Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Blaise Compaoré Agiye Gukurikiranwaho Urupfu Rwa Thomas Sankara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Blaise Compaoré Agiye Gukurikiranwaho Urupfu Rwa Thomas Sankara

Last updated: 13 April 2021 3:04 pm
Share
SHARE

Urukiko rwa Gisirikare muri Burkina Faso rwemeje ko Blaise Compaoré wahoze ayobora icyo guhugu atangira gukurikiranwa ku ruhare yaba yaragize mu rupfu rwa Thomas Sankara, wishwe mu myaka 34 ishize.

Urukiko rwemeje ko Compaoré uri mu buhungiro muri Côte d’Ivoire guhera ubwo yavaga ku butegetsi mu 2014, agomba gukurikiranwaho ibyaha birimo kubangamira umutekano w’igihugu, kugira uruhare mu bwicanyi no guhishira imirambo mu kirego kijyanye n’urupfu rwa Thomas Sankara.

Sankara yishwe ku myaka 37 mu ihirikwa ry’ubutegetsi ryo ku wa 15 Ukwakira 1987, ryicaje ku ntebe mucuti we Blaise Compaoré. Mu myaka 27 yategetse nyuma yaho, kuvuga ku rupfu rwa Sankara byafatwaga nk’ikizira.

Guhera mu 2016 ibintu byarahindutse, atangira gukurikiranwa hamwe na General Diendéré wari umuntu we wa hafi.

Muri urwo rubanza abantu 14 nibo bagomba kugezwa imbere y’urukiko.

Hari amakuru ko bigoye ko Compaoré yakoherezwa muri Burkina Faso ngo aburanishwe, kuko yamaze kubona ubwenegihugu bwa Côte d’Ivoire kubera umugore we ari ho akomoka.

Compaoré (ubanza ibumoso) yari umuntu wa hafi wa Sankara (hagati)

TAGGED:Blaise CompaoréfeaturedSankaraThomas Sankara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntabwo Dukeneye Utubwiriza Kwibuka Abishwe Muri Jenoside – Dr. Iyamuremye
Next Article Abantu 12 Bakekwaho Kwiyambika Gisirikare Bakica Abaturage Bafashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?