Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bruce Melodie Yashinjwe Kwibasira Meddy Na The Ben Mu Magambo Akomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Bruce Melodie Yashinjwe Kwibasira Meddy Na The Ben Mu Magambo Akomeye

admin
Last updated: 12 March 2021 4:23 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie yashinjwe kwibasira abahanzi Meddy na The Ben bakunzwe mu Rwanda, avuga ko we binamubabaza kuba yagereranywa nabo.

Intambara y’amagambo yatangiye ubwo ku mbuga nkoranyambaga hajyagaho amajwi ya Bruce Melodie avuga ku bamugereranya n’abahanzi adahita avuga amazina ariko yita “abadiaspora’, avuga ko ari abanebwe.

Ni amagambo byumvikana ko yafashwe mu ibanga, aho Melodie aba aganira n’umuntu yita ‘Emmy’.

Ati “Iki ni igihe cyanjye erega, ntabwo ari ibintu byo kwikina. Kwikina ni ukwivuga ibintu bitari byo. Umva impamvu ya mbere udakwiye kungereranya nabo : aba batipe icya mbere cyo ni abanebwe nyabanebwe, abanebwe babi. Abantu basohora akaririmbo kamwe mu mwaka, urumva !“

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

“Icyamamare ndakora, ngaho shaka nk’ikintu kimwe mpuriyeho na bariya batipe. Nta na kimwe, habe. Njyewe mba numva binambabaje.“

Ni imvugo yatumye abantu bavuga byinshi, cyane ko abahanzi The Ben na Meddy bakunzwe cyane mu bihe bishize mbere ya Bruce Melodie, ndetse n’ubu bagenda baohora indirimbo kandi zigakundwa.

The Ben

Tom Close ni umwe mu bagarutse ku magambo ya Bruce Melodie, aho yayagereranyije no kwishobongora. Hari mu kiganiro n’umuyoboro umwe ukorera kuri YouTube.

Ati “Uko umuntu yakundwa uko ariko kose ntabwo nzi ko yari yageza kuri hit ya Meddy. Nubwo uririmba neza, nubwo ukora iki, uriyumva. Aho kugira ngo atakaze imbaraga mu kureba aho arutira abo bahanzi arimo avuga, yagatakaje imbaraga arimo gushakisha uko yabageza aho bataragera, nabo bamugeza aho ataragera.”

Gusa ntabibona kimwe na Mupenda Ramadhan uzwi nka Baadrama we yavuze ko ibyavuzwe na Bruce Melodie atari ukwishongora, kuko ubu uwo wabaza wese umuhanzi wa mbere mu Rwanda yakubwira ko ari uyu musore.

- Advertisement -

Yagize ati “Bruce ni we muhanzi twavuga ngo aka kanya ni we wa mbere mu Rwanda. Ubu se wowe ubaye n’umunyamahanga ugiye gukora isesengura ry’umuziki mu Rwanda,  ukagera i Kigali i Kanombe, ugahera ku kibuga cy’indege ureba televiziyo wumva radio, wumva abana muri karitsiye, uzi ko utanamenya ko muri icyo gihugu habamo The Ben cyangwa Meddy?”

“Ariko ugiye ukicara ugafata amateka ugasubira inyuma, za YouTube ukareba ibitaramo, aho banyuze, wavuga ngo ‘ah bano bagabo nabo barakaze. Nibwo watangira kubibona, ariko iyo umuhanzi agezweho umuyaga urakubwira, utarinze kujya kuri radio cyangwa telkeviziyo.”  

Meddy

Uyu mugabo yavuze ko ku bwe Bruce Melodie atishongoye.

Ati “Biriya ntabwo ari byo bita kwishongora, nta nubwo yasuzuguye, ntabwo aricyo twita gusuzugura, nta nubwo kubaha abantu ari ukubabembekereza cyangwa kubapfukamira.”

Melodie ni umwe mu bahanzi basohora indirimbo kandi zigakundwa, aho mu minsi mike ishize yasohoye izirimo Hands Up, Saa Moya, Ikinyafu n’izindi yaririmbyemo kandi zigakundwa.

Ayo magambo ye yagiye hanze mbere y’uko kuri uyu wa Kane Bruce Melodie yasohoye indirimbo yise Bado, aho ashimira abamufashije mu muziki we, none ubu “nabaye icyamamare.”

TAGGED:BrucefeaturedMeddyMelodieThe Ben
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Bo Muri Bimwe Mu Bihugu By’Aziya Bizihije Umunsi W’Abagore
Next Article Nsabimana ‘Sankara’ Yasobanuye Uko Perezida Lungu ‘Yateye’ Inkunga Ibitero Byo Muri Nyungwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?