Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bruce Melodie Noneho Aridegembya Mu Burundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Bruce Melodie Noneho Aridegembya Mu Burundi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2022 7:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Byasaga n’aho gutaramira Abarundi byari bitagishobotse kuri Bruce Melodie wari umaze hafi iminsi itatu aburabuzwa n’umushoramari witwa Toussaint Bankuwiha wamuteje Polisi ngo imufunge kubera ko yamwambuye. Nyuma yo kwishyura amafaranga yasabwaga, Bruce Melodie ubu aridegembya ndetse yakoze igitaramo cye cya mbere.

Yafunguwe ahita ajya kwitegura gutaramira Abarundi mu gitaramo cyabereye ahitwa Zion Beach.

Mu mvugo yo kwishimira ko arekuwe, yabwiye abafana be ko  burya ‘ntacyabuza impaka gucuranga.

View this post on Instagram

A post shared by Bruce Melodie Igitangaza (@brucemelodie)

Impala ryari itsinda ry’abacuranzi n’abaririmbyi b’Abanyarwanda bo hambere bakunzwe cyane k’uburyo nta kintu cyari busibye igitaramo cyabo uko byagenda kose.

Icyakora abenshi muri bo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi barimo icyamamare cy’ibihe byose mu Rwanda Sebanani André.

Igitaramo cya mbere cya Bruce Melodie kirabiriwe cyane mu rwego rwo kumwereka ko bifatanyije nawe mu bizazane yahuriye nabyo mu Burundi.

Abahanzi batandukanye bo muri iki gihugu nabo bakitabiriye kugira ngo bamwereke ko bari kumwe.

Bisa n’aho igitaramo cya Bruce Melodie ari cyo gihenze kubaye mu Burundi kubera ko amafaranga macye yo kukinjiramo ari Ibihumbi 100 by’amafaranga y’u Burundi n’aho amafaranga menshi akaba Miliyoni eshantu z’amafaranga y’u Burundi.

Kuri uyu wa Gatandatu arakorera ahitwa Messe des Officiers ikindi gitaramo rusange ariko ho ibiciro byo kukinjiramo biraba biri hasi ugereranyije.

Amakuru Taarifa ifite avuga ko hari abayobozi bakuru mu Burundi bashakaga ko igitaramo cya Bruce Melodie kiburizwamo, ariko imbaraga z’ububanyi n’amahanga ku nyungu z’ibihugu byombi zibarusha imbaraga.

Ni igitaramo kiswe “Bruce Melodie Live Bujumbura-Burundi”.

Ubwo yafatwaga bigeteza sakwe sakwe,  impande z’ibihugu byombi u Rwanda n’u Burundi by’umwihariko abakunzi ba muzika barahagurutse.

Umukire  Toussaint Bankuwiha wamufungishije yamushinjaga kumwambura amafaranga yamuhaye ngo azaze mu gitaramo ariko ntiyakijyamo kubera impamvu za COVID-19.

Bavugaga ko icyaha bamukurikiranyeho ari ubwambuzi bushukana.

DJ Brianne nawe ari mu itsinda ricurangira Melodie

Ibihumbi $2  yashinjaga Bruce Melodie kumwambura yarabimuhaye, ariko undi ntiyashirwa avuga ko igihe cyose gishize atamwishyura, cyamuhombeje, bituma ayo mafaranga akubwamo Miliyoni nyinshi z’amafaranga y’u Burundi.

Bruce Melodie yavuye muri Gereza y’u Burundi yishyuye Miliyoni 60 Fbu zose hamwe.

Nyuma y’ibiganiro byagizwemo uruhare n’ibihugu byombi k’umugoroba wo kuri uyu wa Gatanu Bruce Melodie nibwo yafunguwe.

TAGGED:Bruce MelodieCOVID-19Igitaramo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Aho Padiri Alexis Kagame Ashyinguye Harangiritse
Next Article Umuyobozi Mukuru Muri Polisi Y’u Rwanda Yabwiye Isi Umuvuno Warwo Mu Kubungabunga Amahoro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduro

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Aline Gahongayire Arashaka Kwamamaza Umuziki We Muri Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Abagendera Muri Rwandair Bazajya Bareberamo ‘Filimi Nyarwanda’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Nyuma Y’Imyaka Babana, Sonia Rolland Yakoze Ubukwe Ashagawe N’Abakobwa Be

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?