahitwa Kitui.

Icyakora hari abagize ubutwari barasimbuka, Imana ikinga akaboko ntibagira icyo baba!

Umuyobozi w’Akarere ka Kitui witwa Charity Ngilu kuri iki Cyumweru yabwiye The Nation ko iriya mpanuka yari iteye ubwoba cyane.

Kitui ahabereye iriya mpanuka

Ati: “ Kuri uyu wa Gatandatu twagize ibyago bitavugwa, dupfusha abantu baguye mu mugezi.”

Ngilu avuga ko kuri iki Cyumweru hakomeje imirimo yo gushakisha indi mibiri kuko ngo bishoboka cyane ko hari abandi bantu baguye muri iriya mpanuka.

Yari imaze kugenda ibilometero 200 iva i Nairobi.

Visi Perezida wa Kenya Bwana William Ruto yihanganishije imiryango yaburiye abantu bayo muri iriya mpanuka.

Muri iki gihe Kenya iri kugwamo imvura nyinshi k’uburyo abashoferi basabwa kwitonda.

 

TAGGED:AbagenziBisifeaturedImpanukaKenya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Niba Abantu Bashaka ‘Gukomeza’ Kwidagadura Nibakomeze Birinde COVID: CP Kabera
Next Article Ibyitezwe Ku Mupaka Ugezweho Wa Rusizi II Uzahuza U Rwanda Na RDC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?