Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bruce Melodie Yashinjwe Kwibasira Meddy Na The Ben Mu Magambo Akomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Bruce Melodie Yashinjwe Kwibasira Meddy Na The Ben Mu Magambo Akomeye

Last updated: 12 March 2021 4:23 pm
Share
SHARE

Umuhanzi Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie yashinjwe kwibasira abahanzi Meddy na The Ben bakunzwe mu Rwanda, avuga ko we binamubabaza kuba yagereranywa nabo.

Intambara y’amagambo yatangiye ubwo ku mbuga nkoranyambaga hajyagaho amajwi ya Bruce Melodie avuga ku bamugereranya n’abahanzi adahita avuga amazina ariko yita “abadiaspora’, avuga ko ari abanebwe.

Ni amagambo byumvikana ko yafashwe mu ibanga, aho Melodie aba aganira n’umuntu yita ‘Emmy’.

Ati “Iki ni igihe cyanjye erega, ntabwo ari ibintu byo kwikina. Kwikina ni ukwivuga ibintu bitari byo. Umva impamvu ya mbere udakwiye kungereranya nabo : aba batipe icya mbere cyo ni abanebwe nyabanebwe, abanebwe babi. Abantu basohora akaririmbo kamwe mu mwaka, urumva !“

“Icyamamare ndakora, ngaho shaka nk’ikintu kimwe mpuriyeho na bariya batipe. Nta na kimwe, habe. Njyewe mba numva binambabaje.“

Ni imvugo yatumye abantu bavuga byinshi, cyane ko abahanzi The Ben na Meddy bakunzwe cyane mu bihe bishize mbere ya Bruce Melodie, ndetse n’ubu bagenda baohora indirimbo kandi zigakundwa.

The Ben

Tom Close ni umwe mu bagarutse ku magambo ya Bruce Melodie, aho yayagereranyije no kwishobongora. Hari mu kiganiro n’umuyoboro umwe ukorera kuri YouTube.

Ati “Uko umuntu yakundwa uko ariko kose ntabwo nzi ko yari yageza kuri hit ya Meddy. Nubwo uririmba neza, nubwo ukora iki, uriyumva. Aho kugira ngo atakaze imbaraga mu kureba aho arutira abo bahanzi arimo avuga, yagatakaje imbaraga arimo gushakisha uko yabageza aho bataragera, nabo bamugeza aho ataragera.”

Gusa ntabibona kimwe na Mupenda Ramadhan uzwi nka Baadrama we yavuze ko ibyavuzwe na Bruce Melodie atari ukwishongora, kuko ubu uwo wabaza wese umuhanzi wa mbere mu Rwanda yakubwira ko ari uyu musore.

Yagize ati “Bruce ni we muhanzi twavuga ngo aka kanya ni we wa mbere mu Rwanda. Ubu se wowe ubaye n’umunyamahanga ugiye gukora isesengura ry’umuziki mu Rwanda,  ukagera i Kigali i Kanombe, ugahera ku kibuga cy’indege ureba televiziyo wumva radio, wumva abana muri karitsiye, uzi ko utanamenya ko muri icyo gihugu habamo The Ben cyangwa Meddy?”

“Ariko ugiye ukicara ugafata amateka ugasubira inyuma, za YouTube ukareba ibitaramo, aho banyuze, wavuga ngo ‘ah bano bagabo nabo barakaze. Nibwo watangira kubibona, ariko iyo umuhanzi agezweho umuyaga urakubwira, utarinze kujya kuri radio cyangwa telkeviziyo.”  

Meddy

Uyu mugabo yavuze ko ku bwe Bruce Melodie atishongoye.

Ati “Biriya ntabwo ari byo bita kwishongora, nta nubwo yasuzuguye, ntabwo aricyo twita gusuzugura, nta nubwo kubaha abantu ari ukubabembekereza cyangwa kubapfukamira.”

Melodie ni umwe mu bahanzi basohora indirimbo kandi zigakundwa, aho mu minsi mike ishize yasohoye izirimo Hands Up, Saa Moya, Ikinyafu n’izindi yaririmbyemo kandi zigakundwa.

Ayo magambo ye yagiye hanze mbere y’uko kuri uyu wa Kane Bruce Melodie yasohoye indirimbo yise Bado, aho ashimira abamufashije mu muziki we, none ubu “nabaye icyamamare.”

TAGGED:BrucefeaturedMeddyMelodieThe Ben
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Bo Muri Bimwe Mu Bihugu By’Aziya Bizihije Umunsi W’Abagore
Next Article Nsabimana ‘Sankara’ Yasobanuye Uko Perezida Lungu ‘Yateye’ Inkunga Ibitero Byo Muri Nyungwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?