Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biyitiriye Croix Rouge Y’u Rwanda Biba Umucuruzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Biyitiriye Croix Rouge Y’u Rwanda Biba Umucuruzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 April 2024 6:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Muhanga haravugwa abantu babiri batekeye umutwe umucuruzi bamubeshya ko bakorera croix rouge y’u Rwanda bamuriganya ibintu bifite agaciro ka miliyoni Frw 3.

Uwo mucururuzi yabahaye amata afite ako gaciro ahita ababura.

Bashutse umucuruzi ko bahawe isoko na Leta ryo kugemurira amata ibigo nderabuzima bitandukanye byo mu Karere ka Muhanga, mu rwego rwo kurwanya Imirire mibi n’igwingira nawe arayabaha.

Bagenzi bacu ba UMUSEKE bavuga ko abo bagabo bakoze inyandiko yemeza ubuguzi itangwa n’ikigo kizishyura yitwa ‘Bon de Commande’ y’amata yose bakeneye kugemurira ibyo Bigo Nderabuzima bayiha uwo mucuruzi.

Uwo mucururuzi avuga ko nawe yabahaye ayo mata yizeye ko Croix rouge izishyura.

Amwe bayajyanye mu Kigo Nderabuzima cya Gitarama, asigaye bayasigira bamwe mu bakozi b’iki kigo bababwira ko bazaza kuyafata bukeye bakayashyikiriza ibindi bigo bisigaye.

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Gitarama Mukandayisenga Donatha yabwiye UMUSEKE ko bakimara kubona inyandiko ibemerera kujyana amata mu bigo nderabuzima batigeze bazuyaza kuyakira ndetse banabafasha kubika ayo bavugaga ko bazagemurira ibindi bigo nderabuzima byo muri aka Karere.

Ati :“Umushoferi bohereje yaraje adusaba gukuraho ayacu andi atubwira ko aza kuyafata bukeye.”

Avuga ko uyu mushoferi yahise agaruka bukeye bwaho apakira amata mu modoka aragenda.

Gusa uyu muyobozi avuga ko imyirondoro y’abo bose bayifite ndetse na pulake(Plaque ) y’imodoka uyu mugabo yari atwaye.

Yunzemo abo yita abatekamutwe bamubwiye ko batahita bayaha abana ahubwo ko babanza gutegereza amabwiriza bazabaha.

Yavuze ko inyandiko zibemerera kugemurira ibigo ayo mata bazifite ndetse iza mbere bari bazihaye uyu mucuruzi bakeka ko ari abafatanyabikorwa ba Leta basanzwe batanga amata mu bigo nderabuzima bigengwa na Leta.

Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Muhanga Mugabo Gilbert yemera ko ayo makuru y’abatekamutwe bayamenye bakagira Inama uyu mucuruzi gutanga ikirego muri RIB kugira ngo abo bajura bafatwe.

Yihanganishije uwibwe asaba abantu kujya bashishoza ntibapfe kwizera uwo ari we wese.

Croix rouge ntiragira icyo ivuga kuri aba bayiyitiriye bagakora buriya bujura.

Ifoto: Icyapa cya Croix rouge y’u Rwanda 

TAGGED:AbanaAmataCroixrouge Muhanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gatsibo: Umusaza Nyagashotsi Warwanye Intambara II Y’Isi Yimwe Ifumbire
Next Article Haribazwa Impamvu Z’Ibura Ry’Umuriro Hafi Mu Rwanda Hose
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?