Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bruce Melodie Noneho Aridegembya Mu Burundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Bruce Melodie Noneho Aridegembya Mu Burundi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2022 7:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Byasaga n’aho gutaramira Abarundi byari bitagishobotse kuri Bruce Melodie wari umaze hafi iminsi itatu aburabuzwa n’umushoramari witwa Toussaint Bankuwiha wamuteje Polisi ngo imufunge kubera ko yamwambuye. Nyuma yo kwishyura amafaranga yasabwaga, Bruce Melodie ubu aridegembya ndetse yakoze igitaramo cye cya mbere.

Yafunguwe ahita ajya kwitegura gutaramira Abarundi mu gitaramo cyabereye ahitwa Zion Beach.

Mu mvugo yo kwishimira ko arekuwe, yabwiye abafana be ko  burya ‘ntacyabuza impaka gucuranga.

View this post on Instagram

A post shared by Bruce Melodie Igitangaza (@brucemelodie)

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Impala ryari itsinda ry’abacuranzi n’abaririmbyi b’Abanyarwanda bo hambere bakunzwe cyane k’uburyo nta kintu cyari busibye igitaramo cyabo uko byagenda kose.

Icyakora abenshi muri bo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi barimo icyamamare cy’ibihe byose mu Rwanda Sebanani André.

Igitaramo cya mbere cya Bruce Melodie kirabiriwe cyane mu rwego rwo kumwereka ko bifatanyije nawe mu bizazane yahuriye nabyo mu Burundi.

Abahanzi batandukanye bo muri iki gihugu nabo bakitabiriye kugira ngo bamwereke ko bari kumwe.

Bisa n’aho igitaramo cya Bruce Melodie ari cyo gihenze kubaye mu Burundi kubera ko amafaranga macye yo kukinjiramo ari Ibihumbi 100 by’amafaranga y’u Burundi n’aho amafaranga menshi akaba Miliyoni eshantu z’amafaranga y’u Burundi.

- Advertisement -

Kuri uyu wa Gatandatu arakorera ahitwa Messe des Officiers ikindi gitaramo rusange ariko ho ibiciro byo kukinjiramo biraba biri hasi ugereranyije.

Amakuru Taarifa ifite avuga ko hari abayobozi bakuru mu Burundi bashakaga ko igitaramo cya Bruce Melodie kiburizwamo, ariko imbaraga z’ububanyi n’amahanga ku nyungu z’ibihugu byombi zibarusha imbaraga.

Ni igitaramo kiswe “Bruce Melodie Live Bujumbura-Burundi”.

Ubwo yafatwaga bigeteza sakwe sakwe,  impande z’ibihugu byombi u Rwanda n’u Burundi by’umwihariko abakunzi ba muzika barahagurutse.

Umukire  Toussaint Bankuwiha wamufungishije yamushinjaga kumwambura amafaranga yamuhaye ngo azaze mu gitaramo ariko ntiyakijyamo kubera impamvu za COVID-19.

Bavugaga ko icyaha bamukurikiranyeho ari ubwambuzi bushukana.

DJ Brianne nawe ari mu itsinda ricurangira Melodie

Ibihumbi $2  yashinjaga Bruce Melodie kumwambura yarabimuhaye, ariko undi ntiyashirwa avuga ko igihe cyose gishize atamwishyura, cyamuhombeje, bituma ayo mafaranga akubwamo Miliyoni nyinshi z’amafaranga y’u Burundi.

Bruce Melodie yavuye muri Gereza y’u Burundi yishyuye Miliyoni 60 Fbu zose hamwe.

Nyuma y’ibiganiro byagizwemo uruhare n’ibihugu byombi k’umugoroba wo kuri uyu wa Gatanu Bruce Melodie nibwo yafunguwe.

TAGGED:Bruce MelodieCOVID-19Igitaramo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Aho Padiri Alexis Kagame Ashyinguye Harangiritse
Next Article Umuyobozi Mukuru Muri Polisi Y’u Rwanda Yabwiye Isi Umuvuno Warwo Mu Kubungabunga Amahoro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

ImyidagaduroMu Rwanda

Urukiko Rukuru Rw’Ubucuruzi Rwanzuye Intsinzi Y’Umuhanzi Gabiro Guitar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hoziyana Yashyize Indirimbo ‘Tugumane’ Mu Giswayili

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Yagarutse Mu Muziki Nyuma Y’Imyaka 15

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Igitaramo Cya The Ben Kizagongana N’Icya Pallaso Uzwi Cyane i Kampala

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?