Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: BK Irashaka Gufasha Ab’i Nyagatare Kuzamura Umukamo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

BK Irashaka Gufasha Ab’i Nyagatare Kuzamura Umukamo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 October 2022 10:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Diane Karusisi uyobora Banki ya Kigali yavuze ko ikigo ayoboye kiteguye kuzaha aborozi b’i Nyagatare imodoka izakorerwamo ibyo gupima amatungo. Ni imodoka wagereranya n’isuzumiro( laboratoire) igendanwa.

Ku wa Gatanu Taliki 07, Ukwakira, 2022 nibwo uyu muyobozi yitabiriye inama yahurije hamwe ba rwiyemezamirimo bo muri Gatsibo na Nyagatare bamugaragariza imishinga migari bafite.

Harimo n’uwo kuzamura ubworozi butanga umukamo utubutse.

Nyagatare niko karere ka mbere mu Rwanda koroye inka zikamwa cyane kubera ko n’amata ab’i Kigali banywa, amenshi ari ho aturuka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi ni uko muri aka Karere haba  n’abakiliya ba Banki ya Kigali batari bake.

Mu bikorera ku giti cyabo 46,000, abagera ku 12,000 ni abakiliya ba BK.

Laurent Kamurase uyobora Urugaga rw’abikorera muri kariya karere niwe watangaje ko bifuza ko Banki ya Kigali yabatera inkunga yo kugura iriya modoka kugira ngo bajye boroherwa no kujya gusuzuma no kuvura inka bazisanze mu rwuri.

Bafite kandi n’indi mishinga irimo uwo kubaka  uruganda rw’ibiryo by’amatungo, uruganda rw’ibikomoka ku matungo (impu), uruganda rutunganya umusaruro w’inyanya, urutunganya ubuki ndetse no kubaka inzu nini ihuriweho n’abacuruzi izaba ikimenyetso kinini cy’intambwe y’iterambere ry’ Umujyi wa Nyagatare.

Ati :” Muri Banki ya Kigali icyo tubifuzaho nk’abafatanyabikorwa ni iyi mishinga migari dufite kuko niba dushaka ubworozi buteye imbere tugomba kuba dufite ubuvuzi bugendanwa  bw’inka k’uburyo tuzakenera imodoka, tugomba kuba dufite uruganda rw’ibiryo by’amatungo kugira ngo inka zavuwe neza kandi zikarya neza nazo ziduhe umukamo mwinshi.”

- Advertisement -

Amafaranga arahari…

Dr Diane Karusisi yasuye abo muri Nyagatare baganira ku mishinga BK yabafasha guteza imbere

Umuyobozi mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi, yavuze ko amafaranga ‘ahari’ ahubwo abantu bakwiye kuyakoresha kugira ngo iterambere ryihute.

Ku bijyanye n’umushinga wa Laboratwari y’ubuvuzi bw’amatungo igendanwa, Dr Karusisi yijeje abikorera bo muri kariya karere ko nibakora neza kandi bakihuza, inkunga ya BK ihari.

Ati: “Twabonye imishinga yabo kandi myiza igamije kuzamura umukamo, hari uruganda rugiye kurangira, rurangiye tukabura umukamo byaba biteye isoni.  Hari n’izindi gahunda bafite tuzareba uko twazifatanyamo tukabatera inkunga z’amafaranga ndetse tukanabagira inama uburyo iyo mishinga yagerwaho.”

Yavuze ko ikigo ayoboye kiteguye gutanga inkunga cyasabwe ariko ngo abayisaba bagomba kwerekana ko babifitemo ubushake binyuze mu kwishyira hamwe no guharanira kugera ku bikubiye mu mishinga biyemeje.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe ubukungu, Matsiko Gonzague avuga ko Akarere ka Nyagatare gakungahaye ku buhinzi n’ubworozi.

Ngo haramutse habonetse abikorera bashora imari muri ibyo bikorwa, babona inyungu kandi bakanatera imbere ubwabo n’Akarere muri rusange.

Mu rwego rwo kureshya ba mukerarugendo ngo barifuza kubaka ikibuga cya Golf no gukora umuhanda ujya muri Pariki y’Akagera ugashyirwamo kaburimbo mu rwego rwo korohereza no gufasha ba mukerarugendo.

Undi mushinga abikorera ba Nyagatare bifuza ko Akarere kabafashamo ni uwo kubyaza umusaruro ikidendezi cy’amazi cya Gihorobwa.

Ngo bizasaba ko  abaturage bafite inzuri zigikikije bishyurwa bimuka hakubakwa ibibuga by’imikino, ibikorwa by’ubucuruzi ndetse n’ibindi bijyanye n’ubukerarugendo.

TAGGED:BankiBKfeaturedInkaKarusisiKigaliNyagatareUmukamo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Muganga Yasabiye APR FC Imbabazi
Next Article Abakiliya Ba MTN Rwanda Barimo N’Abakomeye Bibwa N’Abatekamutwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?