Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CHOGM Yahawe Itariki Nshya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

CHOGM Yahawe Itariki Nshya

admin
Last updated: 31 January 2022 4:18 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), Patricia Scotland, bemeje ko inama y’abakuru b’ibihugu na guverinoma bigize uyu muryango izwi nka CHOGM, izabera i Kigali mu cyumweru cyo ku wa 20 Kamena 2022.

Iyi nama yagombaga kuba kuva ku matariki ya 21-26 Kamena 2021, iza gusubikwa kubera izamuka ry’ubwandu bwa COVID-19. Yari inshuro ya kabiri isubitswe.

Iyi nama ubundi iba buri myaka ibiri, ariko kubera gusubikwa, iheruka kubera i London mu 2018.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye guha ikaze abazitabira CHOGM i Kigali, ikazaba mu buryo butekanye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomeje ati “Imyaka ibiri ishize yatugaragarije ko ubu dufite aho duhurira kurusha uko byahoze ndetse ko tugomba gufatanya kugira ngo tugere ku musaruro ufatika kandi urambye twifuza.”

“Inama yari itegerejwe cyane izaba ari umwanya mwiza wo guhurira hamwe ngo dushakire umuti ingorane zatewe n’icyorezo cya COVID-19 no kubakira ku ikoranabuhanga rishya n’amahirwe y’ubukungu mu gukemura ibindi bibazo bibangamiye abaturage bacu.”

Patricia Scotland na we yavuze ko ashimishijwe no kuba iyi nama igiye guterana, cyane ko ibibazo byugarije ibihugu bishobora kubonerwa umuti ari uko byicaye hamwe.

Muri iki gihe cy’icyorezo, inama za Commonwealth zagiye zikorwa ku nzego zitandukanye mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Yakomeje ati “Iyi izaba ari CHOGM ya mbere ibereye muri Afurika nyuma y’imyaka isaga cumi, nkaba nshima Guverinoma n’abaturage b’u Rwanda ku bwitange bagaragaje mu gutegura CHOGM ntangarugero muri Kigali.”

- Advertisement -

Mbere y’uko hafatwa icyemezo cyo gusubika iyi nama mu 2020, Umuyobozi w’Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda, RDB, Clare Akamanzi, yari yavuze ko yitezwemo amasezerano y’ubucuruzi ya miliyoni $700.

Icyo gihe byatangajwe ko ibikorwa by’iyi nama bizabera mu Intare Conference Arena, Serena Hotel, Ubumwe Grande Hotel, Kigali Conference and Exhibition Centre na Kigali Convention Centre izakira inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma.

Commonwealth igizwe n’ibihugu binyamuryango 54. U Rwanda rwinjiyemo mu 2009.

TAGGED:CHOGMfeaturedPatricia ScotlandPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gufungura Umupaka Wa Gatuna Byaba Bica Amarenga Yo Gufungura n’Uw’u Burundi?
Next Article Ni Nde Wemerewe Kwambuka Umupaka wa Gatuna?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?