Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bugesera: Abasigajwe Inyuma N’Amateka Bicwa N’Inzara Bakabashyingura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bugesera: Abasigajwe Inyuma N’Amateka Bicwa N’Inzara Bakabashyingura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 May 2023 8:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akagari ka Kanazi mu Murenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera buvuga ko ibyo abasigajwe inyuma n’amateka bavuga ko by’uko ubukene bubarembeje, ari ugukabya. Bo bemeza ko hari bamwe muri bo bapfa bazize inzara, bakabashyingura.

Babwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE bakorera muri kariya gace ko bari mu buzima bugoye, inzara ibarembeje.

Hari uwagize ati: “Tubayeho mu buzima bubi cyane, inzara iratwica bamwe muri twe tukabashyingura, dushobora kumara n’icyumweru tutariye”.

Hejuru y’inzara ibarembeje ndetse ihitana bamwe muri bo, hiyongeraho n’ubukene bavuga ko bwuriye uburiri k’uburyo batagira igitanda cyo kuraraho, bakumbagarara hasi ku butaka.

Ubukene bw’abasigajwe inyuma n’amateka bufite imizi miremire ku bintu byinshi.

Bo bavuga ko intandaro yo gukena bikabije ari uko n’ibumba bakoreshaga babumba inkono bakazigurisha, ryabuze.

Undi yagize ati: “…Namwe mubirebye, ni ibintu umuntu atabona uko asobanura. Twari dutunzwe n’uko uwabishoboraga yabumbaga inkono akaba yazigurisha, akabona ibimutunga. Ariko na byo ntibigikunda, twahebeye urwaje”.

Baba mu nzu zitagira inzugi, ntibaheruka gushyira inkono ku ziko( Ifoto@UMUSEKE.RW)

Mu gihe aba Banyarwanda bataka bavuga ko barembejwe n’inzara ihitana bamwe muri bo, ubuyobozi bw’ibanze bw’aho batuye buvuga ko ibyo bavuga birimo gukabya.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kanazi witwa Niyikora Alexis, yabwiye itangazamakuru ko basuye aba baturage basanga ‘nta kibazo bafite’.

Ati: “Aba baturage basizwe inyuma n’amateka nta kibazo bafite. Tugerageza kubasura umunsi ku wundi tukamenya ingorane bahura na zo”.

Niyibikora avuga ko imyumvire mibi y’abo baturage ari yo nyirabayazana y’imibereho yabo mibi.

Avuga ko hari benshi muri bo bagurisha ibyagombye kubakenura.

Ati “Na bo imyumvire yabo iracyari hasi, iyo babahaye amatungo barayagurisha.”

Alexis Niyikora avuga ko ubuyobozi bukora uko bushoboye bugasubiza ku ishuri abana ba bariya baturage.

Kimwe n’uko bimeze ku bandi bana, abo bana iyo basubiye ku ishuri bahabwa amafunguro atuma bakomeza kwiga.

Icyakora, abana benshi b’abasigajwe inyuma n’amateka bakunze guta ishuri kubera ubuzima bubi bwo mu miryango yabo.

Imibare igaragarazwa  na COPORWA( ni impuzamashyirahamwe y’abasigajwe inyuma n’amateka) ivuga ko abasigajwe inyuma n’amateka  bose mu Rwanda  batarenze abantu  36, 073.

Muri bo, abari mu mashuri abanza bangana na 3,015.

Umujyi wa Kigali uherutse gutangaza ko mu mwaka wa 2022, mu bana basaga 2 500 bo mu mashuri abanza bataye ishuri, hagaruwe abagera ku 1,900.

Ni mu gihe mu mashuri yisumbuye mu bagera kuri 800 bari barataye ishuri, 700 muri bo barigarutsemo.

Muri abo bose harimo n’abana b’abasigajwe inyuma n’amateka.

Iyi mibare yekekana ko bitoroshye ko umwana ukomoka ku basigajwe inyuma n’amateka arenga amashuri abanza, akagera mu mashuri yisumbuye cyangwa kuzamura…

Indi nkuru wasoma:

Abasigajwe Inyuma N’Amateka B’i Gasabo Bataka Ko Babuze Ibumba

TAGGED:AbasigajweAmatekaBugeserafeaturedInkonoInyumaNyamata
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikirunga Cya Nyamuragira Kirashaka Kuruka, I Goma Baburiwe
Next Article Gakenke: Bafatanywe Amasashi 37,600
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?